• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Musanze: Police yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi kuri ruswa

Musanze: Police yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi kuri ruswa

Editorial 18 Jan 2017 Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, Assistant Commissioner of Police (ACP) Bértin Mutezintare ku itariki 17 Mutarama uyu mwaka yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi mu karere ka Musanze bagera kuri 293 ku bubi bwa ruswa n’uruhare rwabo mu kuyikumira no kuyirwanya.

Icyo kiganiro yakibahereye aho bari mu Itorero mu Ishuri rya Sunrise riri mu murenge wa Muhoza. Mu gihugu hose hari kubera itorero ry’icyiciro cya kabiri ry’abakora mu rwego rw’ubuvuzi ; abatozwa bakaba barimo abakora mu Bitaro, Ibigo nderabuzima n’Abavuzi gakondo.

ACP Mutezintare yababwiye ko ruswa ishobora kwakwa no gutangwa mu buryo buziguye cyangwa butaziguye; kandi ko ishobora kuba mu buryo bufatika cyangwa butagaragara.

Yagize ati,”Ruswa igira ingaruka ku mitangire ya serivisi n’iterambere muri rusange. Guhabwa serivisi ni uburenganzira , si ubugiraneza; ariko aho ruswa iri, bwa burenganzira ntibwubahirizwa; ahubwo serivisi ihinduka igicuruzwa kubera ko bamwe baka indonke nk’ikiguzi cya servisi; abandi bagatanga indonke bagura uburenganzira bwabo. Mujye mwakira neza ababagana; kandi mubahe serivisi nziza; bityo muzaba mugize uruhare mu kubungabunga umutekano w’ubuzima bw’ababagana.”

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara yakomeje agira ati,”Muganwa n’abantu benshi bababajwe n’umubiri . Kutabaha serivisi nziza bishobora kubaviramo ibibazo bikomeye birimo no kubura ubuzima; kandi iyo bigenze bityo; biba bibaye icyaha gihanwa n’amategeko. Murasabwa gukora neza ibyo mushinzwe kugira ngo murengere ubuzima bw’ababasaba serivisi.”

Yababwiye ko umuntu wese usaba, ku buryo bweruye cyangwa buteruye, wakira, ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano cyangwa indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemeye amasezerano yabyo kugira ngo agire icyo akora kinyuranyije n’amategeko cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatse nk’uko biteganywa n’ingingoo ya 633 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Mu ijambo rye, Ushinzwe ubuvuzi mu karere ka Musanze, Gasana Celestin yasabye abokora muri uru rwego gukurikiza inama bagiriwe na Polisi y’u Rwanda agira ati,”Bizatuma musohoza inshingano zanyu, kandi muheshe isura nziza umwuga wanyu.”

Kuri uwo munsi kandi , mu karere ka Musanze, bene iki kiganiro cyahawe abatorezwa muri ESB – Busogo bagera kuri 372; kikaba cyaratanzwe n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri aka karere, Chief Inspector of Police (CIP) Jean Claude Kabandana.

-5434.jpg

Utundi turere tune ibi biganiro byatanzwemo kuri uwo munsi harimo Ngororero, Ngoma, Rwamagana, na Gicumbi.

RNP

2017-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Editorial 18 Nov 2024
PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Editorial 09 Jun 2016
Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Editorial 26 Oct 2018
Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Editorial 29 Oct 2016
Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Editorial 18 Nov 2024
PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Editorial 09 Jun 2016
Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Editorial 26 Oct 2018
Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Editorial 29 Oct 2016
Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Editorial 18 Nov 2024
PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Editorial 09 Jun 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru