• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Willis Shalita, aragira icyo avuga kunyandiko ya Rudasingwa

Willis Shalita, aragira icyo avuga kunyandiko ya Rudasingwa

Ubwanditsi 15 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, POLITIKI

Sinashoboye kwihanganira guseka, ubwo narimo gusoma inyandiko ya Rudasingwa, yanditse ku wa 30 Kamena 2019 muri “ THE RWANDAN”, iyo nyandiko ikaba yarifite umutwe ugira uti” General Kayumba Nyamwasa must account for the loss of Rwandan lives in DRC”

Ugenekereje mu Kinyarwanda bisobanura ngo Jenerali Kayumba Nyamwasa agomba kubazwa urupfu rw’Abanyarwanda baguye muri Kongo Kinshasa.

Ibi si ibanga, ko Rudasingwa atari yubahiriza indahiro  yagiriye imbere y’ibiro by’ikirenga, yanakoze mo igihe kirekire. None se ni kuki yatekereza ko ubu hari uwakwemera ibyo avuga, uretse iteshamutwe gusa.

Mur’iyi nyandiko, Rudasingwa yemera ibintu byinshi, kandi ibyinshi muri byo yarabiryojwe, akatirwa adahari mugihe gisaga imyaka makumyabiri. Urugero, yemera ko hari abarwanyi basaga 400 bari muri DRC, bayobowe na RNC. Kandi akavuga ko abo barwanyi bayobowe na Jenerali Kayumba Nyamwasa, ubu utuye akanarindirwa mu gihugu cya Afurika y’Epfo.”

Urashaka kumenya icyo Rudasoingwa atekereza ku ngabo za  Nyamwasa? Abita inyeshyamba  z’imihirimbiri zahawe akato,  zibunuje kandi  zazahajwe n’ubutindi”

Nkuko Rusasingwa abigaragaza, ngo ntacyigeze gihinduka ku myitwarire ya Nyamwasa.  Akaba amurega ibikorwa bya Jenoside y’Abahutu haba mu Rwanda ndetse no muri DRC.

Umunsi Nyamwasa azatabwa muri ‘yombi, kuko bizaba, akagera mu rukiko, Nyagasani uzamugirire imbabazi, Rudasingwa azaba nk’igisasu gituritse ku bushinjacyaha. Ariko nawe arashakishwa n’ubutabera.

Akomeza avuga kuri Nyamwasa , ari mu buhungiro kuva mu mwaka wa 2010, kandi akaba atarigera yemera ibyaha yakoreye ingabo zari iza RPA.

Icyifuzo cye ntagereranywa cyo gusimbura Perezida Kagame, cyakomeje kumuhuma amaso (Nyamwasa),  kugeza naho yifashishije ibitambo by’Abantu” nkuko byanditswe na  Rudasingwa w’ISHAKWE- RNC, kandi akaba numwe mu bayishinze, abwira abasomyi be ko RNC ubu igeze aharindimuka, kuko ubuyobozi bwayo ari ntakigenda amacakubiri, imyiryane, icyitwa disipuline cyo rwose nticyirangwa muri RNC.

Ihamagazwa n’inkiko bikaba bigikomeza, kuva muri 2016,Nyamwasa yari ayoboye RNC mu bikorwa bya gisirikare ariko mu buryo  bw’ubwiyahuzi, bityo bigatuma haba imfu z’Abanyarwanda nkuko aka kajagari kariho ubu kabigaragaza.

Mbere na mbere, we Nyamwasa yohereje abasaga 400, bari biganjemo cyane cyane abasore b’Abanyarwanda mu mashyamba ya DRC, nta we ushinzwe kubayobora, mu buryo ubwo aribwo bwose, yaba mu rwego rwa politike, urwego rwa gisirikare,ndetse n’uburyo bwo kubatunga. Ibi byose abisangiye na Condo, Nayigiziki, Minani, Hakizimana Micombero, Turayishimye, n’abandi benshi bagize RNC. “N’inshuti zabo nka Rudasingwa.Ugenda ushakisha abanzi.

Hari ikintu kinuka hagati ya Nyamwasa na  Rudasingwa . “ Kuba ari Jenerali ukorera mu biro hirya iyo bigwa muri Afurika y’Epfo, ariko kubera ubugiraneza bwa Afurika Y’Epfo, abifashijwemo na muramu we w’umusivile Frank Ntwali, aya akaba ari amagambo ya Rudasingwa.

Ubushinjacyaha ntibuzigera bukenera irindi perereza, kuko Rudasingwa yararikoze harakabaho Rudasingwa.

Rudasingwa asoza avuga ko bacitsemo ibice, ntabuyobozi haba mu rwego rwa politike, urwego rwa gisirikare, nta bikoresho, bityo ibyubuyobozi bw’izo nyeshyamba zo muri Minembwe bikaba bisigaye ari umugani.

“Birababaje kuba Kagame akeka ko hari  inyeshyamba zihangayikishije uRwanda. Aya kaba ariyo amagambo yavuzwe na Rudasingwa.

Nkaho ibyo bidahagije, Rudasingwa akomeza avuga ko Jenerali Kayumba Nyamwasa na RNC bakwiye kurekeraho kubeshya,  bakerura bakavuga ko ari abanyacyuka kandi ko n’ibyigisirikare batabishoboye.

Nubwo byaba ari imyaka miliyoni sinakwemeranya na Rudasingwa.

Igihe cyizagera Kayumba aryozwe ibyaha yakoze kandi agikomeje gukora kubera imbaga y’Abanyarwanda yaroshye.

2019-07-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Uko Perezida Kagame na FPR- Inkotanyi bakoze ibirenze ibitangaza byananiye andi Mashyaka ya Politiki

Uko Perezida Kagame na FPR- Inkotanyi bakoze ibirenze ibitangaza byananiye andi Mashyaka ya Politiki

Ubwanditsi 18 Oct 2016
FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Ubwanditsi 23 May 2023
Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022
Amakuru

Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Abanyarwanda baba muri Congo no mu Burundi ntibemerewe gutorerayo
Mu Rwanda

Abanyarwanda baba muri Congo no mu Burundi ntibemerewe gutorerayo

Ubwanditsi 04 Aug 2017
Knowless Fan Club (Intwarane) bunamiye abazize Jenoside i Ntarama
SHOWBIZ

Knowless Fan Club (Intwarane) bunamiye abazize Jenoside i Ntarama

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru