• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

Editorial 14 Nov 2017 IMIKINO

Nubwo Hakiruwizeye Samuel yitwaye wenyine Km 90 kugera i Nyanza, Areruya Joseph wa Dimension yageze bwa mbere i Huye akoresheje 3h12’12” ku ntera ya Km 120,6 yongera gutsindira i Huye nko mu 2016, yambaye umwenda w’umuhondo asize Nsengimana Jean Bosco 1’28” wa kabiri na 1’30” kuri Ndayisenga Valens.

Joseph Areruya yishimira insinzi agahita yambara umwenda w’umuhondo (Ifoto/Ngendahimana S).

Ku Km cya mbere ni bwo Hakiruwizeye Samuel na Rugamba Janvier ba Amis Sportifs, Nizeyimana Alex (Benediction) na Ebrahim wa Ethiopia basize bagenzi babo  babanza gushyiramo intera ya 1’45”, uyu munya Ethiopia afata amanota ya mbere y’umusozi.

Ku Km cya 15, Rugamba yaje kubwira Hakiruwizeye ko ananiwe maze Hakiruwizeye uvuka Tumba ya Huye agenda wenyine ashyiramo iminota 2’14” ku itsinda ryarimo Nsengimana Jean Bosco wari wambaye umwenda w’umuhondo ryari rifashe umunya Ethiopia.

Hakiruwizeye yageze ku Km cya 50 intera itangiye kugabanuka ari 1’42”, yongeyeho amasegonda ageze ku Km cya 72 ashyiramo 1’38”.

Ku Km cya 80, nibwo abakinnyi babiri ba Lowestrates.ca ya Canada McPhaden Cameron na Edward Green bashatse kuva mu gikundi, bashoboye kugabanya intera ya Hakiruwizeye bayigeza ku masegonda 53 nabo baragarurwa, Mugisha Samuel (Dimension Data) ashaka nawe kugenda aragarurwa.

Hakiruwizeye yafashwe ku Km cya 91 ku Km cya 92 Areruya Joseph agerageza amahirwe yo kugenda wenyine, yabanje gushyiramo 38”  maze habura Km 15 agera ku 1’08”.

Areruya wari watwaye n’ubundi igihembo cy’umunsi wa kane Rusizi – Huye yongereye intera hasigaye Km 10 iba 1’51” yazamutse wenyine kuri gare ya Huye agera wenyine ku murongo mu gihe hari hitezwe ko bahagera barenze umwe bagahatana (sprint).

Nyuma yo gutsinda, Areruya wambaye umwenda w’umuhondo bwa kabiri yavuze ko yagerageje kugenda nyuma yo kugira impungenge ko adashobora kwambara umwenda w’umuhondo mu gihe bagerera rimwe ku murongo.

Yagize ati “ Nashoboraga kuza ku mwanya mwiza duhatanye turi benshi ku murongo, nagerageje kugenda ngo nshyiremo ibihe byampa umwenda w’umuhondo.”

Areruya yakoresheje 3h12’12” ku ntera ya Km 120,6 akurikirwa n’Umunyafurika y’Epfo Kent Main bakinana muri Dimension Data amusize 1’34” akurikiwe n’igikundi cyo cyahageze 1’36” cyarimo Ndayisenga na Nsengimana.

Ku rutonde rw’umunsi wa mbere, mu bakinnyi 10 ba mbere harimo Abanya Eritrea bane, Abanyakenya babiri, Umunyafurika y’Epfo na Nsengimana Jean Bosco wa 10. Ndayisenga Valens (13) naho Mugisha Samuel yabaye uwa 14.

Areruya wari uwa kane nyuma ya prologue arushwa na Nsengimana amasegonda umunani yambaye umwenda w’umuhondo amurusha 1’28” na 1’30” kuri Ndayisenga Valens.

Mu bakinnyi 10 ba mbere ku rutonde rusange, batatu ba mbere ni Abanyarwanda (Areruya, Nsengimana na Ndayisenga) hamwe na Byukusenge, Mugisha n’ Uwizeye ba 7,8 na 9.

Kuri uyu wa kabiri abasiganwa barahaguruka i Nyanza saa 8h30’ berekeze i Rubavu ku ntera ya Km 180,6, umuhanda urimo imisozi itatu ikomeye yo ku rwego rwa mbere ku Km cya 84, 113 na 133, iyi ibiri ya nyuma iri muri Ngororero.

Km 20 za nyuma barenze Mukamira ni ukumanuka, bituma kenshi barangiza ari benshi kuko n’abasigaye muri Ngororero baba bongeye kugaruka mu isiganwa.

Abakinnyi 10 ba mbere Kigali – Huye, Km 120,3
1. Areruya Joseph – Dimension Data 3h12’12”
2. Kent Main – Dimension Data +1’34”
3. Natnael Mebrahtom – Eritrea +1’36”
4. Eyob Metkel – Dimension Data “”
5. Aron Debretsion – Eritrea “”
6. Kangangi Suleiman – Bike Aid “”
7. Resfom Okubamariam – Eritrea “”
8. Simon Pellaud – Team Illuminate “”
9. Salim Kipkemboi – Bike Aid “”
10. Nsengimana Jean Bosco – Team Rwanda
Abakinnyi 10 ba mbere ku rutonde rusange rw’umunsi wa mbere
1. Areruya Joseph – Dimension Data 3h16’06”
2. Nsengimana Jean Bosco – Team Rwanda +1’28”
3. Ndayisenga Valens – Tirol Cycling Team +1’30”
4. Stefan de Bod – Dimension Data +1’34”
5. Suleiman Kangangi – Bike Aid +137”
6. Piper Cameron – Team Illuminate +1’38”
7. Byukusenge Patrick – Team Rwanda “”
8. Mugisha Samuel – Dimension Data +1’39”
9. Uwizeye Jean Claude – Team Rwanda “”
10. Le Court De Billot Olivier – Mauritius +1’40″

Mu isiganwa abakinnyi b’abanyarwanda bagenze intera ntende bayoboye igikundi [Ifoto/Ngendahimana ]

2017-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Editorial 11 Aug 2016
Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika

Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika

Editorial 25 Feb 2016
Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Editorial 23 Aug 2025
Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Editorial 07 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Raila Odinga mu nzira agana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi yavuye mu matora
Mu Rwanda

Raila Odinga mu nzira agana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi yavuye mu matora

Editorial 10 Aug 2017
Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida  Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)
POLITIKI

Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)

Editorial 05 Jan 2016
IMYANZURO Y’UMWIHERERO WA 13 W’ABAYOBOZI
Mu Mahanga

IMYANZURO Y’UMWIHERERO WA 13 W’ABAYOBOZI

Editorial 17 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru