• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Intebe azageza ku Nteko Ishinga Amategeko gahunda za Guverinoma ku buhinzi
Minisitiri w'Intebe, Edouard Ngirente aganira na Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko umutwe w'Abadepite, Donatille Mukabalisa n'uwa Sena, Bernard Makuza

Minisitiri w’Intebe azageza ku Nteko Ishinga Amategeko gahunda za Guverinoma ku buhinzi

Editorial 02 Apr 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa Kabiri, arageza ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, uko urwego rw’ubuhinzi mu Rwanda ruhagaze n’ingamba zihari mu kuruteza imbere.

Mu mwaka wa 2020, Guverinoma y’u Rwanda yiteze ko abakora ubuhinzi mu Rwanda bazaba bangana na 50 %, bavuye kuri 72 % babukora muri iki gihe.

Kuva mu mwaka wa 2010 muri gahunda ya guverinoma, Leta yari yihaye intego yo guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka idashingiye ku buhinzi. Mu ibarura rya Kane ku mibereho y’ingo ryakozwe mu 2015, imirimo yahangwaga buri mwaka yari igeze ku bihumbi 146.

Urwego rw’Ubuhinzi rugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu n’abagituye mu bihugu byose ku Isi. U Rwanda rurashaka kuruteza imbere mu guhindura ubuzima bw’abanyarwanda by’umwihariko.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 03 Mata 2018 ubwo azaba ari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko, Minisitiri w’Intebe azageza ku badepite n’abasenateri uko urwego ruhagaze, ibijyanye no guhunika, imbogamizi uru rwego ruhura narwo n’ingamba zihari mu kongera umusaruro n’ibyoherezwa hanze.

Muri gahunda ya leta y’imyaka irindwi ni uko ubutaka bwuhirwa buzava ku buso bungana na hegitari 48.508 zo muri uyu mwaka (2016/2017) bugere kuri hegitari 102.284 muri 2024. Umwihariko uzahabwa ubuhinzi bukorerwa mu bishanga n’ubukorerwa ku buso buto hakoreshejwe ikoranabuhanga ridahenze cyane (Small-scale irrigation).

Hazongerwa ikoreshwa ry’imashini mu mu mirimo y’ubuhinzi (Mechanised farm operations) rive kuri 25% (2017) rigere kuri 50%; ndetse ubuso bw’ubutaka buhingwa nyuma yo guhuzwa buzazamuka bugere kuri hegitari 980.000 buvuye kuri hegitari 635.603.

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rigena ko ‘Rimwe mu gihembwe cy’Inteko Ishinga Amategeko, Minisitiri w’Intebe aza gusobanurira Inteko Ishinga Amategeko, Imitwe yombi iteranye, ibikorwa bya Guverinoma’.

2018-04-02
Editorial

IZINDI NKURU

Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Botswana yasabye amahanga kotsa Perezida Kabila igitutu akarekura ubutegetsi nta mananiza

Editorial 01 Mar 2018
Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Editorial 27 Jun 2018
Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Editorial 05 Aug 2023
‘Ntabwo nahunze, nta n’ ubwoba nagize ‘- Mpayimana

‘Ntabwo nahunze, nta n’ ubwoba nagize ‘- Mpayimana

Editorial 10 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda
Mu Rwanda

Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Editorial 23 May 2017
U Rwanda  rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga
POLITIKI

U Rwanda rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga

Editorial 27 Aug 2018
Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?
INKURU NYAMUKURU

Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Editorial 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru