• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»New York: Perezida Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni

New York: Perezida Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni

Editorial 12 Apr 2019 POLITIKI

Perezida Paul Kagame uri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagiranye ibiganiro byihariye n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, kuri uyu wa Kane, tariki ya 11 Mata 2019.

Aba bayobozi bombi bahuriye ku Cyicaro cya Loni kiri i New York. Ibikubiye mu biganiro bagiranye ntibyahise bishyirwa ahabona.

Perezida Kagame yabonanye na Guterres aherekejwe n’abarimo Ambasaderi Valentine Rugwabiza uhagarariye u Rwanda muri Loni.

Umukuru w’Igihugu yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Leta ya New York mu gihe u Rwanda rwifatanyije n’amahanga mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahitanye abarenga miliyoni.

Umuryango Mpuzamahanga wananiwe guhagarika Jenoside yarimo ikorwa mu Rwanda ndetse ingabo zawo zari zihari zisubirira iwabo zisiga Abatutsi bari kwicwa.

Tariki 26 Mutarama 2018, Inteko Rusange ya Loni yemeje ko tariki 7 Mata buri mwaka izajya iba Umunsi Mpuzamahanga wo kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Mu butumwa yageneye abatuye Isi ku wa 7 Mata 2019 ubwo u Rwanda rwinjiraga mu cyumweru cy’icyunamo, Guterres yahamagariye abantu kurwanya ikibi aho kiri hose nk’uburyo bwiza bwo guha icyubahiro inzirakarangane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati “Imvugo z’urwango n’izihamagarira ubugizi bwa nabi zigomba kugaragazwa, zikarwanywa kugira ngo twirinde ko zatugeza aho zatugejeje mu gihe cyashize, ku byaha by’urwango na Jenoside.”

“Ndahamagarira abanyapolitiki, abayobozi b’amadini n’imiryango itegamiye kuri Leta gutandukana n’imvugo z’urwango n’amacakubiri kandi baharanire kurandura icyari cyo cyose kinyuranye n’imigirire myiza.”

Yakomeje avuga ko “Ubushobozi bw’ikibi bugaragara hose mu miryango tubamo ariko ni nako indangaciro zo kumva, ubugwaneza, ubutabera n’ubwiyunge ziturimo. Reka dufatanye kubaka ejo heza huzuye amahoro kuri twese. Nibwo buryo bwiza bwo guha icyubahiro abatakaje ubuzima bwabo mu Rwanda, imyaka 25 ishize.”

Src : Igihe

2019-04-12
Editorial

IZINDI NKURU

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Editorial 01 Feb 2025
Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside

Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside

Editorial 08 Mar 2018
Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi ko bakwiye gukora bakirinda inyungu zabo bwite

Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi ko bakwiye gukora bakirinda inyungu zabo bwite

Editorial 28 Feb 2020
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Editorial 16 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda
HIRYA NO HINO

Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda

Editorial 10 Sep 2019
Hadutse imirwano mu gace ka Bunagana nyuma y’iburirwa irengero rya Gen Makenga
ITOHOZA

Hadutse imirwano mu gace ka Bunagana nyuma y’iburirwa irengero rya Gen Makenga

Editorial 14 Nov 2016
Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi
Amakuru

Tshisekedi ntashobora gutsinda intambara buri wese amwikangamo umwanzi

Editorial 12 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru