• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»“Ndi Umunyarwanda” iragarutse , umukoro ku ihuriro Unity Club

“Ndi Umunyarwanda” iragarutse , umukoro ku ihuriro Unity Club

Ubwanditsi 26 Oct 2018 ITOHOZA

Abayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu kugeza ku b’Uturere na Sosiyete Sivile; bitabiriye ihuriro ngarukamwaka rya Unity Club Intwararumuri, riza kwibanda ku kuganira kuri “Ndi Umunyarwanda” by’umwihariko.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu nibwo iri huriro rya 11 ryateraniye mu ‘Intare Conference Arena’ i Rusororo, ryitabiriwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Unity Club, Madamu Jeannette Kagame.

Iri huriro ryateguwe na Unity Club ku bufatanye na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), rifite insanganyamatsiko igira iti “Ndi Umunyarwanda: Inkingi yo kubaka amahoro mu muryango.’

Biteganyijwe ko riza kugaruka ku rugendo rwa Ndi Umunyarwanda no kwiga uko rwanozwa ngo rushinge imizi mu muryango no mu rubyiruko kandi rukomeze kuzirikana inkingi eshatu iyi gahunda yubakiweho arizo: Kwiyumvamo Ubunyarwanda, Indangagaciro na Kirazira bigamije kwimakaza umuco nyarwanda.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka iranahuza na bimwe mu byemezo-ngiro byaganiriweho ubwo hasozwaga Ihuriro rya 10 birimo gukomeza gushyigikira gahunda ya Ndi Umunyarwanda n’izindi ziyubakiyeho, igashyirwamo imbaraga, kwimakaza ubunyarwanda, ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, abatuye mu gihugu n’ababa mu mahanga.

Mu ijambo yabagejejeho, umufasha w’Umukuru w’igihugu, arahumuriza abana bagizwe imfubyi na jenoside, ko iyo umuntu abarebye ababonamo icyizere, ati “Ndifuza guhumuriza abato bagizwe imfubyi na Jenoside. Nigeze kubabwira ko iyo umuntu abarebye ababonamo icyizere ku buryo utatekereza ko mwakomeretse”.

Madamu Jeannette Kagame avuga ko abakiri bato hari byinshi babonesheje amaso ndetse n’ibyo batabonye bikaba bibabera umuzigo, akaba abizeza ko nk’abakuru bazakomeza kubaba hafi.

Ati “Hari byinshi mwarebesheje amaso y’abana, ubu bibaremereye. Hari n’ibyo mwabonye bikababera umutwaro; ndetse hari n’ibyo mutaciye iryera ariko bibabera umuzigo. Hari bamwe muri mwe musa n’abibuka ibyo mutazi, kuko mwari bato cyane,… Mwarakoze kubyumva kandi muri bato. Muhumure ababyeyi turahari, tuzakomeza gufashanya urugendo rwo kudaherwanwa mwatangiye”.

Mu butumwa yageneye abakuru, arabasaba gukira ibikomere nyuma y’ibihe bigoye baciyemo ndetse binafite ingaruka ku buzima bwabo, kugira ngo batange urugero rwiza ku bato.

Ati “Twahanganye n’ibihe bigoye, bifite ingaruka z’igihe kirekire ku bana bacu. N’ubwo tutahindura amateka, hari byinshi twamaze gusobanukirwa, ariko na none ibisigaye ntibizikemura,… Dukwiriye kubanza gukira ibikomere ubwacu, kugira ngo dukize abato, tubahe umurage mwiza. Uko duhererekanya ibikomere n’ubudasa bw’u Rwanda, bigera no ku rubyiruko rwacu”.

Arasaba abakiri bato kurushaho gukomeza gushaka icyateza imbere u Rwanda, bima icyuho uwo ari we wese washaka kubarebera mu ishusho y’abafitiye igihugu igihemu.

Yagize ati “Uyu munsi, rero mumenye ko nta gihemu mufitiye Igihugu. Uwo ari we wese washaka kubarebera muri iyo shusho, ntimukamuhe uwo mwanya, mukomeze kwiyubakira u Rwanda”.

Abasaba gukoresha amahirwe bahawe n’ubuyobozi bw’Igihugu, barushaho gushakisha icyazana amahoro arambye, ndetse ko uko ariko gukira nyako, ibirenze kuri ibyo ngo iryo akaba ari naryo shami rya NdiUmunyarwanda.

Mme Jeannette Kagame

Mu ihuriro ry’uyu mwaka hatumiwe urubyiruko ruhagarariye abandi, ngo rugaragarize abayobozi ibyifuzo byarwo n’uko bafashwa mu kwiyubaka.

Hateganyijwemo ibiganiro nyunguranabitekerezo bibiri kimwe kigira kiti “Ndi Umunyarwanda, icyomoro n’igihango, inkingi y’amahoro arambye mu muryango, hitawe ku rubyiruko by’umwihariko”; ikindi kikaba “Tubyirukira aho mwaturaze, uko twahasanze.”

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Unity Club, Oda Gasinzigwa, yashimangiye ko muri iri huriro haza guhererekanywa amateka hagati y’abakuru n’abato, rikaza gusozwa hafatwa ingamba zihamye zo gusigasira umuryango Nyarwanda n’igihugu.

Ku mugoroba, Umuryango Unity Club urashimira Abarinzi b’Igihango bane, ku bwo guharanira ubumwe. Abo barimo umuhanzi Rugamba Cyprien, Musenyeri wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, Hakizimana Célestin n’Umuryango AERG.

Hanarimo kandi Mukandanga Dorothée wari umuyobozi wa “Ecole des Sciences Infirmirèes de Kabgayi” mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, wagerageje kurwana ku banyeshuri be Interahamwe zishaka kubica no kubafata ku ngufu.

Unity Club Intwararumuri yashinzwe muri Gashyantare 1996 na Madamu Jeannette Kagame, ni umuryango ugamije gutanga umusanzu mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda ukaba ugizwe n’abayobozi bari muri Guverinoma n’abayihozemo ndetse n’abo bashakanye.

Ufite intego yo “Kwimakaza umuco w’ubumwe n’amahoro, byo nkingi z’iterambere rirambye.”

Umaze gukora ibikorwa by’indashyikirwa birimo kubakira amacumbi ‘Ababyeyi b’Intwaza’ bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

2018-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Ubwanditsi 27 Feb 2024
Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018
Press Conference : Intambara yongeye kurota hagati ya Donald Trump n’Itangazamakuru

Press Conference : Intambara yongeye kurota hagati ya Donald Trump n’Itangazamakuru

Ubwanditsi 14 Jan 2017
I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye  mu muhango wo guherekeza muka Rusagara

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye mu muhango wo guherekeza muka Rusagara

Ubwanditsi 30 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye
Mu Rwanda

Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi
Amakuru

Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Ubwanditsi 28 Feb 2022
Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera
POLITIKI

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Ubwanditsi 10 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru