• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Miss Rwanda 2016: Iburasirazuba abakobwa bose baje mu irushanwa ni abanya Kigali

Miss Rwanda 2016: Iburasirazuba abakobwa bose baje mu irushanwa ni abanya Kigali

Ubwanditsi 18 Jan 2016 IMIKINO

Abakobwa 11 bitabiriye amarushanwa ya Miss Rwanda baje guhagararira Intara y’u Burasirazuba nta numwe uba muri iyi Ntara, bose baje baturutse i Kigali.

Ibi bijya gusa n’ibyo mu zindi Ntara aho benshi mu bakobwa bagiye baza kurushanwa babaga baturutse mu mujyi wa Kigali, kandi baje guhagararira Intara z’iwabo.

-1837.jpg

Abakobwa bose uko bari 11

Aba bakobwa bose baje bateze bavuye i Kigali bavuga ko bifuza guserukira Intara y’u Burasirazuba, ahakomereje amajonjora yo gushaka uzambikwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016 yabereye mu Karere ka Kayonza, muri Silent Hill Hotel, kuri uyu wa 17 Mutarama 2015. umuntu akaba yakwibaza niba ku ivuko ntabokobwa beza bahaba.

Aba bakobwa 11bujuje ibyangombwa bahatanye ni:

1. Kaneza Nickita wavutse mu 1996, ufite ibiro 51 n’uburebure bwa 1m76cm
2. Akili Delyla wavutse mu 1996, ufite ibiro 57 n’uburebure bwa 1m74cm
3. Kalingirwa Ange wavutse mu 1991, ufite ibiro 50 n’uburebure bwa 1m78cm
4. Ikirezi Sandrine wavutse mu 1996, ufite ibiro 67 n’uburebure bwa 1m76cm
5. Musanabera Sylvie wavutse mu 1993, ufite ibiro 61 n’uburebure bwa 1m70cm
6. Gisubizo Abi Gaelle wavutse mu 1995, ufite ibiro 60n’uburebure bwa 170
7. Uwimana Ariane wavutse mu 1994, ufite ibiro 59 n’uburebure bwa 1m75
8. Umutoni Ruth wavutse mu 1996, ufite ibiro 66 n’uburebure bwa 1m75cm
9. Irakoze Ornella wavutse mu 1996, ufite ibiro 46 n’uburebure bwa 1m71cm
10. Uwase Rangira Jean d’Amour wavutse mu 1997, ufite ibiro 45 n’ubrebure bwa 1m76cm
11. Umutoniwse Laurence wavutse mu 1994, ufite ibiro 55 n’uburebure bwa 1m70cm

Hari amakuru avuga ko abakobwa benshi bajya kwiyamamariza mu Ntara baba batinye ko i Kigali bazahahurira n’abandi benshi beza, bityo bo bagahitamo kujya kugeragereza amahirwe yabo mu Ntara hakiri kare, batinya kuvamo.

Ikinyamakuru Izuba Rirashe cyifuje kumenya impamvu aba bakobwa bava i Kigali bakaza kwiyamamariza mu Ntara, nuko kivugana nabo.

-1839.jpg

Aha uyu mukobwa yapimwaga ibiro (Ifoto/Irakoze R.)

-1841.jpg
Aba bakobwa babanzaga gupimwa indeshyo

Umwe muri bo ni uwitwa Uwase Rangira Jean d’Amour, utuye we n’umuryango we muri Kimironko, mu Karere ka Gasabo ho mu Mujyi wa Kigali. Aha Kigali niho Uwase aniga, aho arangije umwaka wa Gatandatu muri Glory Secondary School.

Uyu mukobwa yabwiye Iki Kinyamakuru ko impamvu yaje kwiyamamariza mu Burasirazuba ari uko ari ho umuryango we wose ukomoka. Yagize ati “Mu Burasirazuba niho nkomaka, akaba ari ho ba sogokuru baba; niho ba papa bose bavuka na mama rero naje kuhiyamamariza kuko numva ko naza guhagararira ahantu nkomoka akaba ari ho nshyira aha mbere mu gihugu hakagaragara ko haturuka abantu beza bashoboye kuba baserukira igihugu mu bwiza.”

-1840.jpg
Aba bakobwa 11 bose ni Abanyakigali bateze bakaza kwiyamamariza mu Ntara (Ifoto/Irakoze R.)

Undi mukobwa witwa Ikirezi Sandrine, we yabwiye Izuba Rirashe ko iwabo aho abana n’umuryango we ari Gikondo mu mujyi wa Kigali. We avuga ko impamvu yaje kwiyamamariza mu karere ka Kayonza ari uko ari ho ababyeyi be baturuka, kandi ko ari ho yakuriye yumva yifuza guhagararira.

Harimo n’abatsinzwe amajonjora baragaruka


-1838.jpg

Umwe mu bakobwa yiyandikisha mu marushanwa yabereye Kayonza (Ifoto/Irakoze R.)

Muri aba bakobwa harimo uwitwa Gisubizo Abi Gaelle wari wagaragaye mu majonjora yabereye mu Ntara y’Amajyepfo, muri Huye kuri uyu wa Gatandatu, ariko kuri uyu munsi yagarutse kurushanwa mu Burasirazuba.
We avuga ko yaje kurushanwa mu Burasirazuba kuko yahawe andi mahirwe yo gusubiramo, agasubiriramo mu Ntara iyo ari yo yose yifuza.

-1842.jpg

Yagize “Ejo nari muri Huye ndushanwa ariko ntabwo nari nateguye umushinga numva nakora ndamutse nambitswe ikamba rya Nyampinga, banyemereye rero ko najya mu Ntara iyo ari yo yose nkongera nkarushanwa, ubu nagarutse noneho niteguye kurushaho.”

Ku bwa Ishimwe Dieudonne utegura aya marushanwa, we avuga ko batita ku hantu umukobwa yaturutse, ko umukobwa wese yemerewe kwiyamamariza mu Ntara yose ashaka.

Yagize ati “Icyo twifuza ni uko umukobwa azagira icyo amarira Intara azaba yaserukiye, ariko ntabwo twirirwa tureba aho umuntu yaje aturuka. Twe icyo dushaka si aho umukobwa yaturutse, icyo tureba ni icyo umarira aho watorewe.”
Hitezwe ko i Kigali haziyamamariza abakobwa benshi, hagendewe ku mubare w’abamaze kuhiyandikisha bari hejuru cyane y’abiyandikishije mu Ntara.

M.Fils

2016-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Meddy Yishimiye bikomeye n’impano yahawe na Miss Kate Bashabe

Meddy Yishimiye bikomeye n’impano yahawe na Miss Kate Bashabe

Ubwanditsi 07 Nov 2016
APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

Ubwanditsi 29 Oct 2023
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 01 Nov 2021
Rayon Sports igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Mukura ku bitego 4-3

Rayon Sports igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Mukura ku bitego 4-3

Ubwanditsi 13 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane
Amakuru

Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane

Ubwanditsi 27 Oct 2024
“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 25 Apr 2025
Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC
Amakuru

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru