• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Minisitiri w’ubutabera araburira abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza

Editorial 18 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Abakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza n’izindi nyandiko mpesha, cyane mu guteza cyamunara baragirwa inama yo kureka iyi ngeso kuko nibitaba ibyo bitazabahira nk’uko byatangajwe na minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye nyuma y’inkuru twabagejejeho igaragaza amanyanga aherutse gukorwa muri cyamunara zabereye mu Mujyi wa Kigali ndetse umwe mu bahesha b’inkiko akaba yarafatiwe mu cyuho agambanira nyiri umutungo wari ugiye gutezwa icyamunara ngo bamuhe ruswa awugabanyirize agaciro hirengagijwe expertise yakozwe.

Nyuma y’inkuru Rushyashya yabagejejeho kuri uyu wa Kane, itariki 17 Gicurasi 2018 ifite umutwe ugira uti: “Nyarutarama: Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo”, minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye yahise agira icyo avuga kuri iyi nkuru abinyujije kuri twitter agira inama abakora amanyanga mu bikorwa byo kurangiza imanza.

Minisitiri Busingye akaba yagize ati: “Abo aribo bose bakoresha uburiganya mu bikorwa byo kurangiza imanza n’izindi nyandiko mpesha, cyane mu guteza cyamunara, amahitamo basigaranye ni amwe gusa: kubireka/kubivaho, naho ubundi ntibizabahira.”

Ibi kandi minisitiri w’ubutabera akaba yari aherutse no kubibwira abahesha b’inkiko b’umwuga mu nama yagiranye nabo kuwa 11 Gicurasi, aho yabibukije umuhesha w’inkiko ukenewe mu gihugu.

Aha yagize ati: “Umuhesha w’inkiko dushaka ni uteza cyamunara hakaboneka amafaranga yo kwishyura n’uwaterejwe cyamunara akagira icyo asigarana. Ntabwo wigeze urahirira guhinduka ibyago ku muntu wagize ibyago byo guterezwa umutungo cyamunara.’’

Mu 2015 bamwe mu bahesha b’inkiko b’umwuga nabwo banenzwe imikorere mibi inyuranyije n’amategeko ndetse bituma abagera kuri 21 baregerwa Minisiteri y’Ubutabera.

Amakosa bakunze gukora ngo ni ayajyanye n’umwuga nk’uko Minisitiri Busingye yabigaragarije abari mu kiganiro yagiranye nabo na none kuwa 02 Ukwakira 2015.

Minisitiri Busingye yagize ati “Hari abatamanika amatangazo ya cyamunara, abagurisha ibintu muri cyamunara ntibahe amafaranga asigaye uwagurishirijwe imitungo nyuma yo kwishyura uwatsinze”.

Andi makosa yavuzwe ni nko kurangiza urubanza ku gihe kitateganyijwe n’amategeko, kudaha agaciro gakwiye igitezwa cyamunara no kutamenyesha icyamunara uwishyuzwa cyangwa kutamenyesha cyamunara uwatsinzwe.

Umushahara muto waba ari yo ntandaro yo gushaka indonke ku bahesha b’inkiko

Ibi ni ibyatangajwe n’Urugaga rw’abahesha b’inkiko b’umwuga ubwo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yabahuguraga muri Mutarama 2017 ku bijyanye  n’ubu burenganzira kuko akazi kabo gafuruhare rukomeye mu kwubahiriza nk’abantu bahesha abandi ibyabo bambuwe.

Ukuriye uru rugaga yavuze ko nubwo atahamya ko barya ruswa, ngo bamwe bakora amakosa babiterwa n’uko bahabwa umushahara mukeya.

Aha umuntu akaba yakwibaza niba umushahara mukeya abahesha b’inkiko bahabwa uzajya witwazwa mu guhombya abantu n’ubundi baba basa nk’abari mu gihombo kuko ibyabo biba bigiye gutezwa cyamunara, ugasanga umutungo we uteshejwe agaciro ku bwende yishyura imyenda ya banki ntagire icyo asigarana cyo kwikenuza bitewe n’ababishinzwe bashakira indonke mu kazi bashinzwe ugasanga umutungo ubarirwa hafi miliyari y’amafaranga utejwe ku mafaranga atageze no kuri kimwe cya kabiri cyayo.

 

2018-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Editorial 25 Mar 2025
Mwenedata Gilbert  yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Mwenedata Gilbert yeruye ko yiyongereye mu mubare w’ abagamije guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda

Editorial 10 May 2018
Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Editorial 08 Apr 2020
Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Editorial 20 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu
Mu Mahanga

Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu

Editorial 15 Jul 2016
Ese Diane Rwigara akwiye gushyikirizwa ubutabera nyuma yuko candidature ye iteshejwe agaciro?
ITOHOZA

Ese Diane Rwigara akwiye gushyikirizwa ubutabera nyuma yuko candidature ye iteshejwe agaciro?

Editorial 09 Jul 2017
Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League
IMIKINO

Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League

Editorial 07 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru