• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»“Ndi Umunyarwanda” iragarutse , umukoro ku ihuriro Unity Club

“Ndi Umunyarwanda” iragarutse , umukoro ku ihuriro Unity Club

Ubwanditsi 26 Oct 2018 ITOHOZA

Abayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu kugeza ku b’Uturere na Sosiyete Sivile; bitabiriye ihuriro ngarukamwaka rya Unity Club Intwararumuri, riza kwibanda ku kuganira kuri “Ndi Umunyarwanda” by’umwihariko.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu nibwo iri huriro rya 11 ryateraniye mu ‘Intare Conference Arena’ i Rusororo, ryitabiriwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Unity Club, Madamu Jeannette Kagame.

Iri huriro ryateguwe na Unity Club ku bufatanye na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), rifite insanganyamatsiko igira iti “Ndi Umunyarwanda: Inkingi yo kubaka amahoro mu muryango.’

Biteganyijwe ko riza kugaruka ku rugendo rwa Ndi Umunyarwanda no kwiga uko rwanozwa ngo rushinge imizi mu muryango no mu rubyiruko kandi rukomeze kuzirikana inkingi eshatu iyi gahunda yubakiweho arizo: Kwiyumvamo Ubunyarwanda, Indangagaciro na Kirazira bigamije kwimakaza umuco nyarwanda.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka iranahuza na bimwe mu byemezo-ngiro byaganiriweho ubwo hasozwaga Ihuriro rya 10 birimo gukomeza gushyigikira gahunda ya Ndi Umunyarwanda n’izindi ziyubakiyeho, igashyirwamo imbaraga, kwimakaza ubunyarwanda, ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, abatuye mu gihugu n’ababa mu mahanga.

Mu ijambo yabagejejeho, umufasha w’Umukuru w’igihugu, arahumuriza abana bagizwe imfubyi na jenoside, ko iyo umuntu abarebye ababonamo icyizere, ati “Ndifuza guhumuriza abato bagizwe imfubyi na Jenoside. Nigeze kubabwira ko iyo umuntu abarebye ababonamo icyizere ku buryo utatekereza ko mwakomeretse”.

Madamu Jeannette Kagame avuga ko abakiri bato hari byinshi babonesheje amaso ndetse n’ibyo batabonye bikaba bibabera umuzigo, akaba abizeza ko nk’abakuru bazakomeza kubaba hafi.

Ati “Hari byinshi mwarebesheje amaso y’abana, ubu bibaremereye. Hari n’ibyo mwabonye bikababera umutwaro; ndetse hari n’ibyo mutaciye iryera ariko bibabera umuzigo. Hari bamwe muri mwe musa n’abibuka ibyo mutazi, kuko mwari bato cyane,… Mwarakoze kubyumva kandi muri bato. Muhumure ababyeyi turahari, tuzakomeza gufashanya urugendo rwo kudaherwanwa mwatangiye”.

Mu butumwa yageneye abakuru, arabasaba gukira ibikomere nyuma y’ibihe bigoye baciyemo ndetse binafite ingaruka ku buzima bwabo, kugira ngo batange urugero rwiza ku bato.

Ati “Twahanganye n’ibihe bigoye, bifite ingaruka z’igihe kirekire ku bana bacu. N’ubwo tutahindura amateka, hari byinshi twamaze gusobanukirwa, ariko na none ibisigaye ntibizikemura,… Dukwiriye kubanza gukira ibikomere ubwacu, kugira ngo dukize abato, tubahe umurage mwiza. Uko duhererekanya ibikomere n’ubudasa bw’u Rwanda, bigera no ku rubyiruko rwacu”.

Arasaba abakiri bato kurushaho gukomeza gushaka icyateza imbere u Rwanda, bima icyuho uwo ari we wese washaka kubarebera mu ishusho y’abafitiye igihugu igihemu.

Yagize ati “Uyu munsi, rero mumenye ko nta gihemu mufitiye Igihugu. Uwo ari we wese washaka kubarebera muri iyo shusho, ntimukamuhe uwo mwanya, mukomeze kwiyubakira u Rwanda”.

Abasaba gukoresha amahirwe bahawe n’ubuyobozi bw’Igihugu, barushaho gushakisha icyazana amahoro arambye, ndetse ko uko ariko gukira nyako, ibirenze kuri ibyo ngo iryo akaba ari naryo shami rya NdiUmunyarwanda.

Mme Jeannette Kagame

Mu ihuriro ry’uyu mwaka hatumiwe urubyiruko ruhagarariye abandi, ngo rugaragarize abayobozi ibyifuzo byarwo n’uko bafashwa mu kwiyubaka.

Hateganyijwemo ibiganiro nyunguranabitekerezo bibiri kimwe kigira kiti “Ndi Umunyarwanda, icyomoro n’igihango, inkingi y’amahoro arambye mu muryango, hitawe ku rubyiruko by’umwihariko”; ikindi kikaba “Tubyirukira aho mwaturaze, uko twahasanze.”

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Unity Club, Oda Gasinzigwa, yashimangiye ko muri iri huriro haza guhererekanywa amateka hagati y’abakuru n’abato, rikaza gusozwa hafatwa ingamba zihamye zo gusigasira umuryango Nyarwanda n’igihugu.

Ku mugoroba, Umuryango Unity Club urashimira Abarinzi b’Igihango bane, ku bwo guharanira ubumwe. Abo barimo umuhanzi Rugamba Cyprien, Musenyeri wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, Hakizimana Célestin n’Umuryango AERG.

Hanarimo kandi Mukandanga Dorothée wari umuyobozi wa “Ecole des Sciences Infirmirèes de Kabgayi” mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, wagerageje kurwana ku banyeshuri be Interahamwe zishaka kubica no kubafata ku ngufu.

Unity Club Intwararumuri yashinzwe muri Gashyantare 1996 na Madamu Jeannette Kagame, ni umuryango ugamije gutanga umusanzu mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda ukaba ugizwe n’abayobozi bari muri Guverinoma n’abayihozemo ndetse n’abo bashakanye.

Ufite intego yo “Kwimakaza umuco w’ubumwe n’amahoro, byo nkingi z’iterambere rirambye.”

Umaze gukora ibikorwa by’indashyikirwa birimo kubakira amacumbi ‘Ababyeyi b’Intwaza’ bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

2018-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Ubwanditsi 26 May 2017
Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Imyaka itatu nk’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko ageze kuki?

Imyaka itatu nk’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko ageze kuki?

Ubwanditsi 28 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC ikomeje gushinga Imizi I Bugande Aho Ubu Ivugwaho Gushinga Ikigo Kigisha abacengezamatwara bayo ingengabitekerezo no Guhungabanya Umutekano
Amakuru

RNC ikomeje gushinga Imizi I Bugande Aho Ubu Ivugwaho Gushinga Ikigo Kigisha abacengezamatwara bayo ingengabitekerezo no Guhungabanya Umutekano

Ubwanditsi 30 Sep 2020
Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba
Amakuru

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo
Mu Rwanda

Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 30 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru