• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Ubwanditsi 14 Oct 2016 Mu Mahanga

Ministiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye , kuri uyu wa 13 Ukwakira 2016, yatashye ku mugaragaro inyubako nshya y’icyicaro cya Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, muri gahunda ya Polisi y’u Rwanda yo kuvugurura inyubako ikoreramo (Infastructure Development Programme).

Iyi nyubako iherereye mu karere ka Rwamagana ikaba yarubatswe mugihe cy’amezi 12, yatwaye akayabo ka miliyoni 577 z’amafaranga y’u Rwanda . Ikaba igizwe n’ibyumba 36 harimo igice kimwe kigizwe n’ibyumba bizakorerwamo na Polisi ku rwego rw’intara, umutwe wa Polisi wo ku rwego rw’Akarere ndetse n’ahazakorera sitasiyo ya Polisi ya Kigabiro.

Uyu muhango witabiriwe kandi n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana, Umwungirije ushinzwe abakozi n’ubutegetsi DIGP Juvénal Marizamunda, Brig. Gen. Gashaija Bagirigomwa, umuyobozi w’Inkeragutabara mu Ntara y’Iburasirazuba, Col,. Jean Bosco Rutikanga wari uhagarariye umuyobozi w’ingabo mu Ntara y’Iburasirazuba n’Umujyi wa Kigali, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Jean Marie Vianney Makombe, abayobozi b’uturere twose tw’Intara y’Iburasirazuba n’abandi,..

Mu gushyira serivisi zose hamwe, Minisitiri Busingye yavuze ko iki gikorwa kizatuma hatangwa serivisi nziza, bizagabanya kandi ibyatakazwaga n’abagana Polisi, nk’umwanya batakazaga ngo babone serivisi.

Ministiri Busingye yavuzeko u Rwanda ruri mu murongo mwiza w’ubuyobozi bushingiye kuri Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame, ubushake mu gukorera hamwe bw’inzego n’abaturage mu gukoresha neza ubushobozi buke dufite kugira ngo tugere ku ntego twiyemeje.

Ministiri Busingye yagize ati:”Ibi byose turimo kugeraho, si uko u Rwanda rukize, ahubwo ni uko abanyarwanda bafite uburyo bw’imitekerereze buri hejuru mu myumvire no mu miyoborere kugira ngo bagere kubyo biyemeje kandi bakoresheje ubushobozi buke bafite ”.

Yashimiye Polisi y’u Rwanda muri gahunda yayo yo kubaka ibikorwa remezo (infrastructure development programme ) agereranya n’”indashyikirwa”, aho yiyubakiye icyicaro gikuru kigezweho ku Kacyiru, icyicaro kigezweho gikoreramo Polisi y’Umujyi wa Kigali n’icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, byose ku kayabo ka miliyari 7,5 z’amafaranga y’u Rwanda.

Yashimye kandi ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’inzego z’ibanze cyane cyane uturere, bukaba bugaragazwa n’amasezerano impande zombi zihuriyeho muri gahunda yo gukumira no kurwanya ibyaha ndetse n’ibikorwa biteza imbere imibreho y’abaturage.

Aha Minisitiri Busingye yagize ati:” Ubufatanye nk’ubu busobanura imiyoborere irangwa n’ubufatanye bw’inzego zose , kandi iha abaturage uburyo bwo kugira uruhare mu mibereho myiza ya buri wese.”
Minisitiri Busingye nanone yasabye ko hakogerwa ingufu mu kurwanya no gukumira ibyaha bitandukanye birimo kunywa no gukoresha ibiyobyabwenge, ubujura bw’amatungo bwagiye bugaragara hirya no hino cyane cyane mu Ntara y’I Burasirazuba.

Yihanangirije abakora ibi byaha, avuga ko uwo ariwe wese uzabifatirwamo bizamugiraho ingaruka mbi, kuko amwe mu mategeko yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha arimo kuvugururwa kugira ngo ibihano bijyane n’uburemere bw’ibyaha.

-4362.jpg

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’intara y’I Burasirazuba Makombe Jean Marie Vianney, yashimye ubufatanye busanzwe buri hagati y’Intara y’I Burasirazuba na Polisi y’u Rwanda, muri gahunda zitandukanye zirimo gukumira no kurwanya ibyaha, ishyirwa mu bikorwa rya gahunda z’iterambere Leta yashyizeho no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

RNP

2016-10-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Ubwanditsi 19 May 2021
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubwanditsi 31 May 2024
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Ubwanditsi 06 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa
INKURU NYAMUKURU

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa

Ubwanditsi 20 Dec 2018
Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse
POLITIKI

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Ubwanditsi 04 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru