• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Editorial 06 Mar 2017 POLITIKI

Mu mwaka w’1994, ubwo Perezida Paul Kagame yari amaze kugeza ingabo yari ayoboye ku ntsinzi y’urugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside, abanyarwanda benshi bamushimiraga cyane icyo gikorwa cy’ubutwari, ariko bari bataramumenya neza.

Uko bagiye babona umusaruro w’ibikorwa bye, bakabona uko abitwaraho n’agaciro abaha, byagiye bituma barushaho gushimangira ko ari umuyobozi batapfa kubona uwo bamugereranya na we, kuko uretse kuba yarabagejeje kuri byinshi, yanubatse ubucuti bukomeye hagati ye n’abo ayobora. Kugeza ubu, mu gihe twitegura amatora ya Perezida wa Repubulika, n’abavuga ko bahatana na we biyemerera ko ari umuyobozi w’’ibikorwa byivugira.

Nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi, Perezida Kagame yabaye Minisitiri w’Ingabo ndetse aba na Visi Perezida w’u Rwanda. Kuva Minisitiri w’ingabo muri icyo gihe, yari afite urugamba rukomeye rwo kugarurira igihugu umutekano usesuye, dore ko kuva icyo gihe kugeza mu mwaka wa 2000, ibice byinshi by’igihugu byibasiwe n’intambara y’abacengezi, ariko abigeraho igihugu gisubirana umudendezo.

Kuwa Gatandatu tariki 22 Mata 2000 ku isaha ya saa 11:45 za mu gitondo ku isaha y’i Kigali, kuri sitade nkuru y’u Rwanda; sitade Amahoro i Remera, Paul Kagame wari visi Perezida w’u Rwanda icyo gihe, nibwo hatangajwe ko yagiye mu ntebe y’ubuyobozi nka Perezida wa Repubulika by’agateganyo.

-5976.jpg

Aha Perezida Paul Kagame yari visi Perezida w’u Rwanda

Nk’umuyobozi mushya wari uhawe inshingano zidasanzwe zo kuyobora igihugu cyari kimaze imyaka 6 kivuye muri Jenoside, Perezida Kagame yahise avuga ijambo rye rya mbere, iri rikaba ryaraje gushingirwaho mu myaka micye yakurikiyeho havugwa imvugo igira iti: “Imvugo niyo ngiro” yashakaga kugaragaza ko ibyo avuga anabishyira mu bikorwa.

Ubwo yamaraga kurahira, Kagame yahumurije Abanyarwanda bari bugarijwe n’ubukene cyane ko Jenoside yakorewe Abatutsi yari yarangije byinshi mu gihugu cyari kikirimo kwiyubaka. Kagame ati: “Ubukene mu Rwanda ntibuzaba akarande. Umutungo wa mbere dufite ni abanyarwanda bakorana umurava. Tuzubaka ibigo by’amashuri twibanda ku ikoranabuhanga, tuzashora imari mu bikorwa biduha amashanyarazi, ikoranabuhanga mu itumanaho n’iyubakwa ry’imihanda, byose tuzabikoresha mu guteza imbere imibereho myiza.”

Byinshi byarakozwe, igihugu gitera imbere, ibikorwa remezo biragwira, abanyarwanda bagera ku bumwe n’ubwiyunge, ibice byinshi by’igihugu biva mu bwigunge, i Kigali haba ahantu ho kuratwa mu mahanga yose, Perezida Paul Kagame abaturage bamuvuga ibigwi ari nako igikundiro cye cyiyongera. Amaze imyaka hafi 17 ari Umukuru w’Igihugu, ariko abanyarwanda batari bacye bo bamwisabiye ko yazakomeza kubayobora ubuziraherezo…

Icyizere abanyarwanda bagiye bamwereka kirahambaye, ni ikimenyetso ko gutora undi byagorana

Tariki 25 Kanama 2003, Paul Kagame wari umaze imyaka itatu ari Perezida w’inzibacyuho, yatowe n’abaturage kuva ubwo yemererwa kuyobora manda ye ya mbere y’imyaka 7, yarangiye muri 2010. Tariki 9 Kanama 2010, Paul Kagame yatorewe manda ya kabiri igomba kuzarangira muri uyu mwaka wa 2017, gusa nyuma y’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga ku busabe bw’abaturage bamugaragarije ko bamukunda kandi bifuza ko yakomeza kubayobora indi myaka myinshi, ubu Paul Kagame ni umwe mu bakandida baziyamamaza mu matora yo muri Kanama 2017.

Hari n’imibare ishimangira ko umuntu wese uzahatana na Perezida Kagame ashobora kuzatsindwa. Mu matora ya referandumu yabaye mu mpera z’umwaka wa 2015, Abanyarwanda bagombaga kwemeza cyangwa bakamagana ko Itegeko Nshinga rihinduka, kugirango bagaragaze amahitamo yabo ku bijyanye no kuba Perezida Kagame yakwemererwa kongera kwiyamamaza. Abagera kuri 98% batoye “YEGO”, bishimangira ko baba baniteguye kumuhundagazaho amajwi mu gihe cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu.

-5980.jpg

Perezida Kagame mu matora ya Referandum

Hagendewe kuri iyi mibare, abandi baziyamamaza bashobora kuzagabana amajwi angana na 1.6% by’abanyarwanda bose kuko ari bo batoye “OYA” muri referandumu, bagaragaza ko batifuza ko Itegeko Nshinga ryahinduka ngo Kagame yemererwe kongera kwiyamamaza.

Uretse ibikorwa yagejeje ku baturage bituma bamwirahira, uko yitwara ubwabyo bimuzanira igikundiro kidasanzwe.

Perezida Paul Kagame, afite ibintu byinshi yihariye bigendana n’uburyo yitwara ku baturage b’ingeri zose, ugasanga abegera kandi akagerageza guhaza ibyifuzo byabo ku kigero kitapfa gushoborwa n’umuyobozi uwo ari we wese. Kuri iyi ngingo, turagenda tugaruka ku ngero zitandukanye z’aho yagiye agaragaza imyitwarire nk’iyi yatumye ataba umuyobozi gusa, ahubwo anahinduka inshuti ikomeye y’abo ayobora.

Perezida Kagame ni inshuti y’abasheshe akanguhe.

Perezida Paul Kagame, yagiye agaragaza cyane kwita ku basheshe akanguhe, bigatera benshi ubwuzu kumubona abegera akabatega amatwi akumva ibyifuzo byabo. Muri Kamena 2013, umusaza Rutayisire Gervais yatangaje ko yumva azapfana agahinda gakomeye naramuka apfuye atarabasha kubona Perezida Kagame amaso ku yandi, ndetse ko amufitiye ubutumwa bukomeye ashaka gupfa amugejejeho.

Yavugaga ko yavutse ku ngoma ya Yuhi Musinga, kandi ngo yabonye abami Musinga, Rudahigwa na Kigeli Ndahindurwa amaso ku maso, ndetse yavugaga ko nta mu Perezida n’umwe atiboneye amaso ku maso uretse Perezida Kagame.

-5977.jpg

Perezida Kagame akundwa n’abaturage be 100%

Icyo gihe yagiraga ati: Ati “Abatwaye u Rwanda bose narababonye nsigaje kwibonera Perezida Kagame, by’umwihariko we mufitiye ubutumwa. Nifuje kenshi kumubona ngo mubwire ijambo rimwe gusa ariko sindamubona. Ubu ikibazo mfite ni uko mbona iminsi yanjye iri kugenda ishira, ariko Imana izamfasha mfite icyizere ko nzatabaruka mubonye nkamubwira… Ni ubutumwa bwe nyine ntawundi nabubwira, ninatabaruka ntakundi nzabujyana ariko nzajyana agahinda, mfite byinshi byo kumubwira ariko mfite na kimwe cy’ingenzi.”

nkuru y’uko umusaza Rutayisire azapfana agahinda napfa atabonye Perezida Paul Kagame, yaje kugera kuri nyir’ubwite wifuzwaga bikomeye maze abinyujije ku rubuga rwa twitter, Perezida Kagame ashimangira ko agiye gupanga uko yabonana n’uyu musaza. Ibi byaje gukorwa ku Cyumweru tariki 16 Kamena 2013, Rutayisire n’umugore we batumirwa kwa Perezida Kagame mu rugo maze bafata n’umwanya baraganira.

Nk’uko yifuje gupfana ibyishimo, yabigezeho ku itariki ya mbere y’ukwezi kwa Gicurasi 2015, ubwo uyu musaza Rutayisire yasezeraga muri ubu buzima ku myaka 92 y’amavuko, agasiga umugore n’abana batatu ndetse n’umwuzukuru umwe. Uyu mukambwe yaguye iwe mu karere ka Ruhango, azize iza bukuru zari zaraziyemo n’indwara z’ubuhumekero. Umuryango we kandi yawusize mu nzu igezweho yari yarubakiwe na Perezida Paul Kagame.

Urundi rugero rwakoze ku mitima ya benshi, hari tariki 4 Nyakanga 2015 ubwo u Rwanda rwizihizaga imyaka 21 yo Kwibohora. Icyo gihe, amafoto yacicikanye cyane yafatiwe muri ibyo biriro, ni aya Perezida Kagame ateze amatwi umukecuru wabikiraga Inkotanyi intwaro mu gihe cy’urugamba rwo kwibohora, kandi ngo uyu mukecuru yashimiwe cyane na Perezida Kagame amwitura ineza yabagiriye.

Perezida Kagame ni inshuti y’abana n’urubyiruko

Abakiri bato, usanga bakunda cyane Perezida Paul Kagame kubera uburyo akunda kubegera, akabatega amatwi, agasabana nabo, akishimana nabo kandi akanabagira inama mu buryo bwihariye. N’ubwo ari kenshi yagiye abigaragaza cyane mu bikorwa n’ibirori bitandukanye, ntawe uzibagirwa uburyo yahaye ikaze umwana w’imyaka 11 wo muri Kenya akaza kumusura i Kigali, akamwakira kandi akamuha umwanya bakaganira.

-5979.jpg

Uyu mwana yakabije inzozi ze, anagenera Perezida Kagame impano

Tariki 9 Nzeri 2016, nibwo Perezida Paul Kagame yakiriye uyu mwana w’imyaka 11 witwa Wendy Waeni, akaba yari yarabimusezeranyije mu myaka ibiri ishize. Uyu mwana w’umukobwa uzwi cyane mu gususurutsa abakuru b’ibihugu batandukanye abashimisha akoresheje impano idasanzwe afite mu mikino ngororamubiri, akaba yanageneye Perezida Kagame impano.

Perezida Paul Kagame, ni inshuti ikomeye y’abaturage muri rusange.

Kuva yaba Perezida wa Repubulika, bamwe mu baturage ntibabasha kwiyumvisha uburyo Umukuru w’igihugu abitabo, akabakemurira ibibazo ndetse ntarengere abayobozi baba barenganya rubanda rugufi. Mu ngendo z’akazi akunda gukorera mu bice bitandukanye by’igihugu, Perezida Kagame asanganizwa ibyishimo by’abamuratira ibyo bagezeho babikesha imiyoborere ye, ariko kandi n’abafite ibibazo barenganyijwe n’abayobozi bo mu nzego z’imitegekere zitandukanye, nabo niwe baba bahanze amaso, bizeye badashidikanya ko abarenganura.

-5978.jpg

Aha Perezida Kagame yarimo gukemura ibibazo by’Abaturage

Niba hari ikintu cyeze muri uyu mwaka wa 2017 ni amatora mu nzego zitandukanye no mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ayo matora kandi akaba yaranarumbutse muri 2016.

Mu bihugu bitandatu bya Afurika byari biteganyijwe kuzabamo amatora muri uyu mwaka wa 2017, igihugu cya Somalia cyarangije kuyakora kuko yabaye tariki umunani z’ukwezi gushize, aho abadepite mu nteko nshingamategeko batoye Perezida wa Repubulika.

Ibindi bihugu bya Afurika bizabamo amatora muri uyu mwaka ni Kenya, Liberia, Rwanda, Somaliland na Angola.

Nyuma ya Somalia igihugu kizakurikiraho kubamo amatora ni Somaliland, aho amatora ya Perezida wa Repubulika n’ayabagize inteko nshingamategeko azaba tariki 23 z’uku kwezi. Mu Rwanda hazakorwa amatora ya Perezida wa Repubulika tariki enye Kanama, hakazahita hakurikiraho Kenya aho amatora ya Perezida wa Repubulika nay’abadepite azabera umunsi umwe, tariki ya munani muri uko kwezi kwa Kanama. Muri Liberia naho amatora ya Perezida nay’abadepite azabera umunsi umwe, tariki 10 Ukwakira uyu mwaka.

Muri Angola naho amatora azaba muri Kanama uyu mwaka, ariko muri icyo gihugu amatora y’umukuru w’igihugu akorwa mu buryo butandukanye n’ibi bihugu bindi twavuze amatora azaba muri uyu mwaka cyangwa ibyo turi buvuge yabaye mu mwaka ushije! Muri Angola hatorwa abadepite mu nteko nshingamategeko, ukuriye ishyaka ryabonye imyanya myinshi y’abadepite akazaba ari we aba Perezida wa Repubulika !

Mu mwaka ushize wa 2016 nabwo muri Afurika amatora yararumbutse, aho ibihugu bitanu byayagiyemo. Bitatu muri ibyo bihugu abaperezida bari basanzweho bongeye gutsinda amatora baguma ku myanya yabo, naho babiri baratsindwa basimburwa n’abandi.

Abongeye gutsinda amatora ni Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Edgar Lungu wa Zambia na Ali Bongo Odimba wa Gabon. Abatsinzwe bagasimburwa n’abandi ni muri Ghana aho John Mahama yatsinzwe na Nana Akufo Addo, no muri Gambia aho Yahya Jammeh yatsinzwe na Adama Barrow. Jammeh yabanje kwanga ngo Barrow afate umwanya yari yatsindiye, ariko igitutu cy’akarere gituma arekura ajya mu buhungiro !

-30.gif

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

-31.gif

Umwanditsi wacu

2017-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

RDC: Ramazani Shadary n’inkoramutima 14 za Kabila basabye EU kubakuriraho ibihano

RDC: Ramazani Shadary n’inkoramutima 14 za Kabila basabye EU kubakuriraho ibihano

Editorial 10 Oct 2018
Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Editorial 20 May 2018
Afurika y’Epfo: Ishyaka ANC rigiye gutora umuyobozi waryo uzanasimbura Perezida Zuma

Afurika y’Epfo: Ishyaka ANC rigiye gutora umuyobozi waryo uzanasimbura Perezida Zuma

Editorial 16 Dec 2017
U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Editorial 18 Dec 2018
RDC: Ramazani Shadary n’inkoramutima 14 za Kabila basabye EU kubakuriraho ibihano

RDC: Ramazani Shadary n’inkoramutima 14 za Kabila basabye EU kubakuriraho ibihano

Editorial 10 Oct 2018
Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Editorial 20 May 2018
Afurika y’Epfo: Ishyaka ANC rigiye gutora umuyobozi waryo uzanasimbura Perezida Zuma

Afurika y’Epfo: Ishyaka ANC rigiye gutora umuyobozi waryo uzanasimbura Perezida Zuma

Editorial 16 Dec 2017
U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

U Rwanda rwatanze impapuro 900 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside bakidegembywa

Editorial 18 Dec 2018
RDC: Ramazani Shadary n’inkoramutima 14 za Kabila basabye EU kubakuriraho ibihano

RDC: Ramazani Shadary n’inkoramutima 14 za Kabila basabye EU kubakuriraho ibihano

Editorial 10 Oct 2018
Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Editorial 20 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru