• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Editorial 03 Mar 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, wari witabiriye Umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu ku nshuro ya mbere, yatangaje ko ari urubuga rwiza rwo kwisuzuma no gushaka ibisubizo by’ibibazo igihugu gifite ndetse ko yawukuyemo impamba izamufasha mu mikoranire n’izindi nzego.

Dr Ngirente Edouard yabaye Minisitiri w’Intebe muri Kanama 2017 asimbuye Murekezi Anastase kuri ubu wagizwe Umuvunyi Mukuru.

Umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu wabereye mu Kigo cya Girikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo kuva ku itariki 28 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe ni wo wa mbere yari yitabiriye.

Mu kiganiro yagiranye na RBA, Dr Ngirente yavuze ko uburyo abantu baganira ku bibazo by’igihugu, bakareba ibyashyizwe mu bikorwa, bakinenga ari ibintu ibintu bya ngombwa yakuyemo impamba.

Yagize ati “Kuri njye ni umwiherero wa mbere ngize; nawukuyemo impamba nini cyane izatuma nshobora gukorana neza na bagenzi banjye. Kuba inzego zinyuranye twarahuriye hamwe byatumye tuganira neza ku mikoranire dusanzwe dufite n’iyo tugiye kugira n’ibyo twakemura mu buryo bwihuse cyangwa burambye.”

Minisitiri w’Intebe yasobanuye ko iyo gahunda z’igihugu ziganiriweho hari abayobozi batandukanye barimo n’abashinzwe kuzishyira mu bikorwa bituma bazumva neza bitandukanye n’ubundi buryo inzego z’ubuyobozi zikoresha zitanga amabwiriza.

Ati “Umwiherero utandukanye n’ubundi buryo inzego z’ubuyobozi zikoresha zitanga amabwiriza kuko abantu baba bicaranye amaso ku yandi, bavugana ibishoboka, ibigoye bigashakirwa umuti ukaba ari umusanzu ugaragara ku ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo igihugu cyiyemeje kugeraho.”

Yasabye ko buri muyobozi yikubita agashyi agakoresha imbaraga zose kugira ngo imyanzuro yafashwe izashyirwe mu bikorwa.

Dr Ngirente yakomeje avuga ko mu byaganiriwe hagarutswe ku buryo uburezi bwashyirwamo imbaraga kuko igihugu cyiyemeje kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Ati “Uburezi twabuhaye umwanya munini duhereye ku mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza; uko zigomba kwiga, uburere n’ubumenyi butangwa kugira ngo abantu bagaruke ku nzego ziteza imbere igihugu, byaba ibijyanye no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, ubwubatsi, ibyo byose bizashoboka igihe tuzaba dukoresha ubumenyi bwavuye mu mashuri, tugashyiramo n’ikoranabuhanga rigomba kuboneka mu nzego zose kugira ngo twiteze imbere mu buryo bwihuse.”

Yasabye abaturage n’abayobozi gukorera hamwe kugira ngo ibyakozwe mu burezi, ubuhinzi n’ubworozi, ubucuruzi, iterambere ry’imijyi, ubuzima birambe binongerweho ibindi bityo igihugu gikomeze gutera imbere, umunyarwanda akomeze kubaho neza.

2018-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Editorial 18 Apr 2018
Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

Administrator 26 Nov 2025
Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha – Bobi Wine

Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha – Bobi Wine

Editorial 11 Oct 2018
Rwanda: A Servant Leader, population satisfaction and a people’s worldview

Rwanda: A Servant Leader, population satisfaction and a people’s worldview

Editorial 10 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika
Mu Rwanda

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri Demokarasi muri Afrika

Editorial 28 Aug 2016
Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi
INKURU NYAMUKURU

Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi

Editorial 08 Jun 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Editorial 12 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru