• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Editorial 09 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Tariki ya 4 Ukuboza 2022 Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo Antoine Tshisekedi Tshilombo yaganiraga n’urubyiruko rurenga 250 yaratunguranye avuga amagambo atabaho muri dipolomasi n’imibanire y’ibihugu yemeza ko agiye gukura ku butegetsi Perezida Kagame watowe n’Abanyarwanda mu mwaja wa 2017.

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yahamagariye abanyekongo gufasha Abanyarwanda gukuraho ubutegetsi bwa Kagame ariko abo yita abanyarwanda ni ingabo z’abajenosideri za FDLR zimufasha mu rugamba ahanganyemo n’umutwe wa M23 dore ko arizo zibasha kwihangana ku rugamba zigahunga nyuma mu gihe ingabo za Kongo FARDC ziba zayabangiye ingata urugamba rugikubita.

Ubwo hari mu muhango wo kurahira wa Minisitiri w’ubuzima Dr Nsanzimana Sabin n’umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri ariwe Yvan Butera tariki ya 30 Ugushyingo 2022 Perezida Kagame yagarutse ku kibazo cya Kongo bitirira u Rwanda avuga uburyo harimo kwigira nyoni nyinshi mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke muri Kongo.

Perezida Kagame Yatangarije abari bitabiriye uwo muhango n’Abanyarwanda muri rusange ko yasabye Perezida Tshisekedi kureka u Rwanda na Kongo bagakemura ikibazo cya FDLR ariko undi arahakana nyuma nibwo byaje kumenyekana ko ahubwo akorana nayo akaba yarayibikiye ngo imufashe kurwanya M23.

Ntabwo bikiri ibanga ko Tshisekedi yagiranye amabanga na M23: Yitegura kwiyamamaza yabonaga ingabo zose ziri inyuma ya Perezida Joseph Kabila utari wemerewe kwiyamamaza ahubwo agashyiraho Emmanuel Ramazani Shadary watsinzwe cyane amatora. Shadary ntabwo yari gutsinda abatavuga rumwe na Kabila bari bihuje ngo batange umukandida umwe rukumbi mu mishyikirano yabereye I Geneve mu Busuwisi yamaze iminsi ine uhereye tariki 4 Nzeli 2018 yahuje abari bemerewe kwiyamamaza aribo Felix Tshisekedi, Vital Kamerhe, Martin Fayulu na Freddy Matungulu ikitabirwa kandi nabatari bemerewe kwiyamamaza aribo Moise Katumbi, Jean Pierre Bemba na Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe uhora yifuza ko Kongo yatera u Rwanda ikarwigarurira.

Perezida Kabila nawe utari urangaye yaciyemo kabiri iri tsinda yiyegereza Tshisekedi kuko yari azi neza ko uwo yaha umugisha wese yatsinda amatora dore ko bigoye kubona indorerezi zakwira igihugu cyose. Niko byagenze Tshisekedi yiyomoye kuri babandi bihuzaga avugwa ko yatsinze amatora.

Uwitwa Martin Fayulu yanze ibyavuyemo amahanga arahaguruka ariko nayo ntiyavuga rumwe cyane ko byagaragaraga ko nta matora yabaye mu mucyo.
Tshisekedi akimara kuba Perezida yiyegereje bikomeye abahoze ari abarwanyi ba M23 dore ko biberaga mu ishyamba hafi n’umupaka wa Uganda igihe kirekire kugirango bazakore umutwe w’ingabo bahuriyemo n’ingabo za Bemba ushinzwe kurwanya imitwe yitwaje intwaro no kurinda Tshisekedi. Mu buryo bw’ibanga itsinda rihagarariye M23 ryamaze amezi 14 I Kinshasa muri Apartment ku butumire bwa Perezida Tshisekedi nyuma riragaruka.

Tshisekedi nubwo yabaye Perezida nta badepite bahagije bari kumufasha mu nteko ishinga amategeko kuko ihuriro rye ryatsindiye imyanya 46 gusa naho ihuriro cya Kabila ritsindira imyanya 350. Ntabwo byumvikana uburyo Tshisekedi yatsinda amatora ya Perezida wa Repubulika agatsindwa ayabadepite, amatora yabereye umunsi umwe. Perezida Tshisekedi yabaye nka Perezida udafite amaboko, atangira kuyobora yiyegereza ibihugu by’abaturanyi bamushinja kubana n’u Rwanda na Uganda kuko u Rwanda rwabaye iturufu yo kwamamara muri politiki muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Nyuma yo gusinya amasezerano menshi y’ubufatanye n’u Rwanda na Uganda, Tshisekedi yokejwe igitutu nabo batavuga rumwe banga u Rwanda muri kamere yabo nka Martin Fayulu na Dr Denis Mukwege bityo bigarurira imitima ya benshi mu bakongomani.

Tshisekedi wabonaga yiyegereza ibihugu by’abaturanyi kukoi Kinshasa nta bwinyagamburiro yari afite. Abenshi bavugaga ko Kabila ariwe Perezida nyawe, nyuma aza kumwigobotora. Tshisekedi abonye ko manda igiye kurangira nibwo nawe yakinye iturufu nk’abandi bakongomani banga u Rwanda ajya muntero yabo.

Ubu muri Kongo yaba Tshisekedi uri kubutegetsi yaba abamurwanya bose intero ni imwe ni u Rwanda. Abari abashyitsi badasanzwe ba Tshisekedi aribo M23 nibwo batangiye kugabwaho ibitero kugirango agaragaze ko nawe arwanya abavuga ururimi rw’ikinyarwanda abegeka ku Rwanda nuko intambara yaM23 yari imaze imyaka hafi icumi isinziriye irongera ibyuka gutyo.

Tshisekedi yakinnye ikarita itukura yiyegereza imitwe yitwara intwaro ngo irwanye M23 ariko ntabwo bizamuhira dore ko hiyongeraho kubiba ingengabitekerezo yo guhiga icyitwa umunyarwanda wese cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi bamwe bagatwikwa abandi bakicwa mu ruhame. Nta numwe wabihanuwe.

Amagambo Tshisekedi yatangaje yo gukuraho Perezida Kagame ninka yandogobe iba igiye gupfa igatera imigeri. Nawe arabibona ko atigeze atsinda amatora ntabwo yategura andi atiteguye kuyatora dore ko noneho na Perezida Kabila wamushyize ku butegetsi ubu bazaba bahanganye.

2022-12-09
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 14 Apr 2020
Umuhanzi Theo Bosebabireba  wakubutiwe Kampala yamaze kuva mubitaro aho yararwariye

Umuhanzi Theo Bosebabireba wakubutiwe Kampala yamaze kuva mubitaro aho yararwariye

Editorial 03 Feb 2018
Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Editorial 26 Dec 2021
Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Editorial 16 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madonna yambuwe ububasha ku ibaruwa yandikiwe na Tupac ihishura uko bakundanye mu ibanga
SHOWBIZ

Madonna yambuwe ububasha ku ibaruwa yandikiwe na Tupac ihishura uko bakundanye mu ibanga

Editorial 24 Apr 2018
Jay Polly ageze mageragere gusoza ibihano bye-SOMA INKURU
HIRYA NO HINO

Jay Polly ageze mageragere gusoza ibihano bye-SOMA INKURU

Editorial 29 Aug 2018
Nibarize Ingabire Victoire
INKURU NYAMUKURU

Nibarize Ingabire Victoire

Editorial 21 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru