• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri w’Intebe yarahije Lt. Col Déo Rusizana, Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare

Minisitiri w’Intebe yarahije Lt. Col Déo Rusizana, Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare

Editorial 26 Jun 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, kuri uyu wa Kane, yakiriye indahiro ya Lt. Col Déo Rusizana, Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare, n’iya Cpt. Gerard Ntaganira, Umucamanza mu Rukiko rwa Gisirikare, bombi bemejwe n’Inama y’Abaministiri yo kuwa 26 Gicurasi 2017.

Murekezi yabibukije ko icyizere bagiriwe na Perezida Paul Kagame ndetse n’indahiro bakoreye imbere ye bifite agaciro gakomeye, bikaba igihango bagiranye n’Abanyarwanda batagomba gutatira.

Yagize ati “Akazi kanyu ni ukubahiriza ihame ry’uburenganzira n’ubwisanzure bwa muntu Leta y’u Rwanda yiyejeme kugenderaho.”

Kugira ngo bazabashe kubahiriza izo nshingano, Minisitiri w’Intebe yabasabye gushishoza no guharanira ubutabera.

-7054.jpg

Yakomeje agira ati “Ibi bizabarinda kugira abere abanyabyaha no kugira abanyabyaha abere; Kuba inyangamugayo ku buryo n’abo muzacira imanza bagatsindwa bazajya banyurwa n’ibyemezo byanyu; Guhora murangwa n’imyitwarire iboneye muri byose kandi hose.”

“Umucamanza mwiza noneho by’akarusho w’umusirikari wa RDF tuziho imyitwarire iboneye mu rwego rwo hejuru, agomba kuba bandebereho; gukora cyane kugira ngo muzirinde amadosiye y’ibirarane. Mwibuke ko ubutabera butinze buba bwataye agaciro. Ibi biranajyana no gutanga serivisi nziza u Rwanda rwagize intego.”

-7053.jpg

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi aha impanuro abarahiye

Minisitiri w’Intebe yabahaye impanuro agendeye ku mpanuro zatanzwe na Mahatma Gandhi zijyanye n’icyo umuntu yakora buri gitondo kugira ngo abe intabera muri byose, ati “Ntawe nza kwifuriza ikibi, ntawe nza kurenganya, abanyamafuti ndabatsindisha ukuri.”

-7055.jpg

Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare, Lt. Col Déo Rusizana

-7056.jpg

Umucamanza mu Rukiko rwa Gisirikare, Cpt. Gerard Ntaganira arahirira kuzuzuza inshingano yahawe

-7057.jpg

-7058.jpg

Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare, Lt. Col Déo Rusizana, asinya nyuma yo kurahira

-7059.jpg

Umugaba w’Ingabo z’Igihugu Gen. Patrick Nyamvumba yari yitabiriye uyu muhango

-7060.jpg

-7061.jpg

Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe n’abandi bayobozi bakuru ba gisilikare bitabiriye umuhango

2017-06-26
Editorial

IZINDI NKURU

Tariki 22 Gicurasi 1994: Umunsi RPA yafashe Ikibuga cy’Indege cya Kigali n’ikigo cya gisirikare

Tariki 22 Gicurasi 1994: Umunsi RPA yafashe Ikibuga cy’Indege cya Kigali n’ikigo cya gisirikare

Editorial 22 May 2018
“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

Editorial 04 Nov 2022
Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Editorial 30 Jan 2017
Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga

Icyo Zari Hassan avuga ku irogwa ry’umugabo we Ivan Ssemwaga

Editorial 04 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo rigenewe abanyamakuru: Jean Lambert Gatare yasimbuye byagateganyo Nyakwigendera Burasa
INKURU NYAMUKURU

Itangazo rigenewe abanyamakuru: Jean Lambert Gatare yasimbuye byagateganyo Nyakwigendera Burasa

Editorial 11 May 2020
Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi
Amakuru

Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Editorial 20 Jul 2021
Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu
Mu Rwanda

Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Editorial 01 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru