• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Editorial 22 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hari icyegeranyo cya “World Happiness Report” giherutse gusohoka gishyira u Rwanda ku mwanya wa mbere mu bihugu byo muri aka karere k’uburasirazuba bwa Afrika mu kugira abaturage ngo batishimye.

Iyo usesenguye icyo cyegeranyo, usanga kiri mu mujyo umwe n’uwa raporo z’abandi bagambiriye inabi nka Human Rights Watch, zigamije guhindanya isura y’u Rwanda. Ibi byegeranyo byahindutse ubundi bwoko bw’intwaro zo kurwanya u Rwanda, dore ko abanzi basanze gukoresha imbunda bitabagwa amahoro.

Abahanga bavuga ko ubundi ujya kureba niba abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye, hari ibimenyetso byagombye kugenderwa: Bimwe muri byo twavuga kubahiriza amategeko n’ ubutabera kuri bose, umutekano usesuye, ubuvuzi, ibiribwa bihagije, imikino n’imyidagaduro n’ibindi.

Urebesheje ijisho ritabogamye, usanga mu Rwanda nta muntu uri hejuru y’amategeko, bivuze ko nubwo nta byera ngo de, ubutabera bwubahirizwa kuri buri wese. Umunyabyaha arahanwa, umwere akidegembya.

Inzego zirwanya akarengane, iziharanira uburenganzira bwa muntu zirahari kandi zirakora, mu gihe mu bihugu byinshi muri aka karere, ukomeye mu butegetsi cyangwa mu mafaranga amategeko atamureba.

Umutekano uri mu Rwanda usumba kure uw’ibindi bihugu , harimo n’ibyo mu Burayi n’Amerika. N’ikimenyimenyi u Rwanda ruherutse gushyirwa ku mwanya wa mbere mu bihugu umuntu ashobora kugenda ijoro ryose, aho ariho hose mu gihugu, ari wenyine ntihagire umusagarira.

Mu bihugu byinshi usanga abajura, abicanyi n’abandi bagizi ba nabi ntawe ubakoraho, kubera ruswa n’inzego z’umutekano zijegajega.

Muri aka karere ndetse no muri Afrika muri rusange, u Rwanda ruri mu bihugu bya mbere bifite ubuvuzi bunoze.

Ubwisungane mu kwivuza(mituweli) no mu bihugu byitwa ko byakataje mu iterambere barabugerageje birananirana, mu gihe mu Rwanda byafashije abaturage kurwanya indwara zabahitanaga kubera kubura amikoro yo kwivuza.

Ibikorwaremezo by’ubuvuzi byegerejwe abaturage, ubukangurambaga mu kurwanya indwara bushyirwamo imbaraga nyinshi, maze umubare w’abapfaga batageze kwa muganga uragabanuka cyane.

Nyamara mu bihugu byinshi, birimo n’ibyo muri aka karere, hari za districts zitagira ivuriro na rimwe, ahari amavuriro nta miti, mbese abaturage baracyabaho nko mu myaka mirongo 30 ishize.

Ishami ry’ Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, OMS, ntirihwema gushima u Rwanda kubera imbaraga rushyira mu gukingira indwara z’ibyorezo nka COVID-19, imbasa n’izindi zigihitana abantu benshi mu bihugu duturanye.

Ku bijyanye n’ibiribwa, hambere za Gikongoro na Kibuye zari zarazahajwe n’inzara, hitwazwa ko ubutaka busharira cyangwa bwagundutse. Ubu ibyo byabaye amateka, kubera gahunda za Leta y’uRwanda zo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi.

Twavuga nko guhitamo igihingwa kiberanye n’akarere runaka, gahunda yo guhuza ubutaka aho guhinga bya gakondo, gahunda yo kuhira imyaka Leta itangaho amafaranga atagira ingano, “Nkunganire” ifasha abahinzi kubona inyongeramusaruro, n’izindi zigamije kongera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi. Ntawabura kuvuga ko imihindagurikire y’ibihe ari ikibazo ku isi yose, imwe mu naruka ikaba igabanuka ry’ibiribwa.

Nta n’uwakwirengagiza ariko ingamba zifatwa ngo umuhinzi wo mu Rwanda areke gushingira amahirwe ku kirere. Mu bihugu byinsh nyamara, birimo n’ibyo duhana imbibi, hari uturere bizwi ko kuva kera inzara yabaye akarande, nyamara byo bifite n’ubutaka bwo guhinga buhagije.

Agace kose watemberamo mu Rwanda, abantu baridagadura. Haba mu mikino, mu busabane abaturage bitegurira, n’ahandi abantu bahurira bakishima. Icyakora icyorezo cya COVID-19 cyakomye mu nkokora ibintu byinshi, harimo n’iyo mikino n’imyidagaduro, kandi nta gihugu bitagezeho.

Icyiza mu Rwanda hafashwe ingamba zikwiye, none amasitade yarongeye yakira abafana, ibitaramo, utubari n’utubyiniro byarafunguwe, ubuzima buragenda busubira mu buryo, ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyo cyago.

Ushaka kunyomoza azagere i Remera ya Kigali, mu Biryogo, za Rubavu n’ahandi hose, maze yirebere ibyishimo bitangaje mu baturage. Mu bihugu bimwe na bimwe ubutegetsi bwahisemo kureka abaturage babyiganira mu tubari, mu masitade, mu nsengero n’ahandi hahurira abantu benshi, kandi byatumye Covid-19 ikwirakwira cyane. Ibi nibyo abategura ibi byegeranyo bifurizaga u Rwanda?

Ibyegeranyo bisohorwa ku Rwanda bishingira ku marengamutima, aho usanga hifashishwa ubuhamya bw’abasanzwe mu bikorwa bisebya uRwanda n’abayobozi barwo. Uzasanga abategura izi raporo zipfuye baravuganye na Ingabire Victoire, ba Ntaganda Bernard, Cyuma Hassan, Uwimana Agnès, Ntwali Willams, n’abandi babeshejweho no gusiga isura mbi u Rwanda.

Uko byagenda kose, basohora ibyegeranyo bagira, imigambi yabo mibisha ntacyo izatwara u Rwanda.

Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka . Abanyarwanda bakora ibibakwiye ngo biteze imbere, batagize uwo bagamije gushimisha. Nibo bazi ibyo bakeneye, n’uburyo bwo kubigeraho.

Ibi byegeranyo bibogamye rero sibyo bizaza kubahindurira icyerekezo kizima bahisemo.

 

 

2022-03-22
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Editorial 10 Jan 2019
Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Uganda: Umukuru w’igipolisi aravugwaho guha abaturage uburenganzira bwo kujya batera abapolisi amabuye

Editorial 25 May 2018
Myugariro w’umunyarwanda  Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus

Myugariro w’umunyarwanda Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus

Editorial 03 Aug 2022
AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya

AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya

Editorial 29 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa
Mu Mahanga

Zimbabwe: Babiri bari muri Guverinoma ya Mugabe bagejejwe mu rukiko bashinjwa ruswa

Editorial 07 Jan 2018
Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza
INKURU NYAMUKURU

Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Editorial 29 Dec 2017
Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro
ITOHOZA

Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Editorial 09 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru