• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisiteri y’ubuzima yahuguye abapolisi ku ihungabana n’uko bafasha uwahungabanye

Minisiteri y’ubuzima yahuguye abapolisi ku ihungabana n’uko bafasha uwahungabanye

Editorial 23 Mar 2016 Mu Mahanga

​Mu gihe twegereza kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 22, igihe gitangira ku itariki ya 7 Mata buri mwaka, iki gihe cyo kwibuka jenoside kikaba kirangwa n’ihungabana rya bamwe mu bayirokotse, bityo bikaba bisaba ubumenyi ku ihungabana no gufasha uwahuye naryo.

Ni muri urwo rwego ku itariki ya 21 Werurwe, Minisiteri y’ubuzima ishami rishinzwe ubuzima bwo mu mutwe ryahuguye abapolisi 108 baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu, kugirango ribibutse ibyo bagomba kumenya ku ihungabana n’uko bafasha abagaragaje ibimenyetso byazo. Aya mahugurwa akaba yarabereye muri Sport View Hotel i Kigali.

Atangiza aya mahugurwa ku mugaragaro, umuyobozi w’ishami rishinzwe indwara zo mu mutwe muri Minisiteri y’ubuzima Dr Yvonne Kayiteshonga, yashimye ubufatanye bugaragara hagati ya Minisiteri y’ubuzima na Polisi y’u Rwanda mu kubungabunga umutekano w’abanyarwanda ndetse n’ubuzima bwabo muri rusange, cyane cyane mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi.

Yakomeje avuga ko Minisiteri ahagarariye yizera ko aya mahugurwa azatanga umusaruro haba kuri Polisi y’igihugu ndetse no ku bapolisi bahuguwe, mu gihe igihugu kigiye kwinjira mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 22.

Yasoje ashimira uruhare, ubwitanjye n’umurava Polisi y’u Rwanda yagiye igaragaza mu myaka ishize mu gihe cyo kwibuka.

IP Daniel Uwimana wari waturutse mu ishami rishinzwe ubuvuzi muri Polisi y’u Rwanda, nawe yashimye ubufatanye Minisiteri y’umuzima idahwema kugaragaza mu bikorwa bitandukanye igirana na Polisi y’u Rwanda haba mu buvuzi, gahunda zo gukumira ibyorezo ndetse na gahunda z’amahugurwa.

Asobanurira abitabiriye aya mahugurwa akamaro kayo, yavuzeko usibye no gufasha abandi nabo bakwiye kumenya uko bafashanya hagati yabo mu bihe nkibyo bidasanzwe bireba abanyarwanda bose, akaba yabasabye ko amasomo bahawe ataba amasigara kicaro ahubwo agomba kugera no kubo babana nabo bakorana, aha akaba yagize ati :”Buri muntu wese agomba kwita kuwo begeranye,akamutega amatwi,akamuhumuriza byaba ngombwa akamugeza ku nzego z’ubuzima mu gihe hagaragaye ikibazo cy’ihungabana.”

Abitabiriye aya mahugurwa bakaba bahuguwe kucyo ihungabana aricyo, impamvu zitera ihungabana, ibimenyetso biranga uwahungabanye, uburyo wafasha uwagaragaje ibimenyetso by’ihungabana, banasobanurirwa kuri zimwe mu ndwara zo mu mutwe, uko zifata n’ibimenyetso byazo.

RNP

2016-03-23
Editorial

IZINDI NKURU

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Editorial 17 Mar 2016
Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye  gushyirwa mu bikorwa

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Editorial 12 Aug 2016
Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura

Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura

Editorial 29 Aug 2018
Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Editorial 20 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu
Amakuru

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Editorial 06 Jun 2024
Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.
Mu Rwanda

Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Editorial 06 Jun 2017
HUYE: Abibye Charly na Nina batawe muri yombi
SHOWBIZ

HUYE: Abibye Charly na Nina batawe muri yombi

Editorial 14 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru