• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?
Dr Diogene Bideri

Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?

Editorial 23 Feb 2020 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, iheruka kwakira uhagarariye itsinda ryashyizweho na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ngo rikore iperereza ku bikorwa by’icyo gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ryari mu Rwanda mu ntangiro z’uku kwezi, barigaragariza ko bifuza ko rikora ibitandukanye n’abaribanjirije.

Umunyamategeko wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Diogene Bideri, aherutse kubigarukaho mu kiganiro yahaye urubyiruko ruhagarariye urundi rwo mu Ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, muri gahunda ya “Rubyiruko Menya Amateka Yawe”, ku wa 13 Gashyantare.

Yavuze ko kugeza ubu hari uburyo bwagiye bushyirwaho kugira ngo hacukumburwe uruhare rw’iki gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, harimo n’itsinda riherutse gushyirwaho na Perezida w’iki gihugu, Emmanuel Macron, kugira ngo rijye mu mizi iby’iki kibazo kimaze imyaka irenga 25.

Muri Mata 2019 PerezidaMacron yatangaje ishyirwaho rya komisiyo igizwe n’abahanga mu mateka n’abashakashatsi, izasesengura inyandiko icyo gihugu kibitse zigaragaza ibikorwa byacyo mu Rwanda hagati ya 1990-1994, ngo hashyirwe ahabona ukuri ku ruhare rwacyo muri Jenoside yakorewe abatutsi.

Biteganyijwe ko iryo tsinda rizatanga raporo mu myaka ibiri uhereye igihe ryashyiriweho, rikazafasha mu gutegura neza imfashanyigisho zakwifashishwa no kwigisha mu Bufaransa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni itsinda riyobowe na Prof. Vincent Duclert.

U Rwanda rwakiriye uhagarariye iryo tsinda

Dr Bideri yagize ati “Komisiyo yashyizweho na Macron y’abashakashatsi igomba kwerekana uruhare rw’Abafaransa, uyiyobora yaje kudusura, yaje no muri CNLG turamwakira, twaramubwiye tuti ni byiza ko mwashyizeho komisiyo yanyu ariko twizeye ko itazaza yiyongera ku zindi zabanje kugira ngo ivuge bimwe nk’ibyavuzwe n’abandi, gusa we yatubwiye ko bakorera mu wundi murongo.”

Imyaka ine nyuma y’iyicwa rya Habyarimana, nibwo mu Bufaransa hatangiye iperereza ngo hamenyekane uwagize uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, iyo mirimo yahise ishingwa umucamanza Jean Louis Bruguière.

Uyu iperereza rye arirangije, yatunze agatoki FPR yahagaritse Jenoside n’ubwo nta bimenyetso bifatika yari yabashije kugaragaza, aza kuvuguruzwa n’umucamanza Marc Trévidic, wagaragaje ko uwarashe indege ya Habyarimana yari mu kigo cya gisirikare cya Kanombe cyari mu maboko y’ingabo za ex FAR.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène, nubwo yirinze kugira byinshi avuga kuri iri tsinda ryaje mu Rwanda, yabwiye IGIHE ko kuba ryaragiyeho ari byiza, ariko icyo u Rwanda rutegereje ari akazi rizakora.

Yagize ati “Ku ruhare rw’u Bufaransa hari ibisanzwe bizwi nabo ubwabo bemera kandi byasohotse muri raporo y’abadepite b’Abafaransa bakoze mu 1998, hari inyandiko basohoye muri iyo raporo zerekana ubufasha bagiye batanga mu bya gisirikare, politike n’ibindi bahaga ingabo z’u Rwanda na leta.”

“Hari ibyagaragajwe na ‘raporo Mucyo’ yasuzumye uruhare rw’Abafaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyo birahari, hari itangazamakuru ryaba iryo mu Bufaransa n’ahandi, hari raporo yakozwe na Sena y’Ababiligi nubwo cyane yavugaga ku Bubiligi ariko hari aho bagaragaza ko hari n’ibindi bihugu byatanze inkunga harimo n’u Bufuransa, icyo dutegereje ni uko Komisiyo yashyizweho na Macron igaragaza ibindi bidasanzwe bizwi hashingiwe ku nyandiko n’ibindi bimenyetso bafite, ni icyo dutegereje nta kindi.”

Ikibazo cy’uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe abatutsi cyakunze guteza igitotsi mu mubano w’ibihugu byombi, gusa muri iki gihe u Bufaransa bugaragaza ubushake bwo kurenga ayo mateka mabi.

2020-02-23
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza

Editorial 18 Feb 2022
Lt Gen Kamanzi yatangiye ubutumwa bwe nk’Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS

Lt Gen Kamanzi yatangiye ubutumwa bwe nk’Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS

Editorial 30 May 2017
Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Editorial 08 May 2017
Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin

Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin

Editorial 29 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside
POLITIKI

Uko Kambanda yemereye urukiko ko Guverinoma ye ari yo yakoze Jenoside

Editorial 09 Apr 2020
POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0
Mu Mahanga

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Editorial 18 Apr 2016
Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017
UBUKUNGU

Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Editorial 27 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru