• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Editorial 09 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

U Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afrika, ku rutonde rwerekana uko ibihugu bikurikirana mu kugendera ku mategeko.

Buri mwaka, urubuga mpuzamahanga” World Justice Project Rule of Law Index(WJP)” rushyira ahagaragara ibyavuye mu bushakashatsi rukora, bukerekana uko ibihugu bikurikirana mu kugendera ku mategeko.

Mu gutanga amanota kuri buri gihugu, impuguke za WJP zigendera ku bipimo byinshi, birimo uburyo guverinoma ikorera mu mucyo, ubwigenge bw’urwego rw’ubucamanza, ingamba zo gukumira no guhana ibyaha bya ruswa n’akarengane, uruhare rw’abaturage mu ishyirwaho ry’amategeko abarengera, iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’ibanze bw’umuturage, n’ibindi.

Urutonde rwasohowe uyu mwaka wa 2024, rurerekana uko ibihugu byarushanyijwe mu kugendera ku mategeko muw’2023, rukaba rureba ibihugu 137 byakozweho ubushakashatsi.

Nyuma yo kwegeranya amakuru yose rero, u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika, rukaba urwa 37 mu bihugu 137 byakozweho ubushakashatsi.

Mu bihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba(EAC), nyuma y’uRwanda, Tanzaniya niyo ipfa kuza hafi, kuko iri ku mwaka wa 96 ku isi.

Kenya ni iya gatatu muri EAC, ikaba iy’103.

Uganda ni iya 4, ikaza ari iy’123 ku isi, naho Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ni iya 5 muri EAC, ikaba iy’134 ku isi, mu bihugu 137 biri ku rutonde.

Ibihugu bya Sudani y’Epfo n’u Burundi byo ntibiri ku rutonde, ngo kuko abashakashatsi ba WJP batabashije kubona amakuru yizewe abyerekeye.

Ku birebana n’u Rwanda by’umwihariko, World Justice Project Rule of Law 2024 ivuga ko ubwiyongere bw’abaturage buri ku muvuduko ukabije, bikaba bisaba imbaraga kubabonera iby’ibanze nkenerwa, nk’ibiribwa, ubuvuzi, uburezi, amacumbi aboneye, amazi meza, amashanyarazi, n’ibindi.

WJP isoza ishimira ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu guhangana n’icyo kibazo,
zirimo gukangurira abaturage uburyo bunyuranye bwo kuboneza urubyaro.

Ikindi u Rwanda rushimirwa ni uburyo rwashoboye guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, gushyiraho no kubahiriza amategeko arengera uburenganzira bwa buri wese ngo bikaba byarafashije cyane mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.

2024-07-09
Editorial

IZINDI NKURU

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Editorial 05 Aug 2023
Uganda: Abakozi ba ISO  bashimuta impunzi bazikangisha  kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Uganda: Abakozi ba ISO bashimuta impunzi bazikangisha kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Editorial 22 Nov 2017
Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Editorial 24 Sep 2019
Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Editorial 13 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza  yatangiye kunuganugwa
POLITIKI

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Editorial 13 Jan 2020
Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda
Amakuru

Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda

Editorial 11 Nov 2024
Kwataka Perezida Ni Nko Gukina N’umuriro- Uvugira Umuhungu Wa Museveni, Gen Muhoozi
ITOHOZA

Kwataka Perezida Ni Nko Gukina N’umuriro- Uvugira Umuhungu Wa Museveni, Gen Muhoozi

Editorial 22 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru