• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Ubwanditsi 09 May 2023 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Tariki 06 Gicurasi 2021-Tariki 06 Gicurasi 2023, imyaka ibiri irashize Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, ashyizeho “amategeko yo mu bihe bidasanzwe”(état de siege) muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri.

Ayo mategeko yubahirizwa mu bihe by’intambara, ngo yari agamije kugarura umutekano muri izo ntara zabaye indiri y’imitwe yiwaje intwaro, nyamara aho kujya mu buryo, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane.

Muri iyi myaka ibiri ishize, hashyizweho abategetsi b’abasirikari mu nzego zose, kuko ngo byari bimaze kugaragara ko abategetsi b’abasivili ntacyo bari bagishoboye. Nyamara aho kurwanya ruswa mu miyoborere, abo basirikari bakuru barayimitse kurushaho, imitwe yitwaje intwaro iravuka ku bwinshi, ubwicanyi n’ubundi bugizi bwa nabi bukaza umurego.

Ishyirahamwe LUCHA riharanira impinduka muri Kongo(Lutte pour le Changement), rimwe mu matsinda ya politiki akomeye muri icyo gihugu, rimaze gusohora icyegeranyo cyerekana ko muri iyi myaka 2 ishize abasivili bakabakaba 5.500 bishwe mu duce tugenzurwa na Leta ya Kongo, aariko uwo mubare ngo ukaba ari muto ugereranyije n’abatakaje ubuzima, kuko abatangajwe ari abashoboye kumenyekana, mu giihe hari benshi cyane baburiwe irengero.

Iyi mibare rero iragaragaza ko abaturage bapfuye bakubye incuro 2 abishwe mbere y’uko “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” ashyirwaho, kuko mu myaka 2 yabanjirije iyo ”état de siège” abishwe babarirwaga mu 2.400.Zimwe mu mpamvu zatumye ibintu birushaho kudogera nk’uko LUCHA ibivuga, ni uko abategetsi b’abasirikari bananiwe cyangwa banze kwambura intwaro imitwe yitwara gisirikari, ahubwo bagafasha indi myinshi kuvuka, bibwira ko izabafasha kurwanya umutwe wa M23.

Kuzana abacancuro ndetse n’ingabo z’amahanga mu duce tugenzurwa na Leta, nabyo ngo byatumye intwaro zirushaho kunyanyagira mu baturage, ari nazo zikoreshwa mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Amabandi nayo ngo yakajije umurego, cyane cyane mu mijyi nka Goma aho akorera ubujura n’ubundi bugizi bwa nabi nta nkomyi, agakomeza kwidegembya kuko ngo akorana n’ibikomerezwa by’abasirikari.

Ishyirahamwe LUCHA risoza risaba Perezida Tshisekedi kwisubiraho akavanaho”amategeko yo mu bihe bidasanzwe”, kuko aho gukemura ikibazo cy’umutekano ahubwo yacyongereye ubukana. Iratanga inama kandi ko ubutegetsi bwasubizwa abasivili batowe hagendewe ku bushobozi n’ubunyangamugayo, abasirikari bagashyirwa gusa mu bikorwa bijyanye n’intambara.

Iki cyegeranyo cya LUCHA ntacyo kivuga ku bihumbi by’Abanyekongo bahunze ubwicanyi bushingiye ku ivangura, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, icyakora kije cyunganira ibyakomeje kuvugwa n’imiryango mpuzamahanga n’iy’imbere mu gihugu itegamiye kuri Leta, yagarutse kenshi ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu mu burasirazuba bwa Kongo, bitewe ahanini n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu kwaha k’ubutegetsi bwa Tshisekedi.

2023-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Ubwanditsi 17 Jul 2021
Umugezi w’Isuri urisiba  RNC  mu marembera

Umugezi w’Isuri urisiba RNC mu marembera

Ubwanditsi 07 Sep 2016
Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Ubwanditsi 27 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo
Mu Rwanda

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.
Amakuru

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Ubwanditsi 25 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru