• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga

Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga

Ubwanditsi 27 Jan 2017 ITOHOZA

Ibintu birimo kubera ku isi bigenda bihangayikisha umubare munini w’abayituye, ndetse n’abo bidahangayikishije nabo babona ibintu bigenda bihinduka mu gihe gito bakabiburira igisubizo.

Abahanga bareba kure bakaba bemeza ko ibintu biri kubaho bidashobora gusiga isi yacu amahoro, nubwo abantu benshi bafite icyizere ko bizarangira amahoro ko ibihe nkibi byahozeho.

Kuri uyu wakane tariki ya 26 Mutarama 2017 nibwo abashakasatsi n’abahanga muby’ubumenyi batangaje ko munyigo bakoze ko isaha yabo hasigaye iminota 2 n’amasegonda 30 ngo saa sita z’ijoro zigere maze isi ihinduke umuyonga cg yinjire mugihe cy’icuraburindi.

-5536.jpg

Abashakasatsi n’abahanga mu by’ubumenyi bw’Isi

-5537.jpg

Ibi babivuga hakurikije inyigoy’ibintu byinshi ntabwo bareba ikintu kimwe ngo aricyo bibandaho. Ubwo ibi byatangarizwaga i Chicago muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aba bahanga batunze agatoki aba perezida batandukanye bashobora kugira uruhare muri ibi bikorwa byarimbura isi.

Kumwanya wambere haza perezida Donald Trump w’Amerika na Vladimir Putin w’Uburusiya. Bavuze ko igihe turimo ntaho gitandukaniye nicyo 1953 ubwo Amerika yarigiye kurwana na Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete icyo gihe bakaba bari bagiye guterana ibisasu bya kirimbuzi bita Hydrogen Bombe.

Aha twababwira ko iyi mbombe isumba inshuro 1330 iyo bakoresheje Hiroshima mu Japan yitwa Bombe Atomic.

-5534.jpg

Ikinyamakuru cy’aba bahanga The Bulletin of Atomic Scientists, mu byingenzi cyashingiyeho ngo ibi byemezwe, hakozwe ubushakashatsi bw’ukuntu ibihugu biri mu irushanwa mu gucura intwaro za kirimbuzi nka Nuclear arms, umubare w’abategetsi babahezanguni ukomeje kwiyongera henshi ku isi, hanyuma ihinduka ry’ikirere, iterabwoba, n’ibindi bikorwa.

Umwanzuro wemeje ko ibi biganisha isi mu icuraburindi ndetse ryanatuma umubarew’ ikiremwamuntu ukendera.

Mu myaka itatu ishize, urushinge rw’iyi saha rwari kuminota 3, ariko ngo urebye ibirimo kuba ubu biteye ubwoba.

Bavuze ko mu minsi mike ishize perezida w’Amerika arahiriye kuyobora, bimaze kugaragara ko imiyoborere ye izaba imeze nk’iyabahezanguni kuburyo bitazatuma ibintu biba bibi ku isi.

Ibi bizatuma buri gihugu kizajya kitegura ikindi mu buryo bwibanga kimwe gihite gikocora ikindi ntanibiganiro bibayeho. Kuba Trump yaravuze ko agiye gushyira imbara mu gukora intwaro za kirimbuzi za nuclear ngo ni ikintu cyahaye ibindi bihugu uburyo bwo gukora irushanwa muri izi ntwaro bamwe bazikora abandi bakora izibarinda.

Bivugwa ko imiyoborere ya Trump isa niyo mu myaka ya za 1980, aho Amerika yavugaga ibihugu byinshi bigatitira ndetse bikihutira gushyira mu bikorwa ibyo byategetswe none ubu ibintu byarahindutse niyo mpamvu uburyo bw’imikoranire hagati y’ibihugu bugomba nabwo guhinduka.

-5535.jpg

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko ikoranabuhanga naryo rigeze ahantu ribangamiye ikiremwamuntu ngo kuko ryahinduye indangagaciro zacyo kuburyo ubu muntu bumaze gutakara none umuntu arafata imyifatire nka robot.

Uwahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete Mikhail Gorbachev abajijwe kuri iki cyegeranyo kuri uyu wagatanu tariki 27 Mutarama 2017, yavuze ko isi imaze kurengwa n’ibibazo by’urusobe, ati isi ntishobora kuzasohoka muri ibi bibazo idasigaranye inguma zizatwara igihe kinini kugira ngo zikire. Gorbachev yavuze ko atangazwa n’ukuntu kurushanwa mu gucura intwaro bifite umuvuduo ukabije ndetse byabaye ikibazo cyihutirwa kubihugu by’ibihangage.

Gorbachev yakomeje yibutsa abantu ko kubona Uburayi butangiye gukwirakwizwamo ibitwaro bya rutura bikozwe n’umuryango wo gutabarana NATO ushaka gutera Uburusiya ari ikimenyetso simusiga kigaragaza ko isi iri mu mazi abira avuga ko nk’umuntu wategetse igihugu cyigihangage azi icyo biriya bivuze.

Yakomeje avuga ko kuba ibi byose bikorwa abantu bakabireba nkaho ntacyo bivuze, ati biteye ubwoba kuko isi igomba gushaka ukuntu yagarurira ibintu hafi ngo kuko Uburusiya bufite intwaro z’ubwoko bukomeye butarakoreshwa, kandi akaba atari igihugu bakagombye kuvogera kubera intwaro n’imbaraga gifite.

-5533.jpg

Uwahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete Mikhail Gorbachev

Gorbachev yakomeje yemeza ko ubu ibitwaro by’umuryango wo gutabarana wa NATO n’Uburusiya birimo kurebana, nubwo bitegura intambara bucece ngo kuri we ntagushidikanya ko intambara ya 3 y’isi iri kumuryango. Uyu musaza yavuze ko umuriro utazatinda kwaka hagati ya Donald Trump na Vladimir Putin nubwo bisa naho bazakorana ngo abantu bamenye ko inyungu z’Amerika zihabanye kure ni z’Uburusiya ngo kandi ntibyakunda ko basangira inyungu ahantu ahariho hose.

Ati nubwo Umuryango w’Abibumbye wafashwe bugwate n’ibihugu bimwe na bimwe byibihangage arabishishikariza kuvugana ukuri mbere yuko amazi arenga inkombe.

Mu gihe twemeza ko ikiremwa muntu kimaze gutera imbere mu nzego zitandukanye, amaherezo y’iterambere ryacyo ryaba ari irihe? Ese umuntu niwe waba ugiye kuzirangiriza isi ubwe? Tubitege amaso turebe ko abiyita abanyabwenge bakoresha ubwenge bwabo mu kugarura ibintu mu buryo nubwo isi igiye kumera nk’igikamyo cyacitse feri kigeze ahamanuka.

Hakizimana Themistocle

2017-01-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 15 Sep 2017
Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Ubwanditsi 02 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda
Mu Rwanda

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania
Mu Rwanda

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Dore ibintu 10 bizakubwira ko umukunzi wawe agukunda urw’agahararo
HIRYA NO HINO

Dore ibintu 10 bizakubwira ko umukunzi wawe agukunda urw’agahararo

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru