• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Editorial 18 Aug 2020 Amakuru, Mu Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana abarwayi basaga 188 bagaragaye mu gihugu baranduye icyorezo cya Covid-19, bigaragaza idohoka rikomeye cyane ku baturarwanda cyane cyane ku batuye mu mujyi wa Kigali mu bice bihurirwamo n’abantu benshi harimo amasoko ndetse na za Gare; byanaviriyemo amasoko abiri akomeye mu mujyi wa Kigali kuba afunzwe mu mu gihe kingana n’iminsi irindwi.

Abinyujije kuri twitter Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye yaburiye abanyarwanda ko bashobora kwisanga basubiye muri gahunda ya Guma mu rugo aribo babyikururiye kubera kutubahiriza amabwiriza yashyizweho mu kwirinda ikwirakwizwa rya Koranavirusi kandi bihora byigishwa mu buryo bwose bushoboka kandi bahora babyumva ko icyo cyorezo gikomeje kugarika ingogo ku isi.


Mu butumwa yanyujije kuri Twitter yagize ati “Mwaramutse #RwOT? #Covid19Watch Kwirinda Covid-19 byaravuzwe, birigishwa, bisubirwamo, ingamba turazibwirwa. Aho kumva ngo twubahirize ibyo dusabwa bamwe bakirara. None guma mu rugo totale turayikozaho imitwe y’intoki, tuyikururiye. Twirinde, Twirinde! Akazi keza, God Bless.”

Ubwandu bwa COVID-19 bukomeje gukwirakwira, ku buryo abanduriye imbere mu gihugu (2092) bamaze gukuba abanduriye mu mahanga, (443), hafi inshuro eshanu.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko isesengura rigaragaza ko hariho ugutezuka mu gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus, aho mu masoko amwe n’amwe abantu batambara udupfukamunwa, abandi bakatwambara nabi ndetse ntibanakarabe uko bikwiriye.

Yavuze ko mu ngamba bagiye gufata harimo gukoresha abakize iyo ndwara, bagatanga ubuhamya bw’uburyo byabagendekeye.
Minisitiri w’ubuzima kandi yashimangiye ko kwigisha ari uguhozaho kuko icyo leta igamije ari uguhangana n’icyorezo ku buryo bwose bushoboka ati “Kwigisha ni uguhozaho, kugira ngo icyo basuzuguraga bamenye ko kitagomba gusuzugurwa, yaba ari amabwiriza, yaba ari ubukana bw’indwara, ndetse ku bushake, n’abantu bahuye na buriya burwayi bakamara iminsi 21 bari mu bigo tubitaho, uzabishaka tuzamuha urubuga rwo gutanga ubuhamya kugira ngo ababwire uburyo cyamubereye ikibazo kuko abantu umenya babifata nk’aho ari ibintu biri kure.”

Urubyiruko rurashyirwa mu majwi mu kurenga nkana ku mabwiriza yashyizweho yo kwirinda Covid-19, nkaho usanga batambara udupfukamunwa uko byagakwiye cyangwa se kuba saa tatu buri munyarwanda wese yakagombye kuba ari mu rugo nkuko amabwiriza ya leta nkuko buri minsi 15 ashyirwa ahagaragara mu myanzuro y’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri, hari kandi abandi banyarwanda benshi bagenda bafatirwa mu ngo zabo barazihinduye akabari biri mu byongera ibyago byo kuba bakwibasirwa n’icyorezo cya Covid-19.

2020-08-18
Editorial

IZINDI NKURU

Al Ahly SC izahura na Raja SC muri 1/4 cya CAF Champions League naho Simba SC ihure ya Orlando Pirates muri Confederations cup 

Al Ahly SC izahura na Raja SC muri 1/4 cya CAF Champions League naho Simba SC ihure ya Orlando Pirates muri Confederations cup 

Editorial 06 Apr 2022
Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Igihe Imperuka Izabera Ntibivugwaho Rumwe Hagati Ya Paster Mpyisi, Musenyeli Philippe Ndetse na John Mugabo

Editorial 26 Jan 2018
U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Uganda mu irushanwa ryo ku rwego rw’Isi rizwi nka Davis Cup

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Uganda mu irushanwa ryo ku rwego rw’Isi rizwi nka Davis Cup

Editorial 05 Jul 2022
Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Editorial 26 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hari Akagambane  Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Hari Akagambane Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Editorial 15 Aug 2018
Hitegurwa shampiyona ya Besketball 2023, abakinnyi 6 bongerewe amasezerano muri APR WBBC
Amakuru

Hitegurwa shampiyona ya Besketball 2023, abakinnyi 6 bongerewe amasezerano muri APR WBBC

Editorial 12 Jan 2023
Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Editorial 23 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru