• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 21 Jul 2019 IMIKINO

Ikipe y’igihugu ya Algérie yegukanye Igikombe cya Afurika ku nshuro ya kabiri ku wa Gatanu ubwo yari imaze gutsinda Sénégal igitego 1-0 ku mukino wa nyuma w’irushanwa ry’uyu mwaka ryabereye mu Misiri, yageze iwabo kuri uyu wa Gatandatu ikorerwa akarasisi kadasanzwe.

Igitego cya Baghdad Bounedjah ku munota wa gatatu w’umukino cyahesheje igihugu cye kwegukana iri rushanwa cyaherukaga mu 1990.

Ubwo Les Fennecs yageraga muri Algérie, yasanze ibihumbi by’abatuye iki gihugu buzuye imbere y’ikibuga cy’indege cya Houari Boumediene mu murwa mukuru Alger.

Televiziyo y’iki gihugu yerekanye kapiteni w’ikipe, Riyad Mahrez ateruye igikombe ubwo yasohokaga mu ndege, aho hamwe na bagenzi be bari bambaye imidali mu ijosi.

Ikipe yari yateguriwe itapi itukura ishyirirwaho abanyacyubahiro, yakiriwe na Minisitiri w’Intebe Noureddine Bedoui.

Abakinnyi bahise bajya mu modoka yari ishushanyijeho inyenyeri ebyiri zigaragaza igikombe cya kabiri batwaye ndetse yanditseho n’amagambo agira ati ‘Dutewe ishema na mwe’ ari mu cyarabu cyangwa iki-Berber.

Abakinnyi bagiye basuhuza abafana mu muhanda, bazenguruka ibice bitandukanye by’Umujyi.

Ibi bihumbi by’abafana byarimo abaje bitwaje amabendera y’igihugu mu gihe abandi bari bambaye imyenda y’ikipe yabo.

Ibi byabaye nk’ibitanga umutozo kuri uyu wa Gatandatu mu gihe iki gihugu kimaze iminsi kivugwamo kwigaragambya gukomeye kwanatumye uwari Perezida, Abdelaziz Bouteflika yegura ku buyobozi muri Mata.

Kuva icyo gihe, hakomeje kuba imyigaragambyo, abadashyigikiye ubutegetsi bwariho basaba abahoze bakorana na Bouteflika ko na bo batanga ubuyobozi.

Ikipe y’igihugu ya Algerie yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2019 yageze iwabo kuri uyu wa Gatandatu

Abakinnyi bari bateguriwe bus iriho inyenyeri ebyiri zingana n’ibikombe bya Afurika imaze kwegukana

Abanya-Algerie baje kwakira ikipe yabo bari biganjemo abaje bitwaje amabendera y’igihugu

Byari ibyishimo kuri Les Fennecs yaherukaga kwegukana CAN mu 1990

Umutekano wari wakajijwe mu murwa mukuru Alger

Abakinnyi bagendaga bapepera abaturage baje kwishimira igikombe

Ibihumbi by’abanya-Algerie bakiriye ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

2019-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Ubwanditsi 21 Jan 2024
Leicester city ikomeje kwanikira abakeba mu nzira igana ku gikombe

Leicester city ikomeje kwanikira abakeba mu nzira igana ku gikombe

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Minisitiri Mushikiwabo yahaye ikaze abakinnyi n’abafana baje muri CHAN 2016

Minisitiri Mushikiwabo yahaye ikaze abakinnyi n’abafana baje muri CHAN 2016

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara

Umutoza wungirije wa APR FC Pablo Morchón Yamaze Kuhasesekara

Ubwanditsi 16 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga muri Tanzania, abacuruzi arabahanura
Mu Mahanga

Perezida Kagame yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga muri Tanzania, abacuruzi arabahanura

Ubwanditsi 01 Jul 2016
RDC: Jean Pierre Bemba yageze i Kinshasa agiye guhatana mu matora ya Perezida
POLITIKI

RDC: Jean Pierre Bemba yageze i Kinshasa agiye guhatana mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru