• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga

Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga

Ubwanditsi 27 Jan 2017 ITOHOZA

Ibintu birimo kubera ku isi bigenda bihangayikisha umubare munini w’abayituye, ndetse n’abo bidahangayikishije nabo babona ibintu bigenda bihinduka mu gihe gito bakabiburira igisubizo.

Abahanga bareba kure bakaba bemeza ko ibintu biri kubaho bidashobora gusiga isi yacu amahoro, nubwo abantu benshi bafite icyizere ko bizarangira amahoro ko ibihe nkibi byahozeho.

Kuri uyu wakane tariki ya 26 Mutarama 2017 nibwo abashakasatsi n’abahanga muby’ubumenyi batangaje ko munyigo bakoze ko isaha yabo hasigaye iminota 2 n’amasegonda 30 ngo saa sita z’ijoro zigere maze isi ihinduke umuyonga cg yinjire mugihe cy’icuraburindi.

-5536.jpg

Abashakasatsi n’abahanga mu by’ubumenyi bw’Isi

-5537.jpg

Ibi babivuga hakurikije inyigoy’ibintu byinshi ntabwo bareba ikintu kimwe ngo aricyo bibandaho. Ubwo ibi byatangarizwaga i Chicago muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aba bahanga batunze agatoki aba perezida batandukanye bashobora kugira uruhare muri ibi bikorwa byarimbura isi.

Kumwanya wambere haza perezida Donald Trump w’Amerika na Vladimir Putin w’Uburusiya. Bavuze ko igihe turimo ntaho gitandukaniye nicyo 1953 ubwo Amerika yarigiye kurwana na Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete icyo gihe bakaba bari bagiye guterana ibisasu bya kirimbuzi bita Hydrogen Bombe.

Aha twababwira ko iyi mbombe isumba inshuro 1330 iyo bakoresheje Hiroshima mu Japan yitwa Bombe Atomic.

-5534.jpg

Ikinyamakuru cy’aba bahanga The Bulletin of Atomic Scientists, mu byingenzi cyashingiyeho ngo ibi byemezwe, hakozwe ubushakashatsi bw’ukuntu ibihugu biri mu irushanwa mu gucura intwaro za kirimbuzi nka Nuclear arms, umubare w’abategetsi babahezanguni ukomeje kwiyongera henshi ku isi, hanyuma ihinduka ry’ikirere, iterabwoba, n’ibindi bikorwa.

Umwanzuro wemeje ko ibi biganisha isi mu icuraburindi ndetse ryanatuma umubarew’ ikiremwamuntu ukendera.

Mu myaka itatu ishize, urushinge rw’iyi saha rwari kuminota 3, ariko ngo urebye ibirimo kuba ubu biteye ubwoba.

Bavuze ko mu minsi mike ishize perezida w’Amerika arahiriye kuyobora, bimaze kugaragara ko imiyoborere ye izaba imeze nk’iyabahezanguni kuburyo bitazatuma ibintu biba bibi ku isi.

Ibi bizatuma buri gihugu kizajya kitegura ikindi mu buryo bwibanga kimwe gihite gikocora ikindi ntanibiganiro bibayeho. Kuba Trump yaravuze ko agiye gushyira imbara mu gukora intwaro za kirimbuzi za nuclear ngo ni ikintu cyahaye ibindi bihugu uburyo bwo gukora irushanwa muri izi ntwaro bamwe bazikora abandi bakora izibarinda.

Bivugwa ko imiyoborere ya Trump isa niyo mu myaka ya za 1980, aho Amerika yavugaga ibihugu byinshi bigatitira ndetse bikihutira gushyira mu bikorwa ibyo byategetswe none ubu ibintu byarahindutse niyo mpamvu uburyo bw’imikoranire hagati y’ibihugu bugomba nabwo guhinduka.

-5535.jpg

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko ikoranabuhanga naryo rigeze ahantu ribangamiye ikiremwamuntu ngo kuko ryahinduye indangagaciro zacyo kuburyo ubu muntu bumaze gutakara none umuntu arafata imyifatire nka robot.

Uwahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete Mikhail Gorbachev abajijwe kuri iki cyegeranyo kuri uyu wagatanu tariki 27 Mutarama 2017, yavuze ko isi imaze kurengwa n’ibibazo by’urusobe, ati isi ntishobora kuzasohoka muri ibi bibazo idasigaranye inguma zizatwara igihe kinini kugira ngo zikire. Gorbachev yavuze ko atangazwa n’ukuntu kurushanwa mu gucura intwaro bifite umuvuduo ukabije ndetse byabaye ikibazo cyihutirwa kubihugu by’ibihangage.

Gorbachev yakomeje yibutsa abantu ko kubona Uburayi butangiye gukwirakwizwamo ibitwaro bya rutura bikozwe n’umuryango wo gutabarana NATO ushaka gutera Uburusiya ari ikimenyetso simusiga kigaragaza ko isi iri mu mazi abira avuga ko nk’umuntu wategetse igihugu cyigihangage azi icyo biriya bivuze.

Yakomeje avuga ko kuba ibi byose bikorwa abantu bakabireba nkaho ntacyo bivuze, ati biteye ubwoba kuko isi igomba gushaka ukuntu yagarurira ibintu hafi ngo kuko Uburusiya bufite intwaro z’ubwoko bukomeye butarakoreshwa, kandi akaba atari igihugu bakagombye kuvogera kubera intwaro n’imbaraga gifite.

-5533.jpg

Uwahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete Mikhail Gorbachev

Gorbachev yakomeje yemeza ko ubu ibitwaro by’umuryango wo gutabarana wa NATO n’Uburusiya birimo kurebana, nubwo bitegura intambara bucece ngo kuri we ntagushidikanya ko intambara ya 3 y’isi iri kumuryango. Uyu musaza yavuze ko umuriro utazatinda kwaka hagati ya Donald Trump na Vladimir Putin nubwo bisa naho bazakorana ngo abantu bamenye ko inyungu z’Amerika zihabanye kure ni z’Uburusiya ngo kandi ntibyakunda ko basangira inyungu ahantu ahariho hose.

Ati nubwo Umuryango w’Abibumbye wafashwe bugwate n’ibihugu bimwe na bimwe byibihangage arabishishikariza kuvugana ukuri mbere yuko amazi arenga inkombe.

Mu gihe twemeza ko ikiremwa muntu kimaze gutera imbere mu nzego zitandukanye, amaherezo y’iterambere ryacyo ryaba ari irihe? Ese umuntu niwe waba ugiye kuzirangiriza isi ubwe? Tubitege amaso turebe ko abiyita abanyabwenge bakoresha ubwenge bwabo mu kugarura ibintu mu buryo nubwo isi igiye kumera nk’igikamyo cyacitse feri kigeze ahamanuka.

Hakizimana Themistocle

2017-01-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana  wamwicishije

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017

Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017

Ubwanditsi 05 Jan 2017
USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Ubwanditsi 18 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutsiro: Polisi yataye muri yombi uwashakaga guha ruswa umupolisi
Mu Rwanda

Rutsiro: Polisi yataye muri yombi uwashakaga guha ruswa umupolisi

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Abirukanwe muri Tanzania ngo inzara irabatera kwirukankana imbehe mu baturanyi
Mu Mahanga

Abirukanwe muri Tanzania ngo inzara irabatera kwirukankana imbehe mu baturanyi

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu
INKURU NYAMUKURU

Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu

Ubwanditsi 17 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru