• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Editorial 03 Mar 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, wari witabiriye Umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu ku nshuro ya mbere, yatangaje ko ari urubuga rwiza rwo kwisuzuma no gushaka ibisubizo by’ibibazo igihugu gifite ndetse ko yawukuyemo impamba izamufasha mu mikoranire n’izindi nzego.

Dr Ngirente Edouard yabaye Minisitiri w’Intebe muri Kanama 2017 asimbuye Murekezi Anastase kuri ubu wagizwe Umuvunyi Mukuru.

Umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu wabereye mu Kigo cya Girikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo kuva ku itariki 28 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe ni wo wa mbere yari yitabiriye.

Mu kiganiro yagiranye na RBA, Dr Ngirente yavuze ko uburyo abantu baganira ku bibazo by’igihugu, bakareba ibyashyizwe mu bikorwa, bakinenga ari ibintu ibintu bya ngombwa yakuyemo impamba.

Yagize ati “Kuri njye ni umwiherero wa mbere ngize; nawukuyemo impamba nini cyane izatuma nshobora gukorana neza na bagenzi banjye. Kuba inzego zinyuranye twarahuriye hamwe byatumye tuganira neza ku mikoranire dusanzwe dufite n’iyo tugiye kugira n’ibyo twakemura mu buryo bwihuse cyangwa burambye.”

Minisitiri w’Intebe yasobanuye ko iyo gahunda z’igihugu ziganiriweho hari abayobozi batandukanye barimo n’abashinzwe kuzishyira mu bikorwa bituma bazumva neza bitandukanye n’ubundi buryo inzego z’ubuyobozi zikoresha zitanga amabwiriza.

Ati “Umwiherero utandukanye n’ubundi buryo inzego z’ubuyobozi zikoresha zitanga amabwiriza kuko abantu baba bicaranye amaso ku yandi, bavugana ibishoboka, ibigoye bigashakirwa umuti ukaba ari umusanzu ugaragara ku ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo igihugu cyiyemeje kugeraho.”

Yasabye ko buri muyobozi yikubita agashyi agakoresha imbaraga zose kugira ngo imyanzuro yafashwe izashyirwe mu bikorwa.

Dr Ngirente yakomeje avuga ko mu byaganiriwe hagarutswe ku buryo uburezi bwashyirwamo imbaraga kuko igihugu cyiyemeje kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Ati “Uburezi twabuhaye umwanya munini duhereye ku mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza; uko zigomba kwiga, uburere n’ubumenyi butangwa kugira ngo abantu bagaruke ku nzego ziteza imbere igihugu, byaba ibijyanye no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, ubwubatsi, ibyo byose bizashoboka igihe tuzaba dukoresha ubumenyi bwavuye mu mashuri, tugashyiramo n’ikoranabuhanga rigomba kuboneka mu nzego zose kugira ngo twiteze imbere mu buryo bwihuse.”

Yasabye abaturage n’abayobozi gukorera hamwe kugira ngo ibyakozwe mu burezi, ubuhinzi n’ubworozi, ubucuruzi, iterambere ry’imijyi, ubuzima birambe binongerweho ibindi bityo igihugu gikomeze gutera imbere, umunyarwanda akomeze kubaho neza.

2018-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Editorial 10 Oct 2019
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Editorial 31 May 2024
Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC

Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC

Editorial 04 Feb 2019
Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Editorial 05 Jul 2019
Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Editorial 10 Oct 2019
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Editorial 31 May 2024
Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC

Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC

Editorial 04 Feb 2019
Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Editorial 05 Jul 2019
Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Editorial 10 Oct 2019
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Editorial 31 May 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru