• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Editorial 12 Jun 2017 POLITIKI

Lesotho ni igihugu kidakunze kuvugwa cyane nyamara muri politike kibamo udushya twinshi ku buryo bigoranye kwiyumvisha uburyo gitegeketse !

Ubusanzwe Lesotho ni igihugu cya cyami ariko umwami Letsie III nta butegetsi yigirira nk’uko n’aba Minisitiri b’intebe, bakunze kutarangiza manda, bahora mu bintu bidasobanutse ariko ubona bitatuma babona umwanya wo kuyobora igihugu !

Kubera yuko Lesotho atari igihugu kinini (30,355 sq km) ntinaturwe n’abantu benshi (miliyoni 2.2) umuntu yagatekereje yuko bitatwara iminsi isaga itatu ibyavuye mu matora bitaramenyekana. Ariko bitwaye hafi icyumweru cyose kugira ngo ibyavuye mu matora y’abadepite, yabaye tariki eshatu uku kwezi, bimenyekane kandi nta mvururu n’impaka byigeze biyabamo ! Muri ayo matora hatorwaga abadepite 120 nabo bagatora Minisitiri w’intebe, ariwe mukuru wa guverinoma.

Nubwo tuvuga yuko abaturage ba Lesotho batora abadepite nabo bakitoramo Minisitiri w’intebe ariko amatora ajya kuba hari abantu babiri biba bizwi neza yuko umwe muri bo agomba kuzavamo Minisitiri w’intebe.

Na mbere yuko aya matora ya tariki eshatu uku kwezi aba, byari bizwi yuko Minisitiri w’intebe atabaye Thomas Thabane w’ishyaka All Basutho Bonvention yari kuba Pakalitha Mosisili w’ishyaka Democratic Congress akaba ari nawe wari usanzwe ari Minisitiri w’intebe ! Ikindi cyari kizwi n’uko nta shyaka, muri ayo yombi, ryashoboraga kubona intebe zihagije ngo ribe ryashyiraho guverinoma ritiyambaje amashyaka mato mato ashobora kubona intebe mu nteko.

Uko niko koko byagenze. Amajwi yamaze gutangazwa na komisiyo y’amatora y’icyo gihugu, agaragaza yuko ishyaka All Basotho Convention rya Thabane ariryo ryatsinze amatora n’intebe 48 naho Democratic Congress ya Minisitiri w’intebe Mosisili ribona intebe 30. Ibi bivuze yuko Thomas Thabane ariwe uzasimbura Pakalitha Mosisili ku mwanya wa Minisitiri w’intebe, ariko gushyiraho guverinoma bikazamusaba kwifatanya n’ishyaka cyangwa amashyaka yabonye intebe zisaga 12 muri aya matora !

Muri politike z’iki gihugu, gifite imbibi zose zizungurutswe na Afurika y’Epfo, bimaze igihe ari gatebe gatoki hagati ya Pakalitha Mosisili na Thomas Thabane n’amashyaka yabo atandukanye, dore yuko habaho no guta rimwe ugatangiza irindi kandi ugatsinda amatora !

Urugero ni nko mu 1997 aho uwari Minisitiri w’intebe, Ntsu Mokhohle yavuye mu ishyaka rye rya Basutoland Congress Party ashinga Lesotho Congress for Democracy (LCD). Iryo shyaka ryatsinze amatora mu 1998 ariko Pakalitha Mosisili yararangije kwegukana ubuyobozi bwaryo, ahita yibera Minisitiri w’intebe.

-6938.jpg

Thomas Thabane

Muri 2011 havutse amakimbirane muri LCD, Mosisili ashinga irindi ryitwa Democratic Congress ryamugejeje mu matora ya 2012 atsindwa na Thomas Thabane wa All Basotho Convention wahise amusimbura ku mwanya wa Minisitiri w’intebe.

Mu ntangiro za 2015 Minisitiri w’intebe Thomas Thabane yikanze kudeta, itarigeze iba, ajya mu buhungiro. Muri Gashyantare 2017 Thomas Thabane yagarutse mu gihugu avuga yuko aje gukuraho Minisitiri w’intebe Mosisili, ahamya yuko atagifite imbaraga mu inteko ! Ukwezi gukurikiyeho (werurwe uyu mwaka) inteko nshingamategeko yakuyeho ikizere Mosisili. Ba Thabane n’abo bari bishyize hamwe ngo Mosisili akurweho icyizere batanga igitekerezo cyuko yaba asimburwa, ku mwanya wa Minisitiri w’intebe na Monyane Moleleki.

Uyu Moleleki gigeze kuba yungirije Mosisili mu ishyaka Democratic Congress ariko mu Ukuboza 2016 aza gukekwaho yuko yagambanaga ngo Mosisili ngo yirukanwe ku mwanya wa Minisitri w’intebe, Moleleki yirukanwa muri Democratic Congress ashinga irye ryitwa Alliance of Democrats.

Mosisili akuweho ikizere nka Minisitiri w’intebe yari afite ibintu bibiri byo guhitamo kimwe. Icya mbere kwari ukubisa Moleleki agashyiraho guverinoma y’agateganyo cyangwa guhamagaza amatora yihuse (ealy elections). Yahisemo guhamagaza amatora, Umwami Letsie III atangaza yuko ashyizwa tariki 3/6/2017.

Ibyavuye muri aya matora rero n’uko Mosisili yatsinzwe, Thabane naweakaba agiye kumusimbura kuri wa mwanya wa Minisitiri w’intebe. Thabane Kuramba kuri uwo mwanya bizaterwa n’abo azafatanya nabo gushyiraho guverinoma itaha, n’imbabazi za Mosisili kutamwihimuraho ngo amunanize kuyobora. Atamunanije ariko yaba atari Pakalitha Mosisili n’igihugu atari Lesotho !

2017-06-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Editorial 22 Jan 2025
Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta

Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta

Editorial 23 Jan 2018
Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Editorial 09 Apr 2019
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Editorial 14 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa
Mu Mahanga

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa

Editorial 07 Jan 2018
Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana
ITOHOZA

Abafaransa baracyapfunda imitwe ku bijyanye n’indege ya Habyarimana

Editorial 07 Oct 2017
CHAN 2018: Turajya mu kibuga tutitaye ko Libya ari Abarabu-Bizimana Djihad
IMIKINO

CHAN 2018: Turajya mu kibuga tutitaye ko Libya ari Abarabu-Bizimana Djihad

Editorial 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru