• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015

Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015

Editorial 08 May 2016 Mu Mahanga

Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Obadiah Biraro yabwiye inteko ishinga amategeko ko inzego za Leta zongeye gusesagura aho miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari 2014-2015.

Ubwo yamurikiraga imitwe yombi y’inteko raporo y’umwaka ushize igaragaza uko imari ya leta yakoreshejwe Biraro yagaragaje ko 12% by’ ingengo y’ imari y’ igihugu yakoreshejwe nabi.

Ibigo bitungwa agatoki mu gukoresha nabi imari ya leta kurusha ibindi ni icyahoze ari EWSA ahagaragaye ibibazo by’ ingomero 15 zidakora, gukoresha mazutu nyinshi n’ amafaranga y’ amashanyarazi adafitiwe fagiture byombi bifite agaciro ka miliyari 28.

Naho ikigo cy’ igihugu cy’ ubwiteganyirize, RSSB, cyashoye amafaranga mu mishinga itagira gikurikirana nticyamenya niba yunguka cyangwa ihomba. Mu kigo cy’ igihugu cy’ imisoro n’ amahoro, RRA, hari abasora batagaragara ku rutonde, abagaragara ku rutonde badasoreshwa, abamenyekanisha umusoro nyuma bakawugabanya n’ ibindi.

Abadepite n’abasenateri bagaragaje ko batiyumvisha uburyo umutungo wa Leta unga utyo waburiwe irengero.

Hon. John Ruku Rwabyoma yagize ati : “ Hari ibyo ndi bunenge hari n’ ibyo ndibushime, ndashima ko tumaze kubona uburyo bwo gukurikirana ibintu, ibyo birashimishije, ariko twongere tunababare iyo ndeba ariya mafaranga ari hanze hariya asesagurwa nagera hirya no hino nkumva abaturage bavuga ko babuze ivuriro kuko nta mafaranga, rero ntabwo dukwiye kwishima gusa.’’

Ingengo y’ imari yari iteganyijwe mu mwaka wayo wa 2014/ 2015 yari miliyari imwe na Miliyoni 758, umugenzuzi mukuru w’ imari ya Leta yavuze ko yakoreshejwe ku kigero cya 88.

Biraro avuga ko hari gahunda yo kugabanya isesagura ry’umutungo wa leta.

Ati: Nk’uko mwabyumvise ibyo tunenga birahari ariko gusesagura no kunyereza biragenda bigabanyuka bitewe n’ uko dutegura ibitabo by’ ibaruramari ibyo bitabo tukabigeza aho bigomba kugera ku gihe.”

Muri iri genzura mu nzego 157, ibigo 78 gusa bingana na 50% nibyo byakoze ibyo byagombaga gukora neza kandi ku gihe nyacyo (audit opinion), aha hiyongereyeho 14% ugereranyije n’umwaka wabanjije.

Obadiah Biraro yavuze ko mu ishoramari rya Leta (public investment), hashowe amafaranga y’u Rwanda Miliyari 126, zashyizwe mu mishinga 77 ariko ko myinshi muri iyi mishinga yakererewe, ndetse indi igatakara.

Akomeza avuga ko muri uriya mwaka w’ingengo y’imari hiyongereyeho imishinga 19, ubu Ibiro by’umugenzuzi w’imari ya Leta bikaba bibarura imishinga yose hamwe 131 irimo amafaranga agera kuri hafi Miliyari 155.

Obadia Biraro ati “Twasanze harimo ubukererwe bukabije mu kurangiza iyo mishinga nk’uko tuba twarayisabiye ingengo y’imari, ndetse hakabaho n’imwe ba rwiyemezamirimo basiga bakabivamo.”

Yanenze ikorwa ry’umuhanda wa Ruhengeri – Kigali, inzu ya Grand Pension Plaza, ibitaro by’Akarere ka Nyagatare n’indi mishinga imaze imyaka itarangira.

Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta Obadiah Biraro yasobanuye ko hakiri igihombo cya Miliyari hafi umunani (8,000,000,000 Frw) yakoreshwe mu kugura ibikoresho byo gukoresha hatangwa Serivise ku baturage, ariko ntibikoreshwe, ndetse bikarangira binangiritse.

Ibyo bibazo ngo bigaragaragara mu bigo nka RSSB haguzwe ibya Miliyoni 978 ntibikoreshwe, miliyoni 714 muri MINISANTE (Imiti), Mudasobwa z’abana 1,425 ikigo REB cyatanze muri gahunda ya ‘One Laptop per child’ zikaba zidakoreshwa n’ahandi.

Naho amafaranga ya Leta yakoreshejwe mu buryo budasobanutse ni miliyari 12,785 zidafite inyandiko zizisobanura, miliyari 3,8384 zifite inyandiko zizisobanura zituzuye, harimo kandi abakozi bihaye miliyoni 443 zidafite gikurikirana (accountability) mu buryo busobanutse, na miliyoni 173 zasesaguwe.

Aha yatunze urutoki ibigo nk’icyari EWSA, RBC n’amashuri ashamikiye kuri Kaminuza y’u Rwanda.

Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta avuga ko muri rusange ingengo y’imari yo muri uriya mwaka yakoreshejwe neza ku kigero kiri hejuru ya 88%.

-2762.jpg
Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Obadiah Biraro

2016-05-08
Editorial

IZINDI NKURU

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Editorial 29 Apr 2025
Kigali : Ibihugu hafi  200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Kigali : Ibihugu hafi 200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Editorial 15 Oct 2016
Tshisekedi yateye utwatsi ibyo gutera u Rwanda, yivuguruza mu bibazo bya M23 ndetse agaruka no kuri Luvumbu

Tshisekedi yateye utwatsi ibyo gutera u Rwanda, yivuguruza mu bibazo bya M23 ndetse agaruka no kuri Luvumbu

Editorial 23 Feb 2024
Kirehe: Abanyeshuri umunani bajyanywe mu bitaro bafite imyitwarire idasanzwe irimo ‘kwiruka n’amahane’

Kirehe: Abanyeshuri umunani bajyanywe mu bitaro bafite imyitwarire idasanzwe irimo ‘kwiruka n’amahane’

Editorial 15 Feb 2017
Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Editorial 29 Apr 2025
Kigali : Ibihugu hafi  200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Kigali : Ibihugu hafi 200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Editorial 15 Oct 2016
Tshisekedi yateye utwatsi ibyo gutera u Rwanda, yivuguruza mu bibazo bya M23 ndetse agaruka no kuri Luvumbu

Tshisekedi yateye utwatsi ibyo gutera u Rwanda, yivuguruza mu bibazo bya M23 ndetse agaruka no kuri Luvumbu

Editorial 23 Feb 2024
Kirehe: Abanyeshuri umunani bajyanywe mu bitaro bafite imyitwarire idasanzwe irimo ‘kwiruka n’amahane’

Kirehe: Abanyeshuri umunani bajyanywe mu bitaro bafite imyitwarire idasanzwe irimo ‘kwiruka n’amahane’

Editorial 15 Feb 2017
Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Editorial 29 Apr 2025
Kigali : Ibihugu hafi  200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Kigali : Ibihugu hafi 200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Editorial 15 Oct 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru