• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Editorial 16 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ubucamanza muri Kongo, Constant Mutamba, mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Leta yishe abantu 172 kuva mu mpera z’umwaka ushize, bazira kuba “Kuluna”, twagereranya na mayibobo cyangwa bamwe biyise” marines”mu Rwanda.

Abo basore n’inkumi bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 16 na 35, bavanywe muri magereza yo mu mijyi ikomeye, ariko cyane cyane muri gereza za Malala na Ndolo zo muri Kinshasa, bajya kwicirwa ahitwa ” Angenga” mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Kongo.

Constant Mutamba, muri Kongo basigaye bita” Minisitiri w’urupfu”, avuga ko ibyo byakozwe mu rwego rwo guca ubugizi bwa nabi bukabije bw’urwo rubyiruko ruzwi nka “kulunas”, dore ko ngo rwari rusigaye rwica, rugasahura, rugafata abagore ku ngufu, inzego z’umutekano zarabuze uko zibyifatamo.

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi kimwe n’imiryango itari iya leta, bikomeje kwamagana iki gikorwa cyo kwica uru rubyiruko, kuko basanga nta na rimwe igihano cyo kwicwa kizakemura ibibazo by’ingutu Kongo ifite.

Abamaganye iyicwa ry’aba basore, basanga ubutegetsi bwa Tshisekedi bwaragombaga gukemura ikibazo cy’ubugizi bwa nabi buhereye ku ntandaro yabwo. Ni ukuvuga kurwanya bukene bukabije, ruswa n’akarengane, byatumye ubutegetsi butakaza icyizere n’ ijambo mu baturage.

Abasesenguzi kandi bemeza ko intambara z’urudaca muri Kongo zongereye ubugizi bwa nabi mu rubyiruko, dore ko rwakwirakwijwemo intwaro, rutozwa kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi bikorwa by’urugomo.

Aho kurandura ibitera ubushyamirane rero, kwigisha imyuga urubyiruko no kurushakira imirimo, Leta ya Tshisekedi irashaka kwihesha igitinyiro ku ngufu, ibinyujije mu kwica abaturage.

Abahanga bemeza ko igihano gifite akamaro ari igiha umunyabyaha amahirwe yo guhinduka no kwikosora, ari nayo mpamvu ibihugu byinshi ku isi byakuyeho igihano cy’urupfu.

Kongo yo iracyatsimbaraye, ikaba ari kimwe mu bihugu bike bigifite icyo gihano cy’urupfu mu mategeko yabyo. Nyamara na Perezida Tshisekedi ubwe yivugira ko” ubucamanza bwa Kongo burwaye”, bivuze ko ntawakwizera ibihano butanga, birimo n’icyo kwicwa.

Abanyamategeko bavuga ko ruriya rubyiruko rwishwe rutahawe ubutabera bwuzuye, kuko rwahamijwe icyaha mu nkiko z’ibanze gusa, ntirwahabwa amahirwe yo kujurira mu zindi nzego zisumbuyeho. Umwe mu bunganiraga mu mategeko abo basore yabwiye BBC ati:” Igihano cyo kwica ntigihugukirwa. Byarashobokaga ko aba bantu baburana kuzageza no mu rukiko rusesa imanza, ndetse na nyuma y’urwo rugendo rwose, rukaba rwarashoboraga kuzasaba imbabazi Perezida wa Repubulika, akaba ari we wemeza ko rwicwa cyangwa ruhabwa ibindi bihano”.

Akarengane n’urwango byahawe intebe muri Kongo, ku buryo hari n’impungenge ko iki gihano cyo kwicwa cyazakoreshwa nko kwikiza uwo leta idashaka.

Butya rero hari ibihugu bisa n’ibyarenze ihaniro. Muri Kongo niho Leta ishobora kwica abantu 172 ya miryango ngo” iharanira uburenganzira bwa muntu” ikaruca ikarumira. Niho honyine Leta irasa abanyururu basaga 1.000 mu ijoro rimwe, nk’uko byagenze muri gereza ya Makala muri rya kinamico bise ko abanyururu bashakaga gutoroka, ntibigire inkurikizi. Muri Kongo niho honyine barasa mu nkambi z’impunzi nk’uko byagenze i Kibumba no mu mujyi wa Goma, umuryango mpuzamahanga, harimo n’iyo Loni, inahafite abasirikari, ugaterera agati mu ryinyo!

Nyamara Leta y’uRwanda ijyana inzererezi mu bigo ngororamuco, aho abasore n’inkumi bigishwa imyuga izabahindurira ubuzima, induru zikavuga.Ibyo ntawe bigitesha umwanya ariko, kuko twasanze uko zahabu icishwa mu muriro ati ko irushaho kubengerana.

2025-01-16
Editorial

IZINDI NKURU

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Editorial 03 Mar 2023
RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

Editorial 17 Jan 2020
Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Editorial 06 Sep 2017
Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Editorial 04 Oct 2018
Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Editorial 03 Mar 2023
RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

Editorial 17 Jan 2020
Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Editorial 06 Sep 2017
Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Editorial 04 Oct 2018
Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Editorial 03 Mar 2023
RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

Editorial 17 Jan 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru