• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Editorial 09 May 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikiwabo, ategerejweho kwiyamamaza ku mwanya w’Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, mu Ukwakira aho yaba ahanganye na Michaëlle Jean ukomoka muri Canada.

Kwiyamamaza kwa Mushikiwabo ku buyobozi bw’uyu muryango ubarizwamo ibihugu 84 by’ibinyamuryango, bivugwa ko ari gahunda ishyigikiwe n’u Bufaransa.

Jeune Afrique dukesha iyi nkuru yanditse ko Louise Mushikiwabo ategerejweho kuzatanga kandidatire ye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF mu Nteko Rusange ya 17 yawo izabera muri Yerevan (Armenia) kuva ku wa 11 na 12 Ukwakira 2018.

Iki kinyamakuru cyanditse ko amakuru ajyanye n’iyi kandidatire yemejwe n’abayobozi bakuru bo mu Bufaransa ndetse n’abandi bo mu bihugu bibiri by’ibinyamuryango bya OIF byo ku mugabane wa Afurika.

Bivugwa ko umunya-Canada, Michaëlle Jean, watowe mu Ugushyingo 2014 bigoye ko yabona ubwiganze bw’amajwi mu bihugu bigize uyu muryango.

Mu gihe Michaëlle yemerewe kongera kwiyamamariza indi manda y’imyaka ine, ngo u Bufaransa bushobora kuba bwarashatse umuntu bahanganira uyu mwanya akaba ariyo mpamvu izina rya Mushikiwabo riri ku isonga.

Ibi bibaye mu gihe u Bufaransa n’u Rwanda bimaze igihe bifitanye umubano utari mwiza aho iki gihugu cyo mu Burengerazuba gishinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Gusa ariko, hashize iminsi hari ibimenyetso by’isura nshya y’umubano w’ibihugu byombi kuva aho Emmanuel Macron atorewe kuyobora u Bufaransa muri Gicurasi 2017. Hari amakuru avuga ko Perezida Kagame anateganya kugirira uruzinduko i Paris mu Bufaransa ku wa 24 kugeza ku wa 26 Gicurasi aho azaba yitabiriye inama yiga ku ikoranabuhanga yitwa VivaTech, igamije guteza imbere ibigo bito muri iyi ngeri. Ni mu gihe yaherukaga kugirira uruzinduko muri iki gihugu mu 2015.

Iki kinyamakuru cyanditse ko kugira ngo iyi gahunda yo kwiyamamiza uyu mwanya ibeho, byakozwe mu buryo bwa dipolomasi binyuze kuri Maroc.

Umwe mu bantu bazi neza iby’aya makuru yatangaje ko kandidatire ya Mushikiwabo iriho hagati ya Perezida Kagame na Macron. Mu gihe u Rwanda rushyigikiwe n’umugabane wose kuri uyu mwanya ndetse n’u Bufaransa, bivugwa ko rufite amahirwe akomeye yo kuba rwabasha gutsinda uyu munya-Canada.

Mushikiwabo ni Umunyarwandakazi w’imyaka 59 uyobora Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kuva mu mwaka wa 2009. Azwiho kurengera isura y’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.

Yigeze gukorera Banki Nyafurika Itsura Amajyambere BAD. Mu 2010 yiyamamarije kuba Umunyamabanga Wungirije w’ishami rya Loni rishinzwe abagore UN-Women, ariko uwo mwanya wegukanwa na Michelle Bacheletwigeze kuyobora Chile.

Ibikorwa bye by’indashyikirwa byatumye mu 2004, ahabwa igihembo kizwi nka ‘Outstanding Humanitarian Award’ yahawe na kaminuza yo muri Amerika, American University’s School of International Studies. Mu 2014 Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI nayo yamushyize ku mwanya wa Gatatu mu bagore bakomeye muri Afurika.

2018-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Editorial 08 Apr 2025
Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Editorial 20 Sep 2024
FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Editorial 16 Dec 2025
Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Editorial 01 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC na Police FC zatangiye zitsindwa mu mikino y’Inkera y’Abahizi, Azam na AS Kigali zatangiye neza
Amakuru

APR FC na Police FC zatangiye zitsindwa mu mikino y’Inkera y’Abahizi, Azam na AS Kigali zatangiye neza

Editorial 20 Aug 2025
Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho
HIRYA NO HINO

Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho

Editorial 02 Mar 2017
Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5  yishwe
ITOHOZA

Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5 yishwe

Editorial 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru