• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Editorial 30 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, Gen Elly Tumwine, yabwiye Komisiyo y’Abadepite ishinzwe uburenganzira bwa muntu ko mu gihugu hari inzu zifungirwamo abantu zitazwi ariko badashobora kwemererwa kuzisura kubera impamvu z’umutekano.

Kuri uyu wa Gatatu Tumwine yari imbere ya Komisiyo yari iyobowe na Janepher Nantume Egunyu, aho yatangaga ibisubizo ku birego by’iyicarubozo rikorerwa mu nzu zifungirwamo abantu zitazwi (Safe Houses).

Ni nyuma yuko mu cyumweru gishize Perezida w’umutwe w’Abadepite, Rebecca Kadaga, yabwiye komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu gukora iperereza ku bivugwa ko hari inzu zifungirwamo zitazwi ahitwa Lwamayuba i Kalangala na Kyengera muri Wakiso.

Tumwine akigera imbere ya Komisiyo yasabwe gusubiza ibibazo umunani birimo kuvuga niba muri Uganda hari inzu zifungirwamo zitazwi, itegeko zikurikiza mu gukora, umubare wazo, abantu bazirimo, ubwoko bw’ibyaha butuma umuntu afungirwa mu nzu zitazwi, niba abazifungiwemo bakorerwa iyicarubozo n’ibindi.

Ati “Hari inzu zifungirwamo abantu zitazwi kandi nk’uko nabibwiye inteko, zirakoreshwa mu bihugu byinshi ku Isi yose kandi akamaro kazo ni uguhuza ibikorwa by’ubutasi. Ubutasi ntabwo bukorerwa mu ruhame nk’aha turi muri komisiyo, bukorwa mu ibanga”.

Abajijwe niba abadepite basura izi nzu, Tumwine yababwiye ko bitari mu nshingano zabo bityo bidashoboka. Ni ibintu byarakaje abadepite ku buryo Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, yamusubije ko atemeye gukorana na komisiyo mu gihe abanya-Uganda bakomeje gufatwa nabi no gufungirwa ahantu hatazwi.

Uganda yemeye ko ifite inzu zifungirwamo abantu zitazwi mu gihe ikomeje kotswa igitutu cyo guta abantu muri yombi mu buryo butemewe n’amategeko no kubafungira ahantu hatazwi bagakorerwa iyicarubozo ndetse ntibanagezwe mu butabera.

Inashinjwa kandi ko binyuze mu rwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO), hakorwa imikwabu hagafatwa abasivili b’inzirakarengane bagatwarwa mu nzu zifungirwamo zitazwi bagakorerwa iyicarubozo.

Si abanya-Uganda gusa bavuga ubunyamaswa bakorerwa n’inzego z’umutekano zibafungira ahatazwi, kuko hari n’abanyarwanda bashimuswe n’Urwego rw’Ubutasi mu gisirikare cya Uganda, CMI na ISO, bagafungirwa muri izo nzu bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.

Kuva mu myaka ibiri ishize, Abanyarwanda barimo abagore bafite abana bato bakurwa mu modoka bakajya gufungwa bashinjwa kuba intasi, bagakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungirwa mu nzu zitazwi.

Aba barimo abasabwa kwiyunga n’Umutwe wa RNC [wa Kayumba Nyamwasa] ushaka guhungabanya u Rwanda.

Harimo uwitwa Rugorotsi Eric, washimuswe kuwa 25 Ukwakira 2018 na Twahirwa David washimuswe kuwa 15 Ukuboza. Aba bombi ngo bajyanywe na ISO. Rugorotsi wari umucuruzi yafatiwe i Kampala yagiye kugura ibyuma by’ibinyabiziga kimwe na Twahirwa wari wagiye muri gahunda ze.

Undi Munyarwanda witwa Ntakirutimana Theoneste, wayoboraga Itorero ADEPR muri Uganda yafashwe kuwa 28 Werurwe na Asiimwe Apollinaire wafashwe kuwa 7 Mata. Bombi byagaragaye ko bashimuswe na CMI. Hari kandi Gasana Deus, wavunjaga amafaranga wafashwe ku wa 3 Mata 2019 na ISO.

Aba banyarwanda bose bashimuswe bashyizwe ahantu hatazwi aho badashobora kugerwaho n’imiryango yabo cyangwa abanyamategeko babo.

Nyuma yo gufatwa, nta mpapuro zibata muri yombi cyangwa indi nzira y’amategeko ikurikijwe, ibinyamakuru bimenyerewe mu gukwirakwiza icengezamatwara muri Uganda, byatangiye kwandika inkuru ko ‘bakorera u Rwanda’.

2019-08-30
Editorial

IZINDI NKURU

Davido yakoze agashya mu gitaramo i Kigali nyuma y’ imvura nyinshi ndetse n’ imbeho “REBA HANO AMAFOTO”

Davido yakoze agashya mu gitaramo i Kigali nyuma y’ imvura nyinshi ndetse n’ imbeho “REBA HANO AMAFOTO”

Editorial 04 Mar 2018
Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe

Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe

Editorial 15 Jun 2024
Kate Bashabe yanenze abavuga ko yararanye na Davido

Kate Bashabe yanenze abavuga ko yararanye na Davido

Editorial 08 Mar 2018
Urupfu rwa Sendashonga  na Col. Rizinde nk’intandaro y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda

Urupfu rwa Sendashonga  na Col. Rizinde nk’intandaro y’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 10 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Editorial 10 May 2016
Ukuri kuratsinze: Nyuma y’ igitutu gikomeye, wa muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Julie d’Andurain, yivanye muri Komisiyo yo gucukumbura uruhare rw’uBufaransa muri iyo Jenoside.
Amakuru

Ukuri kuratsinze: Nyuma y’ igitutu gikomeye, wa muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Julie d’Andurain, yivanye muri Komisiyo yo gucukumbura uruhare rw’uBufaransa muri iyo Jenoside.

Editorial 16 Nov 2020
Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu
Mu Rwanda

Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Editorial 16 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru