• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Editorial 12 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Iyi ni inkuru yanditswe n’Umunyamerika Michael Rubin wigisha mu kigo cyitwa American Enterprise Institute (AEI) akaba yayisohoye uyu munsi tariki ya 11 Werurwe 2012 mu kinyamakuru cyitwa The National Interest. Tugiye kubagezaho uko yayanditse mu Kinyarwanda.

Ubwo hari ku itariki ya  27 Gicurasi 2009, Urukiko rw’I Dallas  muri leta ya Texas, rwakatiye abantu batanu bagize Holy Land Foundation igifungo kiri hagati y’imyaka cumi n’itanu na mirongo itandatu n’itanu bazira  gutanga inkunga y’ibikoresho k’umutwe w’iterabwoba wa Hamas.

Mu gihe uyu muryango wakusanyaga amafaranga yo gushyigikira iterabwoba, wavuze ko ushaka gushyira mu bikorwa ibisubizo by’imibabaro y’abantu binyuze muri gahunda z’ubutabazi ku mibereho y’abatishoboye, abadafite aho bahungira, n’abimuwe bafite ibibazo by’ibiza biturutse ku bantu.

Bamwe mu bantu benshi bo  mu bahanga bigisha muri za Kaminuza, abaharanira uburenganzira bwa muntu, ndetse n’abadipolomate bakaba barashyigikiye iki gikorwa kuko bizeraga uyu muryango wigaragazaga nkaho uharanira amahoro nubwo hari ibimenyetso simusiga byagaragazaga ko ukora ibitandukanye nibyo uvuga.

Amategeko y’Amerika yerekeye gutanga inkunga ku mitwe y’iterabwoba yagenwe mu ngingo yayo ya 18 Kode y’Amerika § 2339B itangaza ko “Umuntu wese utera inkunga cyangwa utanga ubufasha ku mitwe y’iterabwoba cyangwa utekereza kubikora azacibwa amande n’iri tegeko cyangwa agafungwa bitarenze imyaka 20, cyangwa akaba yahabwa ibyo bihano  byombi, mu gihe uwapfuye, uregwa  azafungwa igihe runaka cyangwa se agafungwa ubuzima bwe bwose. ”

Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina, umunyamahoteri wamenyekanye cyane muri filime “Hotel Rwanda” yo mu 2004 rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora kujyanwa mu  nkiko.

Filime “Hotel Rwanda”  yasohoye ikenarekanwa muri Hollywood , ibimenyetso byerekana ko imbaraga yakoresheje nyuma yo gukoresha izina nyuma yo kwamamara yishoye mu bikorwa by’iterabwoba. Urebye ibikinwa mu Film ariko nturebe ibyo ashinjwa bwaba ari ubunebwe bw’itangazamakuru.

Bamwe mu banyamakuru bagaragaje ibyo Rusesabagina ashinjwa.  Harimo Joshua Hammer, wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu nyandiko yanditse mu kinyamakuru New York Times Magazine mu ntangiriro z’uku kwezi.

Agaragaza ibikorwa bya Rusesabagina birya mu nda abamushyigikiye. Yaba umujyanama we mu itangazamakuru ariwe Kitty Kurth ndetse n’undi mujyanama we Brian Endless wigisha muri Kaminuza ya Loyola ntawigeze akandagiza ikirenge cye mu Rwanda. Ikibashishikaje ni ukwamamaza ibitekerezo bya Rusesabagina aho bashinja Perezida Kagame kwica Abahutu

Yaba Hotel Rwanda Ruseabagina Foundation nka Holy Land Foundation bose bakoraga ibikorwa batavugaga mu ruhame. Nta hantu nahamwe wabona ko Fondation ya Rusesabagina hari ibikorwa by’ubufasha yigeze ikora mu Rwanda cyangwa se ahandi ku isi. Nkuko tubikesha imibare yatanzwe na ProPublica, yemeza ko Fondation ya Rusesabagina yohereje amafaranga kuva muri Amerika iyoherereje FDLR muri Kongo. Ibi bimenyetso bimaze imyaka isaga icumi bikaba byaratumye abazwa mu Bubiligi, byari bihagije kuba abamufasha muri ibi bikorwa bari bakwiye gukora isuzuma rigaragaza icyo amafaranga batanga akora.

Mu nyandiko yatambutse mu Kinyamakuru Daily Beast, abakobwa barerwa na Paul Rusesabagina akaba ari n’abe mu mategeko Carine na Anaise Kanimba, bashinje ubuyobozi bwa Perezida Biden ko bwananiwe gufunguza Rusesabagina, ariko ntaho bahakana ibyo ashinjwa cyane cyane koherereza FDLR amafaranga cyangwa guhamagarira abantu kurema imitwe y’iterabwoba.

Bagize bati “Turi umuryango wizera kandi wavuye kure, tuzi kandi ikiguzi cya demokarasi”. Nubwo bavuze ibi ntibazi ko domakarasi ari ugukurikiza amategeko kandi bikaba Atari ukwitwaza amerika kugirango ushyigikire imitwe y’iterabwoba. Iri niryo somo abashyigikiye Holy Land Foundation babonye ndetse n’abashyigikiye Rusesabagina bazabona urubanza rwe nirutangira.

Abahohotewe n’iterabwoba mu Rwanda mu myaka mike ishize n’imitwe iterwa inkunga na Rusesabagina ndetse nabo baburanishwa kuko nabo bakeneye ubutabera.

2021-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Editorial 02 Sep 2019
Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si  Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Editorial 12 Jul 2022
FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Editorial 11 Sep 2025
Cristiano Ronaldo yagaragaje uburakari bwinshi mu mukino Portugal yanganyije na Serbia mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Cristiano Ronaldo yagaragaje uburakari bwinshi mu mukino Portugal yanganyije na Serbia mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Editorial 28 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Martin yavuze ko Fondation ya Rusesabagina yagiraga uruhare mu kotsa igitutu amahanga ndetse yanafashije mu gutanga amakuru menshi afifitse yifashishijwe mu ngirwa raporo yitwa Mapping Report
Amakuru

Dr Martin yavuze ko Fondation ya Rusesabagina yagiraga uruhare mu kotsa igitutu amahanga ndetse yanafashije mu gutanga amakuru menshi afifitse yifashishijwe mu ngirwa raporo yitwa Mapping Report

Editorial 25 Mar 2021
Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo
Mu Mahanga

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Editorial 24 Oct 2017
Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 23 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru