• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Editorial 10 May 2017 Mu Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga ari yo mpamvu abafatanyabikorwa n’imiryango itandukanye nka Imbuto Foundation, bakomeje gufatanya mu gushyiraho gahunda zo kububungabunga bigendanye n’aho iterambere ry’Isi rigeze.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu mu ihuriro ry’urubyiruko ryateguwe na Imbuto Foundation ryateguwe mu rwego rw’inama mu nama ku guteza imbere ikoranabuhanga rihindura Afurika – Transform Africa ibera i Kigali kuva ku wa 10-12 Gicurasi 2017.

Iri huriro ryibandaga ku gukoresha ikoranabuhanga mu rwego rw’ubuzima hatangwa serivisi nziza ariko bikabyara inyungu z’ubucuruzi, ryanitabiriwe na Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa São Tomé et Príncipe, Nana Travoada; Umuyobozi wa UNESCO, Irina Bokova, Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda, Diane Gashumba n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu.

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku bikorwa bya Imbuto Foundation mu myaka 16 birimo gahunda zo kurwanya Sida, guhugura urubyiruko ku buzima bw’imyororokere, kurwanya inda zitateguwe n’izindi, avuga ko ibi byose bigamije guharanira ubuzima bwiza bw’abanyarwanda kuko ari bwo buza ku isonga y’ibindi.

Yagize ati “Ubuzima bw’Abanyarwanda buri ku isonga muri gahunda zose zitabwaho mbere mu gihugu.”

Yibukije ko aho Isi igeze bikwiye ko ikoranabuhanga riba inkingi mwikorezi yo gufasha abaturage ba Afurika kugira ubuzima bwiza kandi n’abarivumbuye bikabagirira umumaro wo kwiteza imbere.

Yagize ati “ Uko Isi igenda itera imbere, tugomba kwiga uko twabyaza umusaruro guhanga udushya, tukagendana natwo kandi tukaduteza imbere bigendanye n’ibigezweho by’ingenzi.”

Madamu Jeannette Kagame yakomoje ku ikoranabuhanga mu gutanga serivisi z’ubuzima, yemeza ko u Rwanda ari urugero rwiza rw’igihugu cyesheje uyu muhigo, aho utudege twa drones twifashishwa mu kugeza amaraso hirya no hino mu bitaro.

Yongeyeho ko gahunda ya iAccelerator yatangijwe na Imbuto Foundation ku bufatanye na UNFPA ndetse na Guverinoma y’u Bwongereza, yatumye urubyiruko ruhanga imishinga ibyara inyungu kandi igafasha mu gusubiza ibibazo urubyiruko rufite ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

Iyi mishinga izakemura ibibazo birimo inda zitateguwe, indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo virusi itera Sida, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi bishobora kwangiza ahazaza habo, kuko imishinga ine yatsinze buri umwe yahawe 10,000 by’amadolari byo kuwushyira mu bikorwa.

Iri huriro kandi ryabaye n’amahirwe kuri bane ba mbere batsinze mu irushanwa iAccelerator, yo kwereka abatumirwa barimo n’abashoramari batandukanye, aho imishinga yabo igeze itunganywa ngo ive mu bitekerezo itangire gushyirwa mu bikorwa inabyare inyungu.

Dominique Uwase Alonga ni umwe mu bakoze umushinga witwa ‘Girl District’ uri mu yabashije gutsinda, yavuze ko uzabafasha guhangana n’ikibazo babonye, aho ababyeyi n’abantu bakuze benshi bataganiriza abana babo ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

Yagize ati “Turashaka gukora urubuga aho urubyiruko ruzajya rubwira urundi rubyiruko kuri iyi ngingo, tugakora n’ibitabo bizasohoka bifite inkuru za buri munsi. Ibi ni ukugira ngo uko urubyiruko rurushaho kumva amakuru tubahaye bibafashe kongera ubumenyi, banarusheho kumenya gufata ibyemezo ku buzima bwabo.”

Muri Nyakanga ni bwo Girl District izatangira ku mugaragaro, ikaba yiteguye kugera ku bigo by’amashuri byose, birimo iby’amashuri yisumbuye.

Umuyobozi wa UNESCO, Irina Bokova, yashimye gahunda ya iAccelerator, avuga ko ari ngombwa gushora imari mu bakiri bato no kubaha amahirwe yo gutekereza ku dushya twahindura ubuzima bwa benshi kuko ari bwo buryo buzafasha Isi kugera ku hazaza heza yifuza.

Ikoranabuhanga mu buzima rirakenewe?

Mu kiganiro cyatanzwe ku ikoranabuhanga mu rwego rw’ubuzima, Israel Bimpe, Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ibijyanye na farumasi, yagaragaje ko mu rwego rw’ubuzima hakirimo icyuho gikeneye ikoranabuhanga, cyane cyane mu gukurikirana ubuzima bw’uwahawe imiti na muganga.

Yagize ati “Hari igihe tubura uko dukurikirana abarwayi, nibwira ko hari ukuntu twatekereza ku ikoranabuhanga ryajya rituma dufasha abantu gukurikirana amakuru y’abarwayi, ndetse nabo bakabaza amakuru ku buzima, ku miti n’ukuntu bakwirinda.”

Yongeyeho ko iri koranabuhanga ryaba ishoramari ariko akenshi usanga abagiye kurihanga bazitirwa no kuba mu bihugu bimwe na bimwe nta mategeko yorohereza cyangwa arengera abahimba ibishya mu ikoranabuhanga.

Ubushobozi bw’amafaranga ni indi mbogamizi yagaragajwe ko ishobora kuzitira gukoresha ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye z’iterambere.

-6524.jpg

Mme Jeannette Kagame

2017-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

BRD ihawe inguzanyo ya miliyoni 5 z’Amadolari

Editorial 31 Aug 2018
Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Editorial 26 Mar 2017
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Editorial 02 Mar 2017
Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Editorial 01 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuri uyu wa mbere:  Congo Kinshasa na Cameroon mu mukino wo gukwepa Amavubi
IMIKINO

Kuri uyu wa mbere: Congo Kinshasa na Cameroon mu mukino wo gukwepa Amavubi

Editorial 25 Jan 2016
Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu
POLITIKI

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Editorial 10 Jul 2018
Rwamagana: Impanuka ikomeye mu basiganwa ku magare yakomerekeyemo umwe
Mu Rwanda

Rwamagana: Impanuka ikomeye mu basiganwa ku magare yakomerekeyemo umwe

Editorial 25 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru