• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Miss Rwanda 2016: Iburasirazuba abakobwa bose baje mu irushanwa ni abanya Kigali

Miss Rwanda 2016: Iburasirazuba abakobwa bose baje mu irushanwa ni abanya Kigali

Ubwanditsi 18 Jan 2016 IMIKINO

Abakobwa 11 bitabiriye amarushanwa ya Miss Rwanda baje guhagararira Intara y’u Burasirazuba nta numwe uba muri iyi Ntara, bose baje baturutse i Kigali.

Ibi bijya gusa n’ibyo mu zindi Ntara aho benshi mu bakobwa bagiye baza kurushanwa babaga baturutse mu mujyi wa Kigali, kandi baje guhagararira Intara z’iwabo.

-1837.jpg

Abakobwa bose uko bari 11

Aba bakobwa bose baje bateze bavuye i Kigali bavuga ko bifuza guserukira Intara y’u Burasirazuba, ahakomereje amajonjora yo gushaka uzambikwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016 yabereye mu Karere ka Kayonza, muri Silent Hill Hotel, kuri uyu wa 17 Mutarama 2015. umuntu akaba yakwibaza niba ku ivuko ntabokobwa beza bahaba.

Aba bakobwa 11bujuje ibyangombwa bahatanye ni:

1. Kaneza Nickita wavutse mu 1996, ufite ibiro 51 n’uburebure bwa 1m76cm
2. Akili Delyla wavutse mu 1996, ufite ibiro 57 n’uburebure bwa 1m74cm
3. Kalingirwa Ange wavutse mu 1991, ufite ibiro 50 n’uburebure bwa 1m78cm
4. Ikirezi Sandrine wavutse mu 1996, ufite ibiro 67 n’uburebure bwa 1m76cm
5. Musanabera Sylvie wavutse mu 1993, ufite ibiro 61 n’uburebure bwa 1m70cm
6. Gisubizo Abi Gaelle wavutse mu 1995, ufite ibiro 60n’uburebure bwa 170
7. Uwimana Ariane wavutse mu 1994, ufite ibiro 59 n’uburebure bwa 1m75
8. Umutoni Ruth wavutse mu 1996, ufite ibiro 66 n’uburebure bwa 1m75cm
9. Irakoze Ornella wavutse mu 1996, ufite ibiro 46 n’uburebure bwa 1m71cm
10. Uwase Rangira Jean d’Amour wavutse mu 1997, ufite ibiro 45 n’ubrebure bwa 1m76cm
11. Umutoniwse Laurence wavutse mu 1994, ufite ibiro 55 n’uburebure bwa 1m70cm

Hari amakuru avuga ko abakobwa benshi bajya kwiyamamariza mu Ntara baba batinye ko i Kigali bazahahurira n’abandi benshi beza, bityo bo bagahitamo kujya kugeragereza amahirwe yabo mu Ntara hakiri kare, batinya kuvamo.

Ikinyamakuru Izuba Rirashe cyifuje kumenya impamvu aba bakobwa bava i Kigali bakaza kwiyamamariza mu Ntara, nuko kivugana nabo.

-1839.jpg

Aha uyu mukobwa yapimwaga ibiro (Ifoto/Irakoze R.)

-1841.jpg
Aba bakobwa babanzaga gupimwa indeshyo

Umwe muri bo ni uwitwa Uwase Rangira Jean d’Amour, utuye we n’umuryango we muri Kimironko, mu Karere ka Gasabo ho mu Mujyi wa Kigali. Aha Kigali niho Uwase aniga, aho arangije umwaka wa Gatandatu muri Glory Secondary School.

Uyu mukobwa yabwiye Iki Kinyamakuru ko impamvu yaje kwiyamamariza mu Burasirazuba ari uko ari ho umuryango we wose ukomoka. Yagize ati “Mu Burasirazuba niho nkomaka, akaba ari ho ba sogokuru baba; niho ba papa bose bavuka na mama rero naje kuhiyamamariza kuko numva ko naza guhagararira ahantu nkomoka akaba ari ho nshyira aha mbere mu gihugu hakagaragara ko haturuka abantu beza bashoboye kuba baserukira igihugu mu bwiza.”

-1840.jpg
Aba bakobwa 11 bose ni Abanyakigali bateze bakaza kwiyamamariza mu Ntara (Ifoto/Irakoze R.)

Undi mukobwa witwa Ikirezi Sandrine, we yabwiye Izuba Rirashe ko iwabo aho abana n’umuryango we ari Gikondo mu mujyi wa Kigali. We avuga ko impamvu yaje kwiyamamariza mu karere ka Kayonza ari uko ari ho ababyeyi be baturuka, kandi ko ari ho yakuriye yumva yifuza guhagararira.

Harimo n’abatsinzwe amajonjora baragaruka


-1838.jpg

Umwe mu bakobwa yiyandikisha mu marushanwa yabereye Kayonza (Ifoto/Irakoze R.)

Muri aba bakobwa harimo uwitwa Gisubizo Abi Gaelle wari wagaragaye mu majonjora yabereye mu Ntara y’Amajyepfo, muri Huye kuri uyu wa Gatandatu, ariko kuri uyu munsi yagarutse kurushanwa mu Burasirazuba.
We avuga ko yaje kurushanwa mu Burasirazuba kuko yahawe andi mahirwe yo gusubiramo, agasubiriramo mu Ntara iyo ari yo yose yifuza.

-1842.jpg

Yagize “Ejo nari muri Huye ndushanwa ariko ntabwo nari nateguye umushinga numva nakora ndamutse nambitswe ikamba rya Nyampinga, banyemereye rero ko najya mu Ntara iyo ari yo yose nkongera nkarushanwa, ubu nagarutse noneho niteguye kurushaho.”

Ku bwa Ishimwe Dieudonne utegura aya marushanwa, we avuga ko batita ku hantu umukobwa yaturutse, ko umukobwa wese yemerewe kwiyamamariza mu Ntara yose ashaka.

Yagize ati “Icyo twifuza ni uko umukobwa azagira icyo amarira Intara azaba yaserukiye, ariko ntabwo twirirwa tureba aho umuntu yaje aturuka. Twe icyo dushaka si aho umukobwa yaturutse, icyo tureba ni icyo umarira aho watorewe.”
Hitezwe ko i Kigali haziyamamariza abakobwa benshi, hagendewe ku mubare w’abamaze kuhiyandikisha bari hejuru cyane y’abiyandikishije mu Ntara.

M.Fils

2016-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yageze muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro 2023 isezereye Marine FC ku giteranyo cy’ibitego 6-3

APR FC yageze muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro 2023 isezereye Marine FC ku giteranyo cy’ibitego 6-3

Ubwanditsi 26 Apr 2023
AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe

AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe

RUSHYASHYA 07 Jul 2026
AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

AS Kigali yiyongereye kuri APR FC ku makipe ahatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma yo gutsinda Police FC 2-0, Mukura VS yongera gutsindirwa mu rugo.

Ubwanditsi 14 May 2021
APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Ubwanditsi 23 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali na Gasogi United zishobora guhanishwa gucibwa amande y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda kubera kuva mu gikombe cy’Amahoro 2023
Amakuru

AS Kigali na Gasogi United zishobora guhanishwa gucibwa amande y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda kubera kuva mu gikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 09 Feb 2023
Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga
ITOHOZA

Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?
Amakuru

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Ubwanditsi 28 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru