• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Editorial 05 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umugabo w’umugande wari warihinduye umunyarwanda witwa Asuman Bisiika wahoze ari umunyamakuru w’Umuseso na Newslines waje kwirukanwa mu Rwanda mu mpera z’imyaka 2002, kubera ibyaha bya Ruswa n’ubugambanyi, ubu akaba yaramaze kwinjira mu kigare cya RNC cyo gukwirakwiza propaganda zibinyoma ku byerekeranye n’umuryango wa Fred Rwigyema n’itabaruka rya mushiki we Joy Agaba, akaba arimo kujyanisha iryo tabaruka na politike.

Mu myaka mike yamaze I Kigali, yahakoze amarorerwa kugeza ubwo mu mwaka w’2002, urwego rw’abanjira n’abasohoka rumujugunye ku mupaka wa Gatuna, rumwihanangiriza kongera kugaruka kubutaka bw’u Rwanda, dore ko yari avuye muri gereza ya Kigali [ 1930 ], azira ibyaha bya ruswa. Ariko igitangaje n’uko Asuman Bisiika mu myaka igera muri 17 atazi Kigali, bityo agashaka kwihindura intyoza ku bintu byose birebana n’URwanda.

Iyaba Bisiika koko yari afite icyazi ku Rwanda, yakabaye azi impamvu ikiriyo  cya Joy Agaba kitigeze kimenyekana cyane. Bisiika nk’umugande aziko Abagande bitabira ibiriyo ari benshi cyane. Aho bafunga ibiro, n’ibindi bikorwa byose bakitabira ibiriyo. Ndetse bakanakodesha n’abarira ku kiriyo. Uwo niwo muco wabo, kandi ntawe ubaveba kuba aribwo buryo bwabo. Abanyarwanda bakaba  bakora ibintu byabo mu buryo bwabo .

Bityo bakaba bakunda imihango idahambaye iba yiganjemo abanyamuryango ba hafi, bityo ukaba udashobora kuhabona icyaro cyose cyataye ibyo cyakoraga mu rwego rwo kujya kwitabira ikiriyo cy’umuntu watabarutse.

Ibi akaba aribyo bituma umuntu nka Bisiika n’abandi benshi  basa nawe hakurya y’umupaka bahita bafata umwanzuro bakandika . “ Kagame ntiyigeze ajya mu kiriyo cya Joy!” Bagatera induruuuu.  Icyo umuntu yavuga nuko, aba bantu bakwiye kwiga umuco wo kubaha. Bakaniga guha agaciro umuco!

Umuntu akaba yatanga urundi urugero .Imico myinshi y’abaturage ba Uganda isaba ko iyo umuntu yitabye Imana, icyaro cyose cyibyuka kikajya kurara hanze muri urwo rugo aho nyakwigendera yabaga. Mu Rwanda umuryango n’abaturanyi bubahiriza uwo muhango , bakamarayo amasaha macyeya bafata mu mugongo umuryango wapfushije, hanyuma bagataha.

Ninde wundi ukurikiyeho Abaturage ba Uganda bazaba barimo kuveba, ku mpamvu zuko atigeze ajya mu kiriyo cya Joy?

Imana niyo izi byose. Biteye umujinya ukuntu Ubutegetsi bwa Museveni bwifashisha propaganda bwivuye inyuma mu rwego rwo guhindanya  urwibutso rwa Joy; umutegarugori wakundwaga na benshi , wasezeweho mu cyubahiro gihanitse.

Muri iyi myaka yose Bisiika yageragezaga kwigira impuguke ku Rwanda, umuntu akaba yakwibaza niba ntacyo yaba azi kuri ibi bintu. Ku rundi ruhande ariko, ashobora kuba arimo kubyina  imbyino  y’umukoresha we ariwe The Monitor na Rujugiro barimo gutera, ubu The Monitor yahindutse igikoresho cyo gukwirakwiza  amakuru y’urwego rw’ubutasi rwa Uganda rushinzwe gukwirakwiza ibihuha.

Iri sesengura risa n’inyandiko z’abandi banyamakuru bari bamaze iminsi bakora vuba aha, ku birebana ku mubano utameze neza hagati ya Kigali  na Kampala, nk’inyandiko ye yo ku wa Gatandatu 23 Ugushyingo, yari ifite umutwe ugira uti, “Birababaje: Ubwumvikane buke hagati y’URwanda na Uganda bishobora gutuma Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba usenyuka”.

Yari imeze nk’iya Bisiika , nyamara kandi, akaba atarigeze aha agaciro amasezerano y’ubwumvikane ya Luanda hagati y’u Rwanda na Uganda “Aho yanditse ngo “ Ese amasezerano y’ubwumvikane ya Luanda hagati ya Jen. Paul , nkuko yabyanditse, yibaza niba ayo masezerano yarapfuye cyangwa ari mu cyumba cy’indembe?”

Uyu muntu ni biri hanze cyane,  muri buri kintu cyose akora. Iyo nyandiko yari irimo amagambo amwe namwe y’ururimi rw’Ikinyarwanda yagiye adoda  nk’uko akunze kubikora, mu rwego rwo kugerageza kwerekana ko ari impuguke ku Rwanda.” Ni ukwishyiraho ; biroroshye ku muntu w’impuguke ku birebana na sosiyete Nyarwanda.

Muri iyo nyandiko ye, bigaragara ko ashishikajwe n’ ikinyoma ku birebana n’ibikorwa bya Museveni –Umutegetsi w’igihigu cye, udaterwa isoni no gushyigikira imitwe igamije guhungabanya URwanda n’ubuyobozi bw’URwanda, buharanira kurida abaturage babwo inzego z’umutekano za Uganda.

Bisiika akaba yarahisemo kugera icyirenge mu cy’itangazamakuru rya Uganda aho buri wese yahisemo  guteza imbere inyungu ze, naho ubunyamwuga bakabushyira iruhande, bagamije kwandika kuri aba Baperezida. “ intonganya hagati ya abajenerali babiri”, mu magambo ye.

Ni ubunebwe, uburangare bikaba byakwandikwa mu kinyamakuru cyashowemo akayabo kugirango giharabike URwanda kurusha Uganda.

Umuntu akaba yakwibaza niba bameze nkuriya niba bakunda kwigagaza ”,Ese ni gute URwanda rwaba urwitwazo mu bibazo byabo?.

Uganda niyo icumbikiye udutsiko twatangije intambara ku muturanyi, kugeza naho umuterankunga wa RNC yubatse uruganda mu majyaruguru ya Uganda, aho abategetsi bo mu nzego zo hejuru bafitemo imigabane. Cyangwa se no kuba Kampala yarorohereje RNC gukoresha inzego z’ubutasi  nka CMI mu rwego rwo gushimuta inzirakarengane z’Abanyarwanda baba muri Uganda nta nkomyi, nka bumwe mu buryo bw’intambara ku Rwanda.

Cyangwa se kugeza naho aho inzego z’ubutasi zikorana n’abambari ba RNC, mu rwego rwo gutoza abarwanyi ba RNC , ari nako baborohereza mu rwego rwa Taransiporo bagana mu makambi aho batorezwa. Izi zikaba ari zimwe mu ngero nkeya zigamije kugirira nabi URwanda bikorwa n’ubutegetsi bwa Museveni.

Iyaba Bisiika yari umunyamakuru w’inyangamugayo, yakabaye yarabajije ubutegetsi bwe niba URwanda rucumbikira ababa bashaka guhungabanya Uganda ? Ibyo bikaba byaba ari ugushakisha ukuri, kandi Bisika na bashebuja batabyitayeho.

Ariko kandi se, ni ubuhe bunyangamugayo wakwitega ku muntu nkuwo, witerera mu by’URwanda, nyamara kandi vuba aha muri 2016, aribwo Museveni yarimo yica umusubirizo Abakonjo  n’’abakonjokazi bene wabo muri Kasese?

Bisika, umukonjo mwiza yakabaye ariwe uririra bene wabo, aho kwifatanya nabo bamwiciye.

2019-12-05
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Editorial 09 Nov 2019
Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Editorial 21 Jan 2019
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Editorial 05 Feb 2024
Abatemera yuko FDRL igiye ni abashinyaguzi

Abatemera yuko FDRL igiye ni abashinyaguzi

Editorial 06 Jun 2016
Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Editorial 09 Nov 2019
Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Editorial 21 Jan 2019
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Editorial 05 Feb 2024
Abatemera yuko FDRL igiye ni abashinyaguzi

Abatemera yuko FDRL igiye ni abashinyaguzi

Editorial 06 Jun 2016
Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Editorial 09 Nov 2019
Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Abayobozi ba AU basubitse urugendo bagombaga kugirira muri RDC

Editorial 21 Jan 2019
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Denis
    December 8, 20193:51 pm -

    Ariko uwo Mushiki wa Rwigyema yazize iki niba atarazize ibijyanye na Politique none se niba mutaranditse icyo yazize nimbeba yaripfuye cg numuntu uciriritse kuburyo atakwandikwaho ninkuru ngufi igaragaza icyo yazize ese ubundi nigute agwa Aho atuye nta bitaro biraho mudufashe kumenya icyo yazize tuve mugukeka
    Murakoze

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru