• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Editorial 08 Mar 2018 Mu Rwanda

Mushyimiyimana Eugenie ni rwiyemezamirimo w’umugore ufite imiturirwa itatu ikorerwamo ubucuruzi mu mujyi wa Kigali, irimo M&M Plaza y’amagorofa arindwi iherereye ku Gishushu.

Uyu mugore usanzwe ari Umuyobozi wa kabiri wungirije w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, yaganiriye na The New Times inakorera muri imwe mu nyubako ze, maze agaruka kuri byinshi byaranze ubuzima bwe kugeza abaye rwiyemezamirimo uri kuri uru rwego.

Mushimiyimana wicisha bugufi ndetse bikanagaragarira buri wese umubonye cyangwa akagera aho akorera mu igorofa ryo hasi rya M&M Plaza, yavuze ko ibyo yagezeho bitamugwiririye, ahubwo yahereye hasi abifashijwemo na nyina umubyara.

Uyu mugore wavukiye mu Karere ka Ruhango mu ntara y’Amajyepfo, yagize amahirwe yo kurererwa mu muryango wamufashije kuba uwo ariwe uyu munsi. Akibyiruka yahoraga iruhande rwa nyina amufasha mu bucuruzi bwe, kumubona akora cyane bikaba ari byo byatumye agira igitekerezo cyo kwikorera.

Agitangira yahereye mu bucuruzi bw’ibiribwa birimo amamesa, ibishyimbo, ifu n’ibindi. Ibikorwa bye yabikoreraga mu Rwanda no hanze; uko imyaka yagiye ishira ndetse n’isoko rigahinduka, yafashe umwanzuro wo kwinjira mu byo yabonaga ko byarushaho kumuzanira inyungu, atangira gucuruza peteroli n’isima.

Mu gihe kigera ku myaka 20, ubucuruzi bwe bugenda neza, yatangiye kwibaza ibibazo byinshi byerekeranye n’ejo hazaza, uko bizamera nasaza, uko mama we azabaho mu zabukuru, aha akaba ariho yafatiye umwanzuro wo kwinjira mu bijyanye n’inyubako zigezweho.

Ati “ Nakomeje gutekereza ku guhanga udushya, igishobora kwinjiza amafaranga menshi, ariko nanone mu bitekerezo byanjye harimo ejo hazaza. Izabukuru, cya gihe uba udashobora kujya hirya no hino mu bihugu bitandukanye, uko niko nagize igitekerezo cyo gutangira kubaka imiturirwa.”

Yakomeje avuga ko gahunda za leta ziri mu byamufashije gufata umwanzuro, cyane cyane igihe Perezida Paul Kagame yahamagariraga abantu gushora imari mu bwubatsi bw’inzu, kuko abantu benshi bakoreraga mu nyubako zigenewe guturwamo.

Ibanga ryatumye agera ku ntsinzi

Mushimiyimana yatangaje ko kugira gahunda no gukoresha neza buri mafaranga yose yinjizaga ari byo byabaye umusingi, aho yakoresheje ayo yabashaga kwizigama ariko nanone yitabaza inguzanyo za banki.

Ati “ Urabizi akenshi iyo bigeze mu bushabitsi imbogamizi iruta izindi ni igishoro ariko njye natangiranye n’umuntu wari usanzwe mu bushabitsi. Amafaranga yose twari dufite twagerageje kuyakoresha neza ariko twegera banki ziduha inguzanyo.”

Yakomeje agira ati “ Iyo uri gushora imari, ugomba gukora ubushakashatsi, ugashaka amakuru ahagije ndetse ukanigira kuri ba bandi bakubanjirije mu bikorwa runaka. Ibi byaramfashije cyane.”

Mushimiyimana yatangaje ko kugira gahunda no gukoresha neza buri mafaranga yose yinjizaga ari byo byabaye umusingi w’iterambere rye

Abajijwe niba kuba ari umugore bitaratumye ahura n’amananiza mu kwaka inguzanyo, Mushimiyimana yahise yibuka ubwo yajyaga kuyaka ariko banki ikabanza kugira akangononwa.

Yakomeje avuga ko ibi ahanini byatewe n’abakozi ba banki batari basobanukiwe neza umushinga we ariko ntibimuce intege ahubwo agahitamo gukomeza kubashyiraho igitutu kugeza ahawe amafaranga yari akeneye.

Asanga abagore bakeneye guhinduka, bagahaguruka ndetse bakigirira icyizere kuko na bo hari icyo bashobora kugeraho.

Ati “ Sintekereza ko kubona inguzanyo ari ikibazo cyihariye ku bagore gusa kuko n’abagabo nabo bahura na cyo. Ikibazo gihari ni uko abagore badakoresha neza amahirwe baba bashyiriweho na leta.”

Yavuze ko nk’abagize aho bagera bari gukora cyane kugira ngo barebe ko abagore bagenzi babo nabo babona umwanya mu bucuruzi, binyuze mu kubaha amahugurwa no kubayobora mu rugendo rwabo rwo kwikorera.

Yanagiriye inama abifuza kugera ikirenge mu cye, abasaba kwisunga abandi ndetse bakarushaho gukunda ibyo bakora.

Ati “Bamwe bakora ubucuruzi kubera ko babonye abandi babwungukiramo, ibi ariko sibyo. Ikindi kandi buri wese mbere yo gutangira gukora, abanza kwiga isoko, gutegura umushinga. Icyo ukora cyangwa icyo wifuza gukora, ese abantu baragikeneye? Reba icyo guverinoma igusaba. Ibi byose ni ingenzi niba wifuza ishoramari rizagera kure.”

“Ikindi kintu ntekereza ko cyamfashije cyane ni uko iteka nyurwa n’uwo ndiwe ndetse n’ibyo ntunze. Ibi byamfashije kuba uwo ndiwe aho kuba undi muntu.”
Mushimiyimana ufite icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bucuruzi yakuye muri Kaminuza ya Kigali,ULK, kuri ubu ari gukurikira amasomo y’icyiciro cya gatatu.

Yabashije kurera abana be batatu ari wenyine kuko umugabo we yitabye Imana nyuma y’imyaka mike bashyingiranwe. Abantu batamuzi ngo birabatungura iyo bamenye ko umugore ashobora gutunga imiturirwa nk’iyo afite.

Ati “Yego abantu baracyafite imyumvire yiganjemo ibitekerano (stereotypes) ariko ibi mpangana nabyo kuko nemera ko ubwo Imana yaturemaga, itigeze igabanya urwego rw’imitekerereze cyangwa ubushobozi bwacu nk’abagore. N’uko gusa abagabo n’abagore bateye bitandukanye, ariko baruzuzanya.”

M&M Plaza, umwe mu miturirwa ya Mushimiyimana Eugenie

 


2018-03-08
Editorial

IZINDI NKURU

Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Editorial 03 May 2021
U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Editorial 14 Aug 2017
General  Major Musare wayoboraga FDLR-RUD  yitabye Imana

General Major Musare wayoboraga FDLR-RUD yitabye Imana

Editorial 16 Feb 2016
Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Editorial 14 Feb 2024
Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Editorial 03 May 2021
U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Editorial 14 Aug 2017
General  Major Musare wayoboraga FDLR-RUD  yitabye Imana

General Major Musare wayoboraga FDLR-RUD yitabye Imana

Editorial 16 Feb 2016
Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Editorial 14 Feb 2024
Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Umufaransa Alan Boileau yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2021, Byiza Renus aba umunyarwanda waje hafi, Areruya Joseph ava mu isiganwa.

Editorial 03 May 2021
U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Editorial 14 Aug 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru