• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Editorial 08 Jul 2016 Mu Mahanga

Madamu Jeannette Kagame yibaza impamvu leta yashyizeho gahunda yo gupima ubwandu bwa Virusi itera Sida mu bigo nderabuzima byose, ariko urubyiruko rw’abangavu n’ingimbi ntiruyitabire uko bikwiye.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 7 Nyakanga 2016 mu gikorwa cyo gutangiza ubukangurambaga bwiswe ‘All – In’, bugamije gukangurira buri wese kugira uruhare mu kurandura virusi itera Sida cyane cyane mu rubyiruko.

Ubu bukangurambaga buri mu bujya bukorwa n’Umuryango w’Abadamu b’Abakuru b’Ibihugu by’Afurika (OAFLA), bugamije kurandura Virusi itera Sida.

Isuzuma ryakozwe n’Ikigo cy’Ubuzima mu Rwanda (RBC), ryagaragaje ko abangavu n’ingimbi bitabira gahunda yo kwipimisha bagahabwa n’ubujyanama ari 27% gusa by’abakobwa na 22% by’abahungu.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ubu bwitabire bukiri hasi cyane, yibaza impamvu ibitera.

Yagize ati “Byaba bituruka kuki? Ni uko wenda mwaba mutazi ko ihari? Ese ni uko mwumva ko yaba itabareba cyangwa se ababishinzwe ntabwo babafasha uko bikwiye. Ibi bibazo nagira ngo tubirebere hamwe tubishakire umuti niba dushaka kugera ku ntego Isi yihaye, n’intego igihugu cyacu cyihaye.”

Yakomeje avuga ko kumenya izi mpamvu bifasha gufatanya gushyiraho ingamba zifatika ariko mbere na mbere asaba urubyiruko kugana ibigo nderabuzima bakisuzumisha kuko inzira nziza yo kwirinda ari ukumenya uko uhagaze.

Madamu Jeannette Kagame yibukije urubyiruko ko rugize igice kinini cy’Abanyarwanda, kuko Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda kigaragaza ko abangavu n’ingimbi bari hagati y’imyaka 10-24 bangana na 33% by’abaturage bose b’u Rwanda.

Yasabye urubyiruko kuzirikana ko bitezweho byinshi mu guteza imbere igihugu no kurinda ibyagezweho.

Yagize ati “Muri umubare munini w’Abanyarwanda kandi tubatezeho byinshi mu gukomeza kubaka igihugu cyacu, kurinda ibyagezweho, kubyarira u Rwanda no gukomeza gukomera ku gaciro k’Abanyarwanda.”

“Igihugu cyacu cyanyuze muri byinshi kandi giharanira gukora byinshi biteza imbere Abanyarwanda n’urubyiruko by’umwihariko, ni ngombwa rero ko tugira abaherezwa agakoni, bazaragwa uru Rwanda bafite ubuzima bwiza, kugira ngo ibyo twagezeho bikomeze gutera imbere.”

-3230.jpg

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yasabye urubyiruko guhindura imyumvire

Abana b’abakobwa nibo bandura Virusi itera Sida kurusha abandi, bigaragara ko muri 2014 mu bwandu bushya bwagaragaye, 74% bari abakobwa bakiri bato.

Madamu Jeannette Kagame yabibukije ko bakwiye gushyiraho ingamba zikomeye kugira ngo birinde kuko bafite ibibazo kurusha abandi.

Imibare yerekana ko 34% by’abana banduye virusi itera Sida aribo bonyine bafata imiti. Yasabye ababyeyi gufatanya kugira ngo abana bagize ibyago byo kwandura bayifate neza kandi bakomeze kugira ubuzima bwiza.

Umwe mu rubyiruko witwa Uwase Nadege, w’imyaka 25, yatanze ubuhamya bw’uko yavukanye Virusi itera Sida akabimenya afite imyaka 16, akaba arangije Kaminuza kandi yizeye ejo hazaza heza.

Yashishikarije urubyiruko kwifata abo binaniye bagakoresha agakingirizo bakita ku buzima kuko aribwo gaciro kabo.

Yagize ati “Ubuzima bwacu ni bwiza kandi turabukeneye, mwifate kuko birashoboka, nibyanga mukoreshe agakingirizo. Muhe agaciro imibiri yanyu kuko niko gaciro k’ejo hazaza, mwigata.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Binagwaho Agnes, yabwiye urubyiruko ko Guverinoma ikora ibishoboka byose ariko ko urubyiruko rukwiye guhindura imyumvire rukarinda ubuzima kugira ngo ibikorwa bitazapfa ubusa.

Uhagarariye amashami yose y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Lamin Manneh, yashimye uruhare rwa Madamu Jeannette Kagame n’Umuryango ayobora Imbuto Foundation, mu guteza imbere urubyiruko no gushyiraho gahunda zo guhashya virusi itera Sida mu rubyiruko rw’u Rwanda.

Yagarutse ku rwego urubyiruko rwugarijwe na Virusi itera Sida, abashishikariza kurinda ubuzima bwabo, kwipimisha bakamenya uko bahagaze no kwirinda kugirango bakomeze kuryoherwa n’ubwiza bw’igihugu cyabo.

Yasezeranyije ko amashami ahagarariye yiteguye gutera ingabo mu bitugu u Rwanda mu kurandura icyorezo cya Sida.

Muri iki gikorwa hanahembwe abayobozi bane b’Uturere twubahirije neza gahunda yo gufasha ababyeyi kutanduza Virusi itera Sida abana bababyara (EMTCT).

Abo bayobozi ni Erasme Ntazinda wa Nyanza, Muzungu Gerald wa Kirehe, Deogratias Nzamwita wa Gakenke na François Ndayisaba wa Karongi, bahembewe ko mu myaka ibiri ishize nta mwana n’umwe wigeze wanduzwa na nyina.

-3229.jpg

Urubyiruko rwitabiriye ibi biganiro

Source: Igihe.com

2016-07-08
Editorial

IZINDI NKURU

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Editorial 21 Dec 2024
Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe  mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya  Perezida Kagame

Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Editorial 29 Mar 2016
Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Editorial 19 Jan 2016
U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda

U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda

Editorial 26 Jan 2016
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Editorial 21 Dec 2024
Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe  mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya  Perezida Kagame

Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Editorial 29 Mar 2016
Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Editorial 19 Jan 2016
U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda

U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda

Editorial 26 Jan 2016
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Editorial 21 Dec 2024
Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe  mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya  Perezida Kagame

Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Editorial 29 Mar 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru