• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Editorial 02 Mar 2018 UBUKUNGU

Ikigega cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID), kibinyujije mu mushinga w’ubuhinzi ‘Hinga Weze’ ugamije guteza imbere ubuhinzi buciriritse, kigiye gushora miliyoni 32,6 z’amadolari ya Amerika mu mishinga igamije kongera umusaruro w’ubuhinzi, kuwushyakira amasoko no kuzahura imirire cyane cyane ku bana n’abagore mu Rwanda.

Uyu mushinga uzashyirwa mu bikorwa ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) mu myaka itanu.

Mu kiganiro ubuyobozi bw’umushinga CNFA ufite inshingano zo gukurikirana Ishyirwa mu bikorwa ‘Hinga Weze’ uterwa inkunga na USAID hamwe na Feed The Future, bwagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 1 Werurwe 2018, bwatangaje ko imyiteguro yatangiye muri Kamena 2017.

Umuyobozi w’umushinga ‘Hinga Weze’, Daniel Gies yagize ati “Hinga Weze’ ni umushinga ugamije guteza imbere ubuhinzi, kuzamura umusaruro wabwo, kuwugeze ku masoko no kuzamura imirire mu turere 10 tw’u Rwanda, uzashyirwamo miliyoni 32,6 z’amadolari.”

Yakomeje asobanura ko ugiye gufasha abahinzi basaga ibihumbi 560 mu bikorwa bitandukanye by’ubuhinzi birimo kwifashisha ikoranabuhanga mu guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, gutanga imbuto z’ibishyimbo, ibigori n’ibindi, kuzitubura, gutanga inyongeramusaruro, guca amaterasi, kubafasha kubona inkunga n’ibindi bigamije kongera umusaruro mu myaka itanu.

Umuyobozi Mukuru wa CNFA, Sylvain Roy, yavuze ko ibindi uyu mushinga uzibandaho birimo kongera ubwiza bw’umusaruro ukomoka ku buhinzi, guha amahirwe abagore n’urubyiruko, konoza imikoreshereze y’inyongeramusaruro n’ibindi.

Uyu mushinga uzatangira gushyirwa mu bikorwa mu cyumweru gitaha, usozwe muri Kamena 2022, umaze gufasha abahinzi baciriritse basaga ibihumbi 700 bo mu turere twa Gatsibo, Kayonza, Bugesera, Ngoma, Nyabihu, Rutsiro, Ngororero, Nyamasheke, Karongi na Nyamagabe.

Uretse ibyo, binategenijwe ko uzafasha mu buryo bwihuse kuvugurura no gucunga neza ubutaka busanga Hegitari ibihumbi 268, abantu ibihumbi 535 bazajya basobanurirwa ku ngaruka z’ihindagurika ry’ibihe n’uko bazirinda n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, muri 2015 yavuze ko bimwe mu byakozwe mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi byatumye agaciro kabyo kava kuri miliyari 1,084 Frw mu mwaka wa 2010 kagera kuri miliyari 1,785 Frw muri 2015, ni ukuvuga inyongera ya 65%.

Bimwe mu byatumye ako gaciro kiyongera ni ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu buhinzi. Uretse kwegereza ifumbire abaturage, kurwanya isuri, guhuza ubutaka n’ibindi, ubu hagezweho kuhira imyaka mu murima hifashishijwe imashini zabugenewe.

U Rwanda rufite ubuso bwa hegitari zisaga miliyoni n’ibihumbi 400 zishobora guhingwaho, hitezwe ko 50 % by’ubwo butaka muri 2020 buzaba buhingwa mu buryo bugezweho.

2018-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Editorial 07 Feb 2018
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Editorial 20 Jun 2017
Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Editorial 08 Nov 2019
Uko  imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Editorial 27 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali
IKORANABUHANGA

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Editorial 16 May 2018
Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur
ITOHOZA

Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur

Editorial 17 Jan 2017
GICUMBI: Umusore ucyekwaho kwica nyina yafashwe
Mu Mahanga

GICUMBI: Umusore ucyekwaho kwica nyina yafashwe

Editorial 12 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru