• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Miss Rwanda 2016: Iburasirazuba abakobwa bose baje mu irushanwa ni abanya Kigali

Miss Rwanda 2016: Iburasirazuba abakobwa bose baje mu irushanwa ni abanya Kigali

Editorial 18 Jan 2016 IMIKINO

Abakobwa 11 bitabiriye amarushanwa ya Miss Rwanda baje guhagararira Intara y’u Burasirazuba nta numwe uba muri iyi Ntara, bose baje baturutse i Kigali.

Ibi bijya gusa n’ibyo mu zindi Ntara aho benshi mu bakobwa bagiye baza kurushanwa babaga baturutse mu mujyi wa Kigali, kandi baje guhagararira Intara z’iwabo.

-1837.jpg

Abakobwa bose uko bari 11

Aba bakobwa bose baje bateze bavuye i Kigali bavuga ko bifuza guserukira Intara y’u Burasirazuba, ahakomereje amajonjora yo gushaka uzambikwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016 yabereye mu Karere ka Kayonza, muri Silent Hill Hotel, kuri uyu wa 17 Mutarama 2015. umuntu akaba yakwibaza niba ku ivuko ntabokobwa beza bahaba.

Aba bakobwa 11bujuje ibyangombwa bahatanye ni:

1. Kaneza Nickita wavutse mu 1996, ufite ibiro 51 n’uburebure bwa 1m76cm
2. Akili Delyla wavutse mu 1996, ufite ibiro 57 n’uburebure bwa 1m74cm
3. Kalingirwa Ange wavutse mu 1991, ufite ibiro 50 n’uburebure bwa 1m78cm
4. Ikirezi Sandrine wavutse mu 1996, ufite ibiro 67 n’uburebure bwa 1m76cm
5. Musanabera Sylvie wavutse mu 1993, ufite ibiro 61 n’uburebure bwa 1m70cm
6. Gisubizo Abi Gaelle wavutse mu 1995, ufite ibiro 60n’uburebure bwa 170
7. Uwimana Ariane wavutse mu 1994, ufite ibiro 59 n’uburebure bwa 1m75
8. Umutoni Ruth wavutse mu 1996, ufite ibiro 66 n’uburebure bwa 1m75cm
9. Irakoze Ornella wavutse mu 1996, ufite ibiro 46 n’uburebure bwa 1m71cm
10. Uwase Rangira Jean d’Amour wavutse mu 1997, ufite ibiro 45 n’ubrebure bwa 1m76cm
11. Umutoniwse Laurence wavutse mu 1994, ufite ibiro 55 n’uburebure bwa 1m70cm

Hari amakuru avuga ko abakobwa benshi bajya kwiyamamariza mu Ntara baba batinye ko i Kigali bazahahurira n’abandi benshi beza, bityo bo bagahitamo kujya kugeragereza amahirwe yabo mu Ntara hakiri kare, batinya kuvamo.

Ikinyamakuru Izuba Rirashe cyifuje kumenya impamvu aba bakobwa bava i Kigali bakaza kwiyamamariza mu Ntara, nuko kivugana nabo.

-1839.jpg

Aha uyu mukobwa yapimwaga ibiro (Ifoto/Irakoze R.)

-1841.jpg
Aba bakobwa babanzaga gupimwa indeshyo

Umwe muri bo ni uwitwa Uwase Rangira Jean d’Amour, utuye we n’umuryango we muri Kimironko, mu Karere ka Gasabo ho mu Mujyi wa Kigali. Aha Kigali niho Uwase aniga, aho arangije umwaka wa Gatandatu muri Glory Secondary School.

Uyu mukobwa yabwiye Iki Kinyamakuru ko impamvu yaje kwiyamamariza mu Burasirazuba ari uko ari ho umuryango we wose ukomoka. Yagize ati “Mu Burasirazuba niho nkomaka, akaba ari ho ba sogokuru baba; niho ba papa bose bavuka na mama rero naje kuhiyamamariza kuko numva ko naza guhagararira ahantu nkomoka akaba ari ho nshyira aha mbere mu gihugu hakagaragara ko haturuka abantu beza bashoboye kuba baserukira igihugu mu bwiza.”

-1840.jpg
Aba bakobwa 11 bose ni Abanyakigali bateze bakaza kwiyamamariza mu Ntara (Ifoto/Irakoze R.)

Undi mukobwa witwa Ikirezi Sandrine, we yabwiye Izuba Rirashe ko iwabo aho abana n’umuryango we ari Gikondo mu mujyi wa Kigali. We avuga ko impamvu yaje kwiyamamariza mu karere ka Kayonza ari uko ari ho ababyeyi be baturuka, kandi ko ari ho yakuriye yumva yifuza guhagararira.

Harimo n’abatsinzwe amajonjora baragaruka


-1838.jpg

Umwe mu bakobwa yiyandikisha mu marushanwa yabereye Kayonza (Ifoto/Irakoze R.)

Muri aba bakobwa harimo uwitwa Gisubizo Abi Gaelle wari wagaragaye mu majonjora yabereye mu Ntara y’Amajyepfo, muri Huye kuri uyu wa Gatandatu, ariko kuri uyu munsi yagarutse kurushanwa mu Burasirazuba.
We avuga ko yaje kurushanwa mu Burasirazuba kuko yahawe andi mahirwe yo gusubiramo, agasubiriramo mu Ntara iyo ari yo yose yifuza.

-1842.jpg

Yagize “Ejo nari muri Huye ndushanwa ariko ntabwo nari nateguye umushinga numva nakora ndamutse nambitswe ikamba rya Nyampinga, banyemereye rero ko najya mu Ntara iyo ari yo yose nkongera nkarushanwa, ubu nagarutse noneho niteguye kurushaho.”

Ku bwa Ishimwe Dieudonne utegura aya marushanwa, we avuga ko batita ku hantu umukobwa yaturutse, ko umukobwa wese yemerewe kwiyamamariza mu Ntara yose ashaka.

Yagize ati “Icyo twifuza ni uko umukobwa azagira icyo amarira Intara azaba yaserukiye, ariko ntabwo twirirwa tureba aho umuntu yaje aturuka. Twe icyo dushaka si aho umukobwa yaturutse, icyo tureba ni icyo umarira aho watorewe.”
Hitezwe ko i Kigali haziyamamariza abakobwa benshi, hagendewe ku mubare w’abamaze kuhiyandikisha bari hejuru cyane y’abiyandikishije mu Ntara.

M.Fils

2016-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Yvan Buravan yaraye yerekanye Indirimbo shya Malaika

Yvan Buravan yaraye yerekanye Indirimbo shya Malaika

Editorial 09 Jul 2016
Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Mu mikino ya gicuti itegura isubukurwa rya shampiyona Gasogi United yatsinze Gorilla FC, Marines FC inganya na AS Kigali.

Editorial 21 Apr 2021
Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

Editorial 21 Jul 2019
Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Editorial 16 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye
IMIKINO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye

Editorial 02 Feb 2016
Kamonyi: Abantu bose bifashe impungenge nyuma yo kumva icyo Tuyishimire Alexis yahoye umubyeyi we
ITOHOZA

Kamonyi: Abantu bose bifashe impungenge nyuma yo kumva icyo Tuyishimire Alexis yahoye umubyeyi we

Editorial 27 Jun 2017
Yamen Zelfani utoza Rayon yageze mu Rwanda atangira imirimo, abazatoza APR FC bo barahagera kuwa kane
Amakuru

Yamen Zelfani utoza Rayon yageze mu Rwanda atangira imirimo, abazatoza APR FC bo barahagera kuwa kane

Editorial 18 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru