• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni yakuriye inzira ku murima abatekereza ko agiye kuva ku butegetsi

Museveni yakuriye inzira ku murima abatekereza ko agiye kuva ku butegetsi

Editorial 13 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko adateganya kuva ku butegetsi mu gihe ibibazo by’iterambere n’umutekano byugarije Afurika bitaracocwa birambye.

Ni amagambo yatangarije abayobozi b’amashyaka ya politiki muri Uganda mu nama iyahuza mu kiganiro kizwi nka “Inter-Party Organisation for Dialogue (IPOD)” yabereye mu Mujyi wa Kampala ku wa 12 Ukuboza 2018.

Perezida Museveni yababwiye ko adateganya kuva ku butegetsi ndetse bakwiye kwibagirwa ibyo kubuhererekanya.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Museveni uhagarariye Ishyaka riri ku Butegetsi muri Uganda rya NRM n’abayobora amashyaka atavuga rumwe na Leta barimo Jimmy Akena wa People’s Congress (UPC); Norbert Mao wa Democratic Party (DP) na Asuman Basalirwa wa Justice Forum (Jeema).

Ishyaka rya Forum for Democratic Change (FDC) ntiryitabiriye iyi nama rivuga ko leta yahonyoye uburenganzira bwaryo.

Monitor yanditse ko iyi nama yanitabiriwe n’abanyamabanga bakuru b’amashyaka, abagize sosiyete sivile n’ihuriro ry’amadini muri Uganda, abasaza bagize akanama k’inararibonye n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Amatora, Justice Simon Byabakama.

Yasuzumiwemo ingingo zibanze ku kwagura imikorere y’amashyaka ya politiki, kwiga ku mavugurura y’itegeko nshinga agamije kunoza imikorere iyahuza, kuzamura uruhare rwayo mu bikorwa bya politiki no kunoza imiyoborere, uburenganzira bwa muntu no kubahiriza amategeko.

Imyanzuro y’ibyaganiriweho yoherejwe ku bazayigaho mbere yo kuyemeza mu nama yo ku wa 15 Gicurasi 2019.

Museveni w’imyaka 74 ayoboye Uganda kuva mu 1986. Mu ntangiriro z’umwaka utaha azaba yujuje imyaka 33 ari ku butegetsi.

Umuyobozi w’Ishyaka rya DP, Norbert Mao n’uyobora Justice Forum (Jeema), Asuman Basalirwa, bavuze ko bategereje umunsi Museveni azajya mu birori byo kurahiza umusimbura we, akanamuha ububasha.

Perezida Museveni yabasubije ko bakwiye guhindura inzozi zabo niba batekereza ko azava ku butegetsi vuba.

Yavuze ko impamvu yinjiye muri politiki ari ukurwana urugamba rw’iterambere no kugarurira Afurika umutekano yambuwe n’abakoloni batsinze abami batari bafite ubwirinzi buhagije.

Yagize ati “Numvise abantu barimo Mao bavuga ibyo guhererekanya ubuyobozi. Ni gute bashaka kwicara bakareba Museveni atanga ubutegetsi?”

Museveni uvuga ko nta zindi nyungu afite muri politiki kuko ari umworozi, yababajije abayobozi bashya bashaka gutora umwihariko bazazana.

Ati “Nk’umunyapolitiki aho kuvuga ku hazaza ha Afurika, urita ku bintu bito, amatora, ni inde uzatorwa. Niyo mpamvu navuze ko nkifite imbaraga, nzakomeza. Niko mbyumva ko ntashobora kuva ku butegetsi mu gihe ibibazo byari bigiye gushyira Afurika mu manga bitararangira.”

Muri Kanama 2018 Uganda yashinjwe guhohotera no gukorera iyicarubozo abadepite barimo Robert Kyagulanyi [Bobi Wine], Francis Zaake, Gerald Karuhanga, Paul Mwiru na Kassiano Wadri mu matora y’uhagararira agace ka Arua mu Nteko Ishinga Amategeko.

Basalirwa yavuze ko “Twaje hano ngo duhabwe icyizere ko nta hohoterwa abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta bazongera gukorerwa ku buryo nitunava mu gihugu tuzajya tubyishimira. Ni ukutwizeza ko nta gutabwa muri yombi cyangwa gufungwa mu gihe iperereza rikomeje bizongera kubaho.”

Museveni yemeranyije n’abayobozi b’amashyaka batavuga rumwe ku kibazo cy’iyicarubozo, ubwisanzure bwo gukorana mu gihe byubahirije amategeko.

Yanashimangiye ko nta tabwa muri yombi n’ifungwa rizabaho mbere y’iperereza ryimbitse.

2018-12-13
Editorial

IZINDI NKURU

Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi

Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi

Editorial 27 Dec 2017
Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Editorial 07 Dec 2018
Twagiramungu Alias Rukokoma , Ntazongere Kubeshya Rubanda Ko Yibwe Amajwi [ Ikimenyetso ]

Twagiramungu Alias Rukokoma , Ntazongere Kubeshya Rubanda Ko Yibwe Amajwi [ Ikimenyetso ]

Editorial 06 May 2018
Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Editorial 21 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IBISOBANURO KU IRASWA RY’UMUPOLISI RYABEREYE I BUSOGO
Amakuru

IBISOBANURO KU IRASWA RY’UMUPOLISI RYABEREYE I BUSOGO

Editorial 05 May 2016
Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras
Mu Mahanga

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Editorial 17 Mar 2016
Miss Sharifa yahishuye urukundo rwe n’umusore bitegura kurushinga bidatinze
SHOWBIZ

Miss Sharifa yahishuye urukundo rwe n’umusore bitegura kurushinga bidatinze

Editorial 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru