• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Editorial 27 Nov 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko intego igihugu cyari cyarihaye yo kuba umunyarwanda yinjiza amadolari 1240 mu mwaka wa 2020 bigoye kuyigeraho kubera ko izamuka ry’ubukungu ritagenze uko byari biteganyijwe.

Mu mwaka wa 2000 u Rwanda rwihaye icyerecyezo 2020 cyagombaga gusiga ruri mu bihugu byo mu cyiciro cya mbere bifite amikoro aringaniye (Lower Middle Income Country) aho nibura buri muturage yari kujya yinjiza amadolari 1240, ni ukuvuga asaga gato miliyoni y’amafaranga y’u Rwandaku mwaka.

Ukurikije aho igihugu cyavuye, umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wariyongereye ndetse n’uw’umuturage ariko bigaragara ko bigoye ngo mu mezi make asigaye ibyari byitezwe bigerweho byose.

Mu 1990 umusaruro ku muturage ku mwaka wari amadolari 374, mu 1994 yari amadolari 146 mu 2000 yari 225 $. Mu 2010 yari 579 $, mu 2015 yari 728 $, mu 2017 yari 774 $ naho mu 2018 yari 788$ ku mwaka. Ikigereranyo cy’amafaranga umuturage yinjiza cyazamutseho 1.7% hagati ya 2017 na 2018.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yari mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’abadepite, asobanura uko ubukungu bw’igihugu buhagaze kugeza muri Nzeri 2019.

Depite Uwanyirigira Gloriose yagarutse ku ntego z’icyerecyezo 2020 u Rwanda rwari rwihaye, aho umuturage yagombaga kwinjiza amadolari 1240.

Yabajije Minisitiri Ndagijimana niba abona iyo ntego igishoboka akurikije amezi asigaye ngo umwaka wa 2020 ugere.

Uwanyirigira yagize ati “Ndangira ngo mbaze niba uyu muhigo koko tuzawesa nk’abanyarwanda. Ubishyize mu manyarwanda wabona ko umuturage abona ibihumbi bibiri ku munsi ariko twongeye tukagaruka ku giciro cy’ibiribwa ku isoko nk’aho mu minsi ishize ikilo cy’ibishyimbo cyageze ku gihumbi, ukareba ubukungu bw’umuturage wo hasi ushobora kwinjiza ibihumbi bibiri uburyo yagera ku isoko agahaha bikwiye [….] turagira ngo aduhurize izamuka ry’ubukungu mu ngeri zose ariko tureba ku muturage.”

Depite Rwigamba Fidèle yavuze ko bigaragara neza ko igihugu kitazagera ku ntego cyari cyihaye, ahubwo asaba Minisitiri gusobanura ingamba zihari n’igihe umunyarwanda azaba yinjiriza amadolari 1240.

Ati “Biragagara ko tutakibigezeho ariko urebye ukuntu ubukungu busigaye buzamuka neza wenda turabyegera. Nagira ngo numve icyo Minisitiri avuga tugendeye ku gipimo turiho ubu igihe twazagerera ku gihugu cy’amikoro aringaniye.”

Minisitiri Ndagijimana yemereye abadepite ko kugera ku ntego y’uko buri munyarwanda azaba yinjiza amadolari 1240 mu 2020 bisa nk’ibidashoboka.

Yavuze ko byatewe n’uburyo ubukungu bwagiye buzamuka gahoro bitandukanye n’intego bari bihaye ubwo icyerecyezo 2020 cyashyirwagaho.

Ati “Kugira ngo tugere kuri ariya madolari 1240 mu 2020 ubukungu bwagombaga kuzamuka ku mpuzandengo ya 11.5 % ariko kuva mu 2000 kugeza ubu ngira ngo ni rimwe gusa twagize ubukungu buzamuka hejuru ya 11 %, ubundi tugira 9 % ariko indi myaka yose twagiye hagati ya 7 na 8 %. Urumva utageze kuri ya 11 % n’ikizavamo nacyo kiba gitubye.”

Minisitisiri Ndagijimana yavuze ko imibare y’ubukungu bw’umunyarwanda mu mwaka wa 2019 itarasohoka ndetse ngo n’iya 2020 izabarwa ariko ahamya ko bigoye ngo intego igerweho.

Ati “Tuzaba tuhegera ariko ntabwo byoroshye kuhagera mu gihe cy’imyaka ibiri urebye aho tugeze.”

Icyakora, Minisitiri Ndagijimana yavuze ko muri gahunda y’igihugu igamije kwihutisha Iterambere, NST1 yatangiye mu 2017 u Rwanda rwiyemeje kuba rwageze mu bihugu bifite amikoro aringaniye, umuturage yinjiza amadolari asaga 1300 kandi yemeza ko bizagerwaho.

Leta y’u Rwanda yiyemeje kuva mu cyerecyezo cya 2020 rujya mu cyerecyezo cya 2050. Ruteganya ko nibura mu 2035 ruzaba rufite ubukungu buciriritse mu gihe ubukungu bwaba bwihuta ku 10%, ku buryo umunyarwanda yazaba yinjiza asaga miliyoni 10 Frw ku mwaka.

Src:IGIHE

2019-11-27
Editorial

IZINDI NKURU

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Editorial 04 May 2019
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Editorial 18 Mar 2017
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Editorial 18 Sep 2019
Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Editorial 15 Oct 2019
Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Editorial 04 May 2019
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Editorial 18 Mar 2017
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Editorial 18 Sep 2019
Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Editorial 15 Oct 2019
Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Editorial 04 May 2019
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Editorial 18 Mar 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru