• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Editorial 14 Oct 2016 Mu Mahanga

Ministiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye , kuri uyu wa 13 Ukwakira 2016, yatashye ku mugaragaro inyubako nshya y’icyicaro cya Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, muri gahunda ya Polisi y’u Rwanda yo kuvugurura inyubako ikoreramo (Infastructure Development Programme).

Iyi nyubako iherereye mu karere ka Rwamagana ikaba yarubatswe mugihe cy’amezi 12, yatwaye akayabo ka miliyoni 577 z’amafaranga y’u Rwanda . Ikaba igizwe n’ibyumba 36 harimo igice kimwe kigizwe n’ibyumba bizakorerwamo na Polisi ku rwego rw’intara, umutwe wa Polisi wo ku rwego rw’Akarere ndetse n’ahazakorera sitasiyo ya Polisi ya Kigabiro.

Uyu muhango witabiriwe kandi n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana, Umwungirije ushinzwe abakozi n’ubutegetsi DIGP Juvénal Marizamunda, Brig. Gen. Gashaija Bagirigomwa, umuyobozi w’Inkeragutabara mu Ntara y’Iburasirazuba, Col,. Jean Bosco Rutikanga wari uhagarariye umuyobozi w’ingabo mu Ntara y’Iburasirazuba n’Umujyi wa Kigali, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Jean Marie Vianney Makombe, abayobozi b’uturere twose tw’Intara y’Iburasirazuba n’abandi,..

Mu gushyira serivisi zose hamwe, Minisitiri Busingye yavuze ko iki gikorwa kizatuma hatangwa serivisi nziza, bizagabanya kandi ibyatakazwaga n’abagana Polisi, nk’umwanya batakazaga ngo babone serivisi.

Ministiri Busingye yavuzeko u Rwanda ruri mu murongo mwiza w’ubuyobozi bushingiye kuri Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame, ubushake mu gukorera hamwe bw’inzego n’abaturage mu gukoresha neza ubushobozi buke dufite kugira ngo tugere ku ntego twiyemeje.

Ministiri Busingye yagize ati:”Ibi byose turimo kugeraho, si uko u Rwanda rukize, ahubwo ni uko abanyarwanda bafite uburyo bw’imitekerereze buri hejuru mu myumvire no mu miyoborere kugira ngo bagere kubyo biyemeje kandi bakoresheje ubushobozi buke bafite ”.

Yashimiye Polisi y’u Rwanda muri gahunda yayo yo kubaka ibikorwa remezo (infrastructure development programme ) agereranya n’”indashyikirwa”, aho yiyubakiye icyicaro gikuru kigezweho ku Kacyiru, icyicaro kigezweho gikoreramo Polisi y’Umujyi wa Kigali n’icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, byose ku kayabo ka miliyari 7,5 z’amafaranga y’u Rwanda.

Yashimye kandi ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’inzego z’ibanze cyane cyane uturere, bukaba bugaragazwa n’amasezerano impande zombi zihuriyeho muri gahunda yo gukumira no kurwanya ibyaha ndetse n’ibikorwa biteza imbere imibreho y’abaturage.

Aha Minisitiri Busingye yagize ati:” Ubufatanye nk’ubu busobanura imiyoborere irangwa n’ubufatanye bw’inzego zose , kandi iha abaturage uburyo bwo kugira uruhare mu mibereho myiza ya buri wese.”
Minisitiri Busingye nanone yasabye ko hakogerwa ingufu mu kurwanya no gukumira ibyaha bitandukanye birimo kunywa no gukoresha ibiyobyabwenge, ubujura bw’amatungo bwagiye bugaragara hirya no hino cyane cyane mu Ntara y’I Burasirazuba.

Yihanangirije abakora ibi byaha, avuga ko uwo ariwe wese uzabifatirwamo bizamugiraho ingaruka mbi, kuko amwe mu mategeko yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha arimo kuvugururwa kugira ngo ibihano bijyane n’uburemere bw’ibyaha.

-4362.jpg

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’intara y’I Burasirazuba Makombe Jean Marie Vianney, yashimye ubufatanye busanzwe buri hagati y’Intara y’I Burasirazuba na Polisi y’u Rwanda, muri gahunda zitandukanye zirimo gukumira no kurwanya ibyaha, ishyirwa mu bikorwa rya gahunda z’iterambere Leta yashyizeho no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

RNP

2016-10-14
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Editorial 03 May 2018
Ba Meya bazahagarika imirimo mbere yuko barangiza manda

Ba Meya bazahagarika imirimo mbere yuko barangiza manda

Editorial 18 Jan 2016
Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Editorial 06 Jan 2022
Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Editorial 22 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda yahawe ukwezi ko guhashya imitwe y’iterabwoba ya RNC na RUD-Urunana ikorera muri iki gihugu

Editorial 21 Feb 2020
Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange
Amakuru

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Editorial 14 Oct 2020
Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka
IMIKINO

Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka

Editorial 10 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru