• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Editorial 05 Jul 2018 ITOHOZA

Umukobwa wa Col. Aloys Nsekarije, Akana Alice, wabaye igihe kinini mu Bubiligi yatangaje ko muri iki gihugu hari abanyarwanda bakigendera mu macakubiri y’irondakoko n’irondakarere ndetse ngo hari n’insengero zihariwe buri bwoko.

Ibi yabikomojeho mu kiganiro yari yatumiwemo kuri Televiziyo y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Nyakanga 2018 cyari gifite insanganyamatsiko igira iti ‘‘Urugendo rwo kwibohora no gusigasira ibayagezweho’’.

Akana yavuze ko mu bihugu by’amahanga, hari abanyarwanda bacyibona mu ndorerwamo y’amoko ku buryo bashyiraho aho abo bumva ibintu kimwe bazajya bahurira.

Yatanze urugero rw’ibiba mu Bubiligi agira ati ‘‘Habaho ibyiciro byinshi cyane. Habaho insengero z’abahutu, iz’abatutsi, iz’abanyenduga, iz’abakiga n’utubari bagendamo.’’

Yakomeje avuga ko abana b’abanyarwanda bari hanze by’umwihariko mu Bubiligi hari abafite amakuru mabi ku gihugu, bitewe n’uko baba baboshywe n’amateka y’ababyeyi babo bafite ibyo bicyeka bigatuma badasura u Rwanda cyangwa ngo baruvuge neza.

Ati “ [Abo bana] Ntabwo bafite uwo mwanya wo gukurikira iby’u Rwanda, ibyo bakurikira by’u Rwanda ni ibyo bahererwa mu rugo iwabo […] ikintu mbona cyakorwa ni ugufata urubyiruko ruri hano [mu Rwanda] rutari muri politike bakarujyana i Burayi bagakina n’abana bari i Burayi b’abanyarwanda babaganiriza u Rwanda. Ibi bizatuma abana bari hariya babohoka […] mu rugo kwa kanaka barabikumvisha baravuga bati hariya ni mu batutsi hariya ni mu baki […] hari igihe kigera ukumva iby’u Rwanda bitakikureba.”

Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, Bamporiki Edouard, nawe wari muri iki kiganiro yavuze ababyeyi nk’aba bakibaswe n’ingengabitekerezo ishingiye ku moko bagendera kuri politiki yaranze u Rwanda mu myaka ya 1959 kugeza 1993; ndetse ko ari ibintu bigwingiza ababakomokaho mu ntekerezo.

Ati “Iyi myaka yose ishize abantu bari kwiyubaka nta musanzu yaduteye kandi nawe ntawo yiteye. Ni ukuvuga ngo aracyaboshywe, umwana wavukira muri uwo muryango byagorana kuvuga ngo yahita amera nk’uwavukiye mu muryango muzima umwereka ibizima. Ni ukuvuga ngo ni umwana wagwingiye mu ntekerezo aho gukura ajya imbere agenda asubira inyuma mu ntekerezo zipfuye z’abakurambere be batekereje batyo.’’

Nk’uko Bamporiki yakomeje abisobanura ngo guhindura umwana wavukiye kandi agakurira mu myumvire y’ababyeyi bakiboshye n’ingengabitekerezo ‘ni ikintu gikomeye cyane dufitemo inshingano yaba itorero cyangwa n’igihugu muri rusange’.

Bamporiki yasabye ababyeyi bari hanze y’u Rwanda bafite impamvu zibabuza kuza mu gihugu cyababyaye, badakwiye kubuza abana babo kukigeramo.

Ati ‘‘Umuntu wumva ibyaha yakoze no gukomereka kwe bitatuma agera mu Rwanda, nahe amahirwe umwana we ahagere, kuko abenshi bazirika abo bana bo baranahabaye, u Rwanda barubayemo imyaka nka 40 baragenda, ariko ntashaka guha umwana we amahirwe yo kurubamo n’umunsi umwe ngo arugire urwe rumukamire nawe azarurage abe.’’

Akana Alice na se Nsekarije Aloys

Buri mwaka Leta y’u Rwanda itegura Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, ikitabirwa n’abayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu, aho abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda bayitabira.

Hari kandi izindi gahunda zirimo nk’Itorero ry’Igihugu rifasha abanyeshuri b’abanyarwanda baba mu mahanga gusogongera ku ndangagaciro n’umuco wa kinyarwanda.

Rwanda Day nayo ni ikindi gikorwa gifasha abari mu mahanga kumenya aho igihugu kigeze mu iterambere, bakanasobanurirwa umusanzu bitezweho ngo gikomeze kwiyubaka.

 

 

2018-07-05
Editorial

IZINDI NKURU

USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya  ‘ The Nantucket Project ‘

USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya ‘ The Nantucket Project ‘

Editorial 17 Sep 2017
Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Editorial 31 Oct 2017
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Editorial 27 May 2017
Uko  Abami 3 baheruka gutegeka mu Rwanda bazize umuvumo wo kutubahiriza amabwiriza y’ubwiru

Uko Abami 3 baheruka gutegeka mu Rwanda bazize umuvumo wo kutubahiriza amabwiriza y’ubwiru

Editorial 06 Jan 2017
USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya  ‘ The Nantucket Project ‘

USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya ‘ The Nantucket Project ‘

Editorial 17 Sep 2017
Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Editorial 31 Oct 2017
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Editorial 27 May 2017
Uko  Abami 3 baheruka gutegeka mu Rwanda bazize umuvumo wo kutubahiriza amabwiriza y’ubwiru

Uko Abami 3 baheruka gutegeka mu Rwanda bazize umuvumo wo kutubahiriza amabwiriza y’ubwiru

Editorial 06 Jan 2017
USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya  ‘ The Nantucket Project ‘

USA: Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ngarukamwaka ya ‘ The Nantucket Project ‘

Editorial 17 Sep 2017
Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Editorial 31 Oct 2017
prev
next

3 Ibitekerezo

  1. Shimon
    July 5, 20188:00 pm -

    Ariko ariko ariko, Alice wee, ahahahaa, nzaba numva!

    Subiza
  2. ndirwanda
    July 6, 20189:28 am -

    simon wimuseka kuko ibyo avuga nukuri ababyeyi bakwiye gutoza abana ko abanyarwanda ari bamwe niba ikibazo kiri kubayobozi bakaba aribyo bababwira kuko mu rwanda akenshi uyo boye ashaka iturufu ituma aramba kubuyobozi ikaba ethnic kdi nubwo bwoko siko bukira bwose cyeretse abatoneshejwe.rubanda rugufi ruhora mubibazo niko mbibona

    Subiza
  3. NTAMBARA Jean
    July 10, 20182:52 pm -

    Mwene Macinya yaravangiwe!
    Uziko so yatubujije kwiga sha? Mwe amashuri barayabaha muyatera inyoni, none ngo uje guteta aha utubwira ubusa….. Mbese wowe na musaza wawe Mitsindo ko babohereje i buraya kwiga bikabananirs, muragira ngo HE abamarire iki kandi muri inanga?
    HE yaragowe gutegeka abantu bameze nkawe….

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru