• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mushikiwabo yateye utwatsi ibyo gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora

Mushikiwabo yateye utwatsi ibyo gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora

Editorial 31 May 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’umuvugizi wa guverinoma, Louise Mushikiwabo yavuze ko atemeranya na Komisiyo y’Amatora iherutse gutangaza ko ishobora kuzafunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora ya Perezida wa Rapubulika.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko ubusanzwe yubaha iyi komisiyo ariko atemeranya n’icyo cyemezo iherutse gutangaza.

-6730.jpg

Yagize ati “Nubaha cyane Komisiyo y’Amatora ariko sinemeranya na yo ko Abanyarwanda mu matora bagomba ikibari cy’ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga!!!”

-6733.jpg

Minisitiri Mushikiwabo Louise

Mushikiwabo yavuze ko yumva kimwe na NEC ku bijyanye m’amacakubiri cyangwa ibindi bibi byakorerwa ku mbuga nkoranyambaga ariko batumva kimwe uburyo byarwanywa.

Kuri we gukumira ibyaha bishobora gukorerwa ku mbuga nkoranyambaga inzira nziza si ukuzifunga kuko hari inzira z’amategeko zakoreshwa aho kubuza abantu gukoresha izo mbuga.

Mu kiganiro NEC iherutse guha abanyamakuru, Prof Kalisa Mbanda, umuyobozi wayo yavuze ko mu kwiyamamaza hari imbuga zemewe zizakoreshwa ariko uzazikoresha mu gihe kwiyamamaza byarangiye azabihanirwa.

Uyu muyobozi yavuze ko ku munsi ibikorwa byo kwiyamamaza bizarangira, ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu gushaka amajwi rizahagarara.

Yagize ati “Uzakoresha imbuga nkoranyambaga ku munsi ubanziriza amatora azaba yishe amategeko n’amabwiriza ayagenga, ashobora kubihanirwa. Dufite ubushobozi bwo kubona abasakaza ubwo butumwa. Muzi ko hari n’ibihugu mujya mubona bafunga imbuga mu gihe babona abantu bakabya, birashoboka no mu Rwanda bashobora gufunga iyo nzira yakoresheje kugira ngo atongera kandi tugakurikirana uwamutumye.”

Yunzemo ati “Ufite telefoni ye akaba yahamagara cyangwa akandikira ubutumwa umuturanyi we amwibutsa kuzamutora, ibyo ntawabimenya, nta n’uwabibuza. Icyo tuvuga ni ku butumwa buganisha ku mbaga y’Abanyarwanda benshi, ibyo ngibyo dufite uburyo bwo kubikurikira. Tuzitabaza n’inzego zishinzwe itumanaho n’ikoranabuhanga mu gihugu kugira ngo badufashe kubikurikirana.”

NEC yavuze ko izafatanya n’izindi nzego zishinzwe iby’ikoranabuhanga kugira ngo hakumirwe icyaha icyo ari cyo cyose cyakorwa kiganisha ku matora.

Gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora si ikintu gishya ku isi kuko bikunze kugaragara mu bihugu bitandukanye aho hari n’aho bakuraho interineti muri rusange, ariko bikunze guteza impaka zitandukanye, aho besnhi bagaragaza ko ari uburyo bwo kubuza abantu ubwisanzure bwabo mu gutanga ibitekerezo.

-6731.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’umuvugizi wa guverinoma, Louise Mushikiwabo

2017-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

AU Summit: Mu bakandida batatu bari bahanganye habuze usimbura Dr Dlamini Zuma

AU Summit: Mu bakandida batatu bari bahanganye habuze usimbura Dr Dlamini Zuma

Editorial 21 Jul 2016
Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Editorial 23 Aug 2017
Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Editorial 31 Jan 2022
Kayonza: Umuturage yafatanywe ibiro 12 by’urumogi mu nzu iwe

Kayonza: Umuturage yafatanywe ibiro 12 by’urumogi mu nzu iwe

Editorial 14 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Nk’umutoza mukuru, Haringingo Francis yatangije imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023
Amakuru

AMAFOTO – Nk’umutoza mukuru, Haringingo Francis yatangije imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Editorial 23 Jul 2022
Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe
Amakuru

Byasabye iminota y’inyongera ngo Senegal itsinde Amavubi, Umunsi wa 29 na 30 wa shampiyona y’u Rwanda yegejwe inyuma ho umunsi umwe

Editorial 08 Jun 2022
Polisi y’u Rwanda ikomeje gukorera ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikomeje gukorera ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Editorial 16 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru