• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mushikiwabo yateye utwatsi ibyo gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora

Mushikiwabo yateye utwatsi ibyo gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora

Editorial 31 May 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’umuvugizi wa guverinoma, Louise Mushikiwabo yavuze ko atemeranya na Komisiyo y’Amatora iherutse gutangaza ko ishobora kuzafunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora ya Perezida wa Rapubulika.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko ubusanzwe yubaha iyi komisiyo ariko atemeranya n’icyo cyemezo iherutse gutangaza.

-6730.jpg

Yagize ati “Nubaha cyane Komisiyo y’Amatora ariko sinemeranya na yo ko Abanyarwanda mu matora bagomba ikibari cy’ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga!!!”

-6733.jpg

Minisitiri Mushikiwabo Louise

Mushikiwabo yavuze ko yumva kimwe na NEC ku bijyanye m’amacakubiri cyangwa ibindi bibi byakorerwa ku mbuga nkoranyambaga ariko batumva kimwe uburyo byarwanywa.

Kuri we gukumira ibyaha bishobora gukorerwa ku mbuga nkoranyambaga inzira nziza si ukuzifunga kuko hari inzira z’amategeko zakoreshwa aho kubuza abantu gukoresha izo mbuga.

Mu kiganiro NEC iherutse guha abanyamakuru, Prof Kalisa Mbanda, umuyobozi wayo yavuze ko mu kwiyamamaza hari imbuga zemewe zizakoreshwa ariko uzazikoresha mu gihe kwiyamamaza byarangiye azabihanirwa.

Uyu muyobozi yavuze ko ku munsi ibikorwa byo kwiyamamaza bizarangira, ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu gushaka amajwi rizahagarara.

Yagize ati “Uzakoresha imbuga nkoranyambaga ku munsi ubanziriza amatora azaba yishe amategeko n’amabwiriza ayagenga, ashobora kubihanirwa. Dufite ubushobozi bwo kubona abasakaza ubwo butumwa. Muzi ko hari n’ibihugu mujya mubona bafunga imbuga mu gihe babona abantu bakabya, birashoboka no mu Rwanda bashobora gufunga iyo nzira yakoresheje kugira ngo atongera kandi tugakurikirana uwamutumye.”

Yunzemo ati “Ufite telefoni ye akaba yahamagara cyangwa akandikira ubutumwa umuturanyi we amwibutsa kuzamutora, ibyo ntawabimenya, nta n’uwabibuza. Icyo tuvuga ni ku butumwa buganisha ku mbaga y’Abanyarwanda benshi, ibyo ngibyo dufite uburyo bwo kubikurikira. Tuzitabaza n’inzego zishinzwe itumanaho n’ikoranabuhanga mu gihugu kugira ngo badufashe kubikurikirana.”

NEC yavuze ko izafatanya n’izindi nzego zishinzwe iby’ikoranabuhanga kugira ngo hakumirwe icyaha icyo ari cyo cyose cyakorwa kiganisha ku matora.

Gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora si ikintu gishya ku isi kuko bikunze kugaragara mu bihugu bitandukanye aho hari n’aho bakuraho interineti muri rusange, ariko bikunze guteza impaka zitandukanye, aho besnhi bagaragaza ko ari uburyo bwo kubuza abantu ubwisanzure bwabo mu gutanga ibitekerezo.

-6731.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’umuvugizi wa guverinoma, Louise Mushikiwabo

2017-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Editorial 12 Feb 2024
Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Editorial 08 Oct 2024
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Editorial 28 May 2021
Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Editorial 17 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mafia yo Kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza
POLITIKI

Mafia yo Kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza

Editorial 05 Oct 2018
Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho
ITOHOZA

Hanze y’igihugu haracyari indashima nyuma y’imyaka 23 Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda igiyeho

Editorial 25 Jul 2017
U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi
IMIKINO

U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi busezereye u Bubiligi

Editorial 11 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru