• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Editorial 15 Dec 2016 Mu Mahanga

Kuwa gatatu tariki ya 14 Ukuboza 2016, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru habereye inama nyunguranabitekerezo y’umunsi umwe yahuje Polisi y’u Rwanda n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye hano mu Rwanda. Muri iki kiganiro,Polisi y’u Rwanda yagejeje ku banyamakuru ishusho y’umutekano, aho ibyaha byagabanyutseho 12% muri rusange.

Iyi nama yahuje abanyamakuru na Polisi y’u Rwanda yari ifite insanganyamatiko igira iti:”Uruhare rw’itangazamakuru mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Atangiza iyi nama ku mugaragaro, Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Jonhston Busingye yashimye ubufatanye Polisi y’u Rwanda ifitanye n’itangazamakuru hagamijwe kubahiriza amategeko.

Kuri iyi ngingo yavuze ati:’’Birazwi ko itangazamakuru ari ubutegetsi bwa 4, kandi bufite inshingano zabwo, ntitwarwanya ibyaha n’ibibangamira umutekano w’abandi tudafite amakuru, kandi aha ni ho itangazamakuru nk’urwego rufite ubushobozi bwo guhindura imyumvire rusabwa guhanahana amakuru n’izindi nzego atuma ibyaha bikumirwa.”

Yakomeje avuga ati:”Ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu, ruswa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bishobora gusenya igihugu cyangwa bikabangamira iterambere twiyemeje, ni ngombwa rero ko habaho ubufatanye bw’abanyamakuru kuko ijwi ryabo rigera ku banyarwanda benshi.”

Muri iyo nama, umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) Georges Rumanzi, yabwiye abanyamakuru ko impanuka zo mu muhanda ahanini ziterwa n’uburangare bw’abashoferi ndetse n’umuvuduko ukabije, ariko ko zishobora no gutezwa n’ibikorwa remezo nk’imihanda bitagendanye n’umubare w’ibinyabiziga byinjira mu Rwanda. Aha yavuze ati:”Kuva mu mwaka wa 2011 kugeza muri uyu mwaka wa 2016, mu Rwanda hinjiye ibinyabiziga 85, 223, ni ukuvuga ko buri mwaka hinjira ibinyabiziga 17,044, bisobanuye ko buri kwezi ku muhanda hiyongera ibinyabiziga 1420, bikaba bigaragara ko ibinyabiziga byiyongera ndetse n’abababitwara bariyongera.

Yakomeje avuga ko ababuriye ubuzima mu mpanuka zo mu muhanda muri uyu mwaka ari 114, abakomeretse cyane ni 230 naho abakomeretse byoroheje ni 730, ugereranyije n’igihembwe gishize usanga impanuka zo mu muhanda zaragabanutseho 37%.

Umuyobozi w’ishami ry’ubugenzacyaha (CID) muri Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Morris Muligo yavuze ko muri rusange ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize.

Mu byaha byari ku isonga muri uyu mwaka harimo gukubita no gukomeretsa, kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge, gusambanya abana, ubujura buciye icyuho n’ubudakoresheje kiboko.

Yakomeje avuga ati:” bimwe mu byatumye ibi byaha bigabanuka uko habayeho ubufatanye bushimishije hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage, ndetse n’izindi nzego mu gukumira no kurwanya ibyaha muri rusange.”

Umuyobozi w’ishami rishinzwe ibikorwa muri Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) Emmanuel Butera, yashishikarije abanyamakuru gukangurira abanyarwanda kuzizihiza iminsi mikuru isoza n’itangira umwaka mu mahoro n’umutekano. Aha yavuze ati:”Tugiye kujya mu minsi mikuru isoza n’itangira umwaka mudufashe gukangurira abanyarwanda kwishima ariko banazirikana ko ntawe ukwiye gutakaza ubuzima mu buryo bw’amaherere kandi ko ntawe ukwiye guhungabanya umutekano w’abandi.”

Yakomeje avuga ati:”Twese dufatanye ngo umutekano wacu ukomeze kuba mwiza, twirinda ibyaha kandi tubizeza ko Polisi y’u Rwanda ifite ububasha n’ubushobozi mu kubabungabungira umutekano ariko ni ngombwa ko dufatanya.”

Hatanzwe ibiganiro birimo icy’uruhare rw’itangazamakuru mu iterambere rirambye, uruhare rw’itangazamakuru mu gukumira no kurwanya ibyaha níbindi.

Asoza iyi nama ku mugaragaro, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana yashimiye abanayamakuru kubera inkunga batanga mu kubaka igihugu

Yavuze ati:”Uruhare n’ubufatanye dufitanye ni ingenzi mu gukumira no kurwanya ibyaha no gushyira mu bikorwa amategeko, kugira amakuru ni imbaraga ariko kuyakoresha ni imbaraga nyinshi cyane.”

Abakora ibyaha barakoresha ikoranabuhanga kubatahura birasaba ubufatanye buhambaye mu ikoranabuhanga, ni byiza ko twasubiramo amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’itangazamakuru mu rugamba rwo gushaka umutekano.”

Yasoje yifuriza abanyamakuru kuzarangiza umwaka mu mahoro no gutangira umushya mu mutekano.

-5043.jpg

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana

Inama yasojwe abayitabiriye biyemeje ko habaho gufatanya hagati ya Polisi y’u Rwanda n’itangazamakuru mu kwigisha abaturarwanda amategeko y’umuhanda no kubakangura kuyubahiriza, by’umwihariko abanyamaguru, itangazamakuru ryiyemeje kugira uruhare mu gukumira ibyaha rihanahana amakuru na Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego zibishinzwe, ryiyemeje kandi gukurikiza amategeko mu gutara no gutangaza amakuru yimakaza amahoro, umutekano n’iterambere birambye.

Itangazamakuru ryaniyemeje kugira uruhare mu gukangurira abaturarwanda kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka bubahiriza amategeko, yaba ayo mu muhanda cyangwa andi arebana umutekano muri rusange.

RNP

2016-12-15
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Editorial 11 Mar 2024
Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si  Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Editorial 12 Jul 2022
Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Editorial 14 Oct 2016
Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.

Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.

Editorial 01 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Babiri bafunzwe bakekwaho guha ruswa abayobozi b’inzego z’ibanze
Mu Mahanga

Babiri bafunzwe bakekwaho guha ruswa abayobozi b’inzego z’ibanze

Editorial 12 Jan 2017
Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite
Amakuru

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Editorial 03 Dec 2024
Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo
Mu Mahanga

Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Editorial 16 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru