• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Editorial 09 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Tariki ya 4 Ukuboza 2022 Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo Antoine Tshisekedi Tshilombo yaganiraga n’urubyiruko rurenga 250 yaratunguranye avuga amagambo atabaho muri dipolomasi n’imibanire y’ibihugu yemeza ko agiye gukura ku butegetsi Perezida Kagame watowe n’Abanyarwanda mu mwaja wa 2017.

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yahamagariye abanyekongo gufasha Abanyarwanda gukuraho ubutegetsi bwa Kagame ariko abo yita abanyarwanda ni ingabo z’abajenosideri za FDLR zimufasha mu rugamba ahanganyemo n’umutwe wa M23 dore ko arizo zibasha kwihangana ku rugamba zigahunga nyuma mu gihe ingabo za Kongo FARDC ziba zayabangiye ingata urugamba rugikubita.

Ubwo hari mu muhango wo kurahira wa Minisitiri w’ubuzima Dr Nsanzimana Sabin n’umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri ariwe Yvan Butera tariki ya 30 Ugushyingo 2022 Perezida Kagame yagarutse ku kibazo cya Kongo bitirira u Rwanda avuga uburyo harimo kwigira nyoni nyinshi mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke muri Kongo.

Perezida Kagame Yatangarije abari bitabiriye uwo muhango n’Abanyarwanda muri rusange ko yasabye Perezida Tshisekedi kureka u Rwanda na Kongo bagakemura ikibazo cya FDLR ariko undi arahakana nyuma nibwo byaje kumenyekana ko ahubwo akorana nayo akaba yarayibikiye ngo imufashe kurwanya M23.

Ntabwo bikiri ibanga ko Tshisekedi yagiranye amabanga na M23: Yitegura kwiyamamaza yabonaga ingabo zose ziri inyuma ya Perezida Joseph Kabila utari wemerewe kwiyamamaza ahubwo agashyiraho Emmanuel Ramazani Shadary watsinzwe cyane amatora. Shadary ntabwo yari gutsinda abatavuga rumwe na Kabila bari bihuje ngo batange umukandida umwe rukumbi mu mishyikirano yabereye I Geneve mu Busuwisi yamaze iminsi ine uhereye tariki 4 Nzeli 2018 yahuje abari bemerewe kwiyamamaza aribo Felix Tshisekedi, Vital Kamerhe, Martin Fayulu na Freddy Matungulu ikitabirwa kandi nabatari bemerewe kwiyamamaza aribo Moise Katumbi, Jean Pierre Bemba na Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe uhora yifuza ko Kongo yatera u Rwanda ikarwigarurira.

Perezida Kabila nawe utari urangaye yaciyemo kabiri iri tsinda yiyegereza Tshisekedi kuko yari azi neza ko uwo yaha umugisha wese yatsinda amatora dore ko bigoye kubona indorerezi zakwira igihugu cyose. Niko byagenze Tshisekedi yiyomoye kuri babandi bihuzaga avugwa ko yatsinze amatora.

Uwitwa Martin Fayulu yanze ibyavuyemo amahanga arahaguruka ariko nayo ntiyavuga rumwe cyane ko byagaragaraga ko nta matora yabaye mu mucyo.
Tshisekedi akimara kuba Perezida yiyegereje bikomeye abahoze ari abarwanyi ba M23 dore ko biberaga mu ishyamba hafi n’umupaka wa Uganda igihe kirekire kugirango bazakore umutwe w’ingabo bahuriyemo n’ingabo za Bemba ushinzwe kurwanya imitwe yitwaje intwaro no kurinda Tshisekedi. Mu buryo bw’ibanga itsinda rihagarariye M23 ryamaze amezi 14 I Kinshasa muri Apartment ku butumire bwa Perezida Tshisekedi nyuma riragaruka.

Tshisekedi nubwo yabaye Perezida nta badepite bahagije bari kumufasha mu nteko ishinga amategeko kuko ihuriro rye ryatsindiye imyanya 46 gusa naho ihuriro cya Kabila ritsindira imyanya 350. Ntabwo byumvikana uburyo Tshisekedi yatsinda amatora ya Perezida wa Repubulika agatsindwa ayabadepite, amatora yabereye umunsi umwe. Perezida Tshisekedi yabaye nka Perezida udafite amaboko, atangira kuyobora yiyegereza ibihugu by’abaturanyi bamushinja kubana n’u Rwanda na Uganda kuko u Rwanda rwabaye iturufu yo kwamamara muri politiki muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Nyuma yo gusinya amasezerano menshi y’ubufatanye n’u Rwanda na Uganda, Tshisekedi yokejwe igitutu nabo batavuga rumwe banga u Rwanda muri kamere yabo nka Martin Fayulu na Dr Denis Mukwege bityo bigarurira imitima ya benshi mu bakongomani.

Tshisekedi wabonaga yiyegereza ibihugu by’abaturanyi kukoi Kinshasa nta bwinyagamburiro yari afite. Abenshi bavugaga ko Kabila ariwe Perezida nyawe, nyuma aza kumwigobotora. Tshisekedi abonye ko manda igiye kurangira nibwo nawe yakinye iturufu nk’abandi bakongomani banga u Rwanda ajya muntero yabo.

Ubu muri Kongo yaba Tshisekedi uri kubutegetsi yaba abamurwanya bose intero ni imwe ni u Rwanda. Abari abashyitsi badasanzwe ba Tshisekedi aribo M23 nibwo batangiye kugabwaho ibitero kugirango agaragaze ko nawe arwanya abavuga ururimi rw’ikinyarwanda abegeka ku Rwanda nuko intambara yaM23 yari imaze imyaka hafi icumi isinziriye irongera ibyuka gutyo.

Tshisekedi yakinnye ikarita itukura yiyegereza imitwe yitwara intwaro ngo irwanye M23 ariko ntabwo bizamuhira dore ko hiyongeraho kubiba ingengabitekerezo yo guhiga icyitwa umunyarwanda wese cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi bamwe bagatwikwa abandi bakicwa mu ruhame. Nta numwe wabihanuwe.

Amagambo Tshisekedi yatangaje yo gukuraho Perezida Kagame ninka yandogobe iba igiye gupfa igatera imigeri. Nawe arabibona ko atigeze atsinda amatora ntabwo yategura andi atiteguye kuyatora dore ko noneho na Perezida Kabila wamushyize ku butegetsi ubu bazaba bahanganye.

2022-12-09
Editorial

IZINDI NKURU

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Editorial 21 Jan 2024
Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Editorial 27 Feb 2016
CNLG yashimye ababa mu Bubiligi batambamiye kandidatire z’abapfobya Jenoside

CNLG yashimye ababa mu Bubiligi batambamiye kandidatire z’abapfobya Jenoside

Editorial 08 Sep 2018
Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Editorial 12 Apr 2016
Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Editorial 21 Jan 2024
Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Editorial 27 Feb 2016
CNLG yashimye ababa mu Bubiligi batambamiye kandidatire z’abapfobya Jenoside

CNLG yashimye ababa mu Bubiligi batambamiye kandidatire z’abapfobya Jenoside

Editorial 08 Sep 2018
Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Editorial 12 Apr 2016
Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Editorial 21 Jan 2024
Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Editorial 27 Feb 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru