• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye

Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye

Editorial 17 Apr 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Angola, Jose Eduardo dos Santos muri Kanama uyu mwaka azarekura ubutegetsi yari agiye kumaraho imyaka 40, ariko iyo witegereje usanga mu by’ukuri azaba aburekuye ariko atarekuye !

Bwa mbere Dos Santos yatangarije inama rusange y’ishyaka rye (MPLA) yuko atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika muri Werurwe umwaka ushize, ariko benshi ntibabyemere kubera impamvu zatuma buri wese koko byamugora kubyemera !

Abatemeraga yuko Dos Santos, wategetse icyo gihugu kuva mu 1979, yakwibwiriza kurekura ubutegetsi ahanini bari bashingiye ku gihe kirekire abumazeho bugahinduka nk’umwihariko we, kandi nta n’igitutu kinini yotswagwa ngo abuveho. N’abageragezaga kwemera wasangaga biyumvisha yuko uyu mugabo w’imyaka 75 y’amavuko agomba kuba afite uburwayi butatuma akomeza imirimo ye y’ubukuru bw’igihugu !

Perezida Santos ariko byaba ari byo asigaranye intege nkeya cyangwa atari byo agikomeye, ukuri uko kumeze n’uko uwo mugabo wagiye ku butegetsi nyuma y’urupfu rwa Perezida wa mbere wa Angola, Agostinho Neto muri Nzeri 1979, atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, nk’uko abakuru b’ibihugu bagenzi baherutse kubigaragaza !

Tariki 18 z’ukwezi gushize i Mbabane muri Zwaziland hateraniye inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma b’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika (SADC), yitabirwa n’Umwami Mswati III, Perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo, Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe, Perezida Henry Rajaonarimampianina, Perezida Edgar Chagwa Lungu wa Zimbia na Visi Perezida Samia Suluhu wa Tanzania.

Abandi bari muri iyo nama ni Minisitiri w’intebe wa Mozambique, Agostinho do Rosario Carlos; Minisitiri w’intebe wungirije muri Lesotho, Mothetjoa Metsing; Minisitiri w’ingabo wa Angola, General Jaao Manuel Goncalves Lourenco; Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Botswana, Pelonomi Venson Moitoi; Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Malawi, Francis Kasaila: Umunyamabanga Mukuru muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Mauritania, MD Phokeer; naho Seychelles iserukirwa na ambasaderi Barry Faure. Hari kandi n’umunyamabanga mukuru wa SADC, Stergomena Laurence Taxi.

Nyuma y’iyo nama hasohowe itangazo y’imyanzuro y’ibyayivugiwemo. Muri ibyo harimo yuko abo bayobozi ba SADC bamenyeshejwe yuko Perezida Eduardo dos Santos ataziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ataha muri Angola. Iryo tangazo rigakomeza rivuga yuko ishyaka riri ku butegetsi muri icyo gihugu, People’s Movement for the Liberation of Angola (MPLA) ryatoranyije Minisitiri w’ingabo, General Joao Lourenco kuzaribera kandida perezida muri ayo matora !

Kuba rero Dosantos ataziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ni ukuri kuko ntabwo yabeshya ngo anabeshye abayobozi bakuru ba SADC, Angola ibereye umunyamuryango w’imena. Ikindi kintu kigomba kuba ari ukuri n’uko kuba General Lourenco ariwe uziyamamaza ku itike ya MPLA, iri ku butegetsi, bivuze yuko ariwe uzasimbura Dos Santos ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

Nk’uko bimeze kuri CCM muri Tanzania, ANC muri Afurika y’Epfo na FLORIMO muri Mozambique, ntabwo MPLA irageza igihe cyo gutsindwa amatora muri Angola ! Muri icyo gihugu ishyaka ryabonye intebe nyishi z’abadepite mu matora niryo rishyiraho Perezida wa Repubulika.

Kuba rero General Lourenco ariwe Perezida wa Repubulika utaha muri Angola ntabwo bikiri ibyo gushidikanyaho. Icyo ahubwo umuntu yakwibaza ni uburyo uyu mugabo azashobora gukora akazi ke neza kandi Dos Santos azaba amuyobora mu bundi buryo.

-6322.jpg

Perezida wa Angola, Jose Eduardo dos Santos

Nubwo Dos Santos azaba avuye ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ariko azakomeza kuba Perezida wa MPLA. Nka Perezida w’ishyaka, Santos azaba afite imbaraga zikomeye zirimo guhitamo abakandida depite kimwe no gutoranya abawofisiye bajya mu nzego zo hejuru mu gisirikare no muri Polisi. MPLA kandi izaba ifite ububasha bwo gukura ku mirimo ya leta umukada wayo wese, harimo na Perezida wa Repulika. Nubwo Lourenco azaba ari Perezida wa Repubulika ariko ntabwo bishoboka yuko azabura kuzajya avugirwamo na Santos, bitume akora amutinya !

General Joao Lourenco yari asanzwe ari Visi Perezida wa MPLA ariko ntabwo yari akunze kuvugwa cyane. Ariko azwiho kuba inkoramutima ya Dos Santos, bikaba bitanatangaje kuba ariwe yagennye kuzamusimbura. Mu gihe ariko Perezida Santos azwiho kuba yarirunzeho umutungo w’igihugu, Lourenco ntabwo ari mu mibare y’abantu bakize cyane muri Angola. Ntabwo yirunzeho imutungo nk’uko bimeze ku bandi bari hafi ya Dos Santos.

Ariko Lourenco nka Perezida wa Repubulika nta kuntu atazakomeza kuvugirizwa induru ngo akurikirane abasahuye igihugu kimwe no guca umuco wo gutanga ubutegetsi bishingiye ku kenewabo n’ikimenyane, byakomeje gukorwa na Dos Santos. General Lourence azaba ategerejweho gukosora amakosa yakozwe n’uwo azaba asimbuye, ariko ibyo ntabwo azabishobora kuko uwayakoze azaba akimuri iruhande kandi anamufiteho ijambo !

Ubu ikintu kivugwa cyane ni uburyo abanyagihugu ba Angola bakennye kandi icyo gihugu gikize kuri Peteroli n’ibiyikomokaho. Ibi by’ubukene bw’abaturage, muri rusange buri umwe ntabona amadolari arenze abiri ku munsi, bikaba bibi kurushaho kubera imutungo abo mu muryango wa Perezida Dos Santos birunzeho.

Uhereye kuri Perezida Santos ubushakashatsi, burimo ubwa Cabinda online, bugaragaza yuko yirunzeho amadolari ya Amerika miliyari 20, akaba ashyirwa mu mubare w’abaperezida 10 bakize cyane ku isi. Umukobwa we, Isabel dos Santos, ubushakashatsi burimo ubwa Forbes bugaragaza yuko yirunzeho imitungo n’amafaranga bifite agaciro gasaga amadolari ya Amerika miliyari 3.2 ! Isabel ngo agomba kuba ariwe mugore ukize kurusha abandi muri Afurika, ngo akaba ari nawe mugore w’umwirabura ukize kurusha abandi ku isi !

Umwaka ushize Perezida Dos Santos yagize Isabel umuyobozi mukuru w’ikigo k’igihugu gishinzwe petelori (oil company), Sanangol, naho umuhungu we witwa Jose Filomeno agirwa umuyobozi mukuru wa Sovereign wealth fund (Fundo Soberano de Angola). Iki kigo, cyatangijwe ku mugaragaro muri 2012 gishyizwemo miliyari eshanu z’amadolari, gifite imishinga myinshi yo guteza imbere abaturage ariko benshi bakavuga yuko ari icyo guteza imbere umuryango wa Perezida Jose Eduardo des Santos n’ubundi wari usanzwe uteye imbere !

Perezida mushya rero agerageje gukora ku muryango kimwe n’inkoramutima za Dos Santos yahura n’ibibazo. Adakosoye kandi uburyo bahombyamo igihugu, abaturage n’amahanga ntibatinda kubimubaza ! General Lourence rero yimikwe ariko azi neza yuko yimikanywe n’ibibazo !

Casmiry Kayumba

2017-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Editorial 04 Jun 2021
Rubavu: Hatahuwe ibisasu 58

Rubavu: Hatahuwe ibisasu 58

Editorial 20 Aug 2018
Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Editorial 25 Sep 2025
Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje  urugendo rwo  kwiyamamaza  kumunsi wa 8  mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje urugendo rwo kwiyamamaza kumunsi wa 8 mu Ntara y’Uburasirazuba

Editorial 23 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we
ITOHOZA

Umugore wa Perezida Zuma aracyakurikiranyweho kuroga umugabo we

Editorial 30 Aug 2017
Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali
Mu Mahanga

Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali

Editorial 18 Jun 2016
Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke
Mu Mahanga

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Editorial 21 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru