• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Editorial 10 Aug 2017 Mu Rwanda

Umunyamakuru ukurikiranira hafi ibya politiki z’ibihugu bitandukanye, Mukamabano Madeleine, asanga kuba amashyaka ya opozisiyo ku buyobozi buriho mu Rwanda bifite inkomoko ku makosa akomeye yakoze nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Mukamabano wahoze ari Umunyamakuru wa RFI utegura akanayobora ibiganiro bijyanye na politiki ya Afurika muri rusange, wanakoreye « France Culture » agahabwa igihembo cya “ Prix international Bayeux” nk’umutaramakuru mu bihugu biberamo intambara nyuma ya film mbarankuru ku mateka ya nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko yasanze amashyaka ya opozisiyo ataritaye ku mahano ya Jenoside nk’ikintu cyagombaga gushingirwaho muri politiki y’u Rwanda.

Nubwo amashyaka yitwa aya opozisiyo usanga avugira hanze y’u Rwanda, ubusesenguzi bwa Mukamabano bwerekana ko ariyo yinaniwe, nta guhezwa mu gihe yagendera mu murongo uzirikana amateka ya Jenoside u Rwanda rwanyuzemo.

Yagize ati “Ese opozisiyo nta ntege ifite bitewe n’uko nta mwanya ihabwa? Kubera ko ihozwa ku nkeke cyangwa itemewe? Cyangwa hari izindi mpamvu …Njye nk’umusesenguzi iyo nitegereje, nsanga amashyaka ya opozisiyo yo mu Rwanda, nyuma gato ya Jenoside yarakoze ikosa rikomeye. Nibaza ko yafashe jenoside nka kimwe mu bibazo bisanzwe byabayeho mu mateka ya politiki y’igihugu. Ariko kandi jenoside yaje guhinduka ndetse yagombaga no guhinduka umwanya shingiro w’ubuzima mu bya politiki y’iki gihugu.”

Uyu musesenguzi agaragaza ko nyuma ya miliyoni y’Abatutsi bishwe muri Jenoside n’abandi nka bo bayigizemo uruhare bitashobokaga gukomeza gukora politiki nk’uko byari bisanzwe, bitewe n’uko imitima y’Abanyarwanda yari igifite ibikomere, ubwoba n’urwikekwe bikiri byose.

Yagize ati “Nta kuntu nyuma y’inzirakarengane zirenga miliyoni ndetse n’abicanyi barenga miliyoni politiki yari gukorwa muri iki gihugu nk’uko byahoze mbere. Gukina politiki nk’uko byari bisanzwe, gushondana…Abantu bari bafite ubwoba, imitima yabo yarakutse, bageragezaga kwibagirwa ibyari bimaze kubaho, yaba abakoze jenoside kimwe n’abayikorewe. Politiki ntiyashoboraga gukomeza gukorwa nka mbere.”

“Ntabwo twari gusubira inyuma ariko kandi amashyaka ya poltiki yari mu Rwanda, arimo n’amwe yari akomeye nka MDR yafatwaga nk’ishyaka riza imbere y’andi mu mashyaka ya opozisiyo, barebye u Rwanda nk’indorerezi, ntimwigeze mubona ba kizigenza muri ayo mashyaka bajya hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo kongera kubarema agatima. Ntimwigeze mubona abayobozi b’ayo mashyaka bajya guhoza amarira abari barokotse ndetse n’abahohotewe, ahubwo kuri bo indi paji nshya ko gusakuza yari itangiye nk’uko byari byarahoze. Muri make kuri bo byari nk’aho jenoside yari akanyuzemo, kuri bo ni nkaho ubuzimwa bwari bukomeje nk’uko byahoze mbere.”

Opozisiyo yikoreje Kagame imitwaro iremereye

Mukamabano akomeza avuga ko muri icyo gihe amashyaka ataravugaga rumwe n’ubutegetsi yasigiye Kagame imiruho yose y’igihugu aba ari we uyikorera irimo ibijyanye no kugarura umutekano n’ituze mu gihugu, gusubiza icyizere abicanyi ndetse n’abari barokotse , yo aho kugira icyo akora ‘ngo yari yiyicariye ageretse akaguru ku kandi’, rimwe na rimwe ugasanga abayobozi bayo bari kuzenguruka mu bihugu by’u Burayi bahamagarira imiryango itegamiye kuri leta n’abaterankunga guhagarikira u Rwanda inkunga.

Yagize ati “Sinzigera nibagirwa na rimwe umunsi Faustin Twagiramungu yari i Genève, asaba ko igihugu gihagarikirwa inkunga kugeza nibura nyuma y’itegurwa ry’amatora, ubwo cyari kicyuzuye imirambo, Abanyarwanda basaga miliyoni ebyiri bakiri mu nkambi i Goma. Iryo ni ryo kosa rikomeye ryatumye abantu bibwira bati ‘yego Kagame atera abantu ubwoba, FPR nta muntu uyizi, ni abantu bavuye imahanga batazwi, yewe n’Abatutsi ni bo bake kurenza n’uko byari byarahoze mu gihugu, muri make yarimo adutegurira inzira igana ku miyoborere. Hagati aho ariko muri iyo nzira haje kubaho guhura kw’imitima hagati ya FPR n’abaturage.”

Mu busesenguzi bwa Mukamabano, yitsa cyane ku kuntu bitari byoroshye kubona icyari guhuriza hamwe Abanyarwanda .

Ati “Nyemerera nkoreshe imvugo isa n’aho ari nyandagazi – ni inda yabahurije hamwe, kuko abo bose barimo babona inyungu byashobokaga ko babikuramo. Gutera umugongo ubwicanyi bwari bumaze kubaho, abicanyi bagakorana n’abo biciye, burya iyo ubibonye uri umuntu wo hanze y’igihugu ubibona nk’ikintu cy’indengakamere, iyo ubonye urwo rubyiruko muri za koperative, bamwe muri bo usanga hambere aha bari bafunze none muri iki gihe barangije igifungo cyabo, bari gukorana n’abo biciye.”

Akomeza avuga ko kuba abagize uruhare muri Jenoside bashobora gukorana n’abo bahemukiye ari ukurenga ibibazo bya politiki, iterambere n’ibizanira inyungu abenegihugu bikaba ari byo birangamirwa.

Ati “Mu banyapolitiki ba mbere Twagiramungu ni we wadukanye intero ya “Ntora mpore” yoherereje abicanyi. Ese abahutu bari bagifite ishyushyu ryo guhora, bati ‘noneho dufite Perezida w’Umuhutu tugiye kwihorera? Oya ahubwo ndizera ko bageragezaga kwibagirwa ibyo bari bamaze gukora.

Ariko iyo ndeba ahazaza mbona hari impinduka. Nashimishijwe n’ikiganirompaka ku bijyanye n’imisoro kuko ntekereza ko igishishikaje abantu atari ukumenya niba runaka azaba Senateri cyangwa ahubwo icyo azangezaho ni iki? Ese imisoro izagabanywa, ese nigabanuka leta izakomeza kwishyurira abana buruse, mituweli n’ibindi? Hari isano y’inyungu ku mpande zombi hagati ya leta n’abaturage kandi ndakeka ko abanyapolitiki b’ahazaza bazabyumva kurushaho kuko iyo sano idahari ntacyo gukora politiki byaba bimaze.”

Urubuga rwa politiki mu Rwanda rurafunguye, ushaka gushinga ishyaka arabyemerewe apfa kuba adahutaza ubumwe bw’Abanyarwanda.

Amashyaka ya opozisiyo ku butegetsi yabaye igipimo cy’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi; aho bavuga ko ataba bitangira gukemanga demokarasi yaho. Ku Rwanda, amahitamo y’Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yashyizeho imiterere yihariye ya politiki.

-7550.jpg

Umunyamakuru ukurikiranira hafi ibya politiki z’ibihugu bitandukanye, Mukamabano Madeleine

Source: IGIHE

2017-08-10
Editorial

IZINDI NKURU

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Editorial 20 Aug 2021
Abagore barasabwa  gutinyuka   umwuga  wa  sinema

Abagore barasabwa  gutinyuka   umwuga  wa  sinema

Editorial 16 Mar 2018
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Editorial 01 May 2021
Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Editorial 10 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibizamini byo gutwara ibinyabiziga bizajya bikorwa kabiri mu kwezi muri Kigali
Mu Mahanga

Ibizamini byo gutwara ibinyabiziga bizajya bikorwa kabiri mu kwezi muri Kigali

Editorial 23 Aug 2016
Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise
HIRYA NO HINO

Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise

Editorial 05 Oct 2018
Abapolisi 20 barerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika mu mpera z’iki cyumweru
Mu Mahanga

Abapolisi 20 barerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika mu mpera z’iki cyumweru

Editorial 20 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru