• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Editorial 21 May 2018 POLITIKI

Minisitiri w‘Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, yatangaje ko hari kuvugururwa politiki y’itangazamakuru kugira ngo ribashe guhangana n’ibibazo birimo ubukene buryugarije.

Yakomoje ku kibazo kiri mu itangazamakuru ubwo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yari mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 55 Radio Rwanda imaze ibayeho.

Ikibazo cy’amikoro make ni kimwe mu byakunze kuvugwaho gusubiza inyuma itangazamakuru ryo mu Rwanda ndetse bikanatuma benshi mu barigezemo barivamo batamazemo kabiri.

Ba nyir’ibitangazamakuru cyane cyane ibyigenga bagiye bagaragaza ko batabona amasoko ya Leta kubera kuyahanganira n’ibinyamakuru bya Leta mu gihe abikorera batarakangukira kwamamaza.

Minisitiri Kaboneka yavuze ko hari amavugurura ari gukorwa azasubiza bimwe mu bibazo bibangamiye itangazamakuru ryo mu Rwanda.

Yagize ati “Nubwo hari intambwe yatewe, haracyari imbogamizi. Ikibazo cy’ikoranabuhanga, hari abo byabereye imbogamizi ku binyamakuru bitandukanye, aho babonaga umutungo mu kwamamaza n’ibindi uyu munsi bitagishoboka kubera ikoranabuhanga […] Turiho turavugurura politiki y’itangazamakuru kugira ngo turore ko yaza isubiza bimwe muri ibyo bibazo twese dushyize hamwe […] cyane igamije impinduramatwara mu itangazamakuru.”

Icyakora Kaboneka yasabye ba nyir’ibitangazamakuru kwishakamo ibisubizo bihuriza hamwe kugira ngo bubake ibinyamakuru bikomeye.

Yagize ati “ Turiho tuvugana n’inzego z’itangazamakuru, cyane abafite ibitangazamakuru kubasaba kwihutira kujyana n’iryo koranabuhanga ariko cyane cyane tubasaba kwishyira hamwe aho kugira ngo bakomeze kwaguka umwe umwe.”

Ibinyamakuru bitandukanye byagiye bifunga imiryango kubera amikoro make. Radiyo KFM na Royal Tv ni bimwe mu byari bikomeye byafunze.

Umwaka ushize ubwo hizihizwaga umunsi nyafurika w’itangazamakuru, hatanzwe igitekerezo cy’uburyo abagenerwa amakuru bajya bagira umusanzu batanga kugira ngo ibinyamakuru bibeho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC) Mugisha Emmanuel yagize ati “Tugomba gushyiraho uburyo butuma dukomeza kubaho, ayo mafaranga avamo akaba yakwifashishwa mu kwishyura iminara ituma ayo makuru abageraho n’ibindi […] niba ibishingwe byishyurwa, guparika imodoka bikaba byishyurwa no kugeza amakuru ku baturage bikwiye kwishyurwa.”

Mugisha yavuze ko nk’ubu hari sosiyete abaturage bishyuraho ifatabuguzi ngo babashe kureba televiziyo ariko amafaranga izo sosiyete zishyurwa nta na rimwe rihabwa ibinyamakuru bitanga ayo makuru.

Mu Rwanda habarurwa radiyo 35, muri zo 27 ni izigenga mu gihe iza leta ari umunani; Televiziyo zisaga icumi, zirimo imwe ifashwa na leta, ibinyamakuru byandika ku mpapuro bikabakaba 45 n’imbuga za internet zirenga 100.

2018-05-21
Editorial

IZINDI NKURU

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Editorial 25 Feb 2020
Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Editorial 13 Mar 2019
Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

Administrator 26 Nov 2025
Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Editorial 04 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Virusi ikomeye itera amakimbirane n’amacakubiri mu bayobozi b’Amatorero
ITOHOZA

Virusi ikomeye itera amakimbirane n’amacakubiri mu bayobozi b’Amatorero

Editorial 14 Mar 2017
Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 01 Apr 2019
Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga
Amakuru

Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Editorial 15 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru