• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Niba uribwa mu nda mu gihe cy’imihango? Dore inama

Niba uribwa mu nda mu gihe cy’imihango? Dore inama

Editorial 02 Mar 2016 IMIKINO

Abakobwa benshi bagira ikibazo cyo kuribwa mu gihe bari mu mihango, nyamara ibi ngo biri mu mpamvu za mbere zishobora gutuma umukobwa aba ingumba mu gihe benshi batabyitaho.

-2338.jpg

Nk’uko Dr Butoyi Alphonse yabwiye Radio 10, umuganga uvura abagore mu bitaro bya la Croix du Sud aho bakunze kwita kwa Nyirinkwaya, abitangaza abakobwa hafi 50% bagira ikibazo cyo kuribwa mu gihe bari mu mihango ariko bitandukanira ku buryo bababara aho bamwe bagira ububabare bworoheje abandi bakaribwa bikabije.

Asobanura ko uku kuribwa cyane cyangwa se “dysmenorhee severe” mu rurimi rw’Igifaransa akenshi bituruka ku misemburo yitwa Prostagrandine iyi misemburo ikaba izwi nk’imisemburo y’ububabare, ikaba ituruka mu gace kaba muri nyababyeyi kitwa “Endometre”.

Iyi “Endometre” mu gihe umukobwa yenda kubona imihango ya misemburo y’ububabare iba myinshi bitewe no guhinduka k’umubiri, bitavuze ko abakobwa bose batagira iyi misemburo ariko bitewe n’uburyo umubiri wirwanirira ngo niyo mpamvu bamwe baribwa abandi ntibaribwe.

Uku kuribwa rero n’ubwo usanga abakobwa benshi babifata nk’ibintu bisanzwe hakabaho n’abafata imiti bumvanye abandi, nyamara hari ubwo usanga ibi bituruka ku burwayi buba bushobora kuzatuma umukobwa mu gihe azaba akeneye kubyara bitamukundira.

Dr Butoyi avuga ko hari ubwo ubu buribwe buterwa n’indwara ishobora gufata aka gace ko muri nyababyeyi yitwa endometriose, aho uduce twa endometre tujya imbere mu nyama ya nyababyeyi bigatuma amaraso yipfundika mu nyama ya nyababyeyi bigatera ububabare.

“endometriose iri mu mpamvu za mbere ku isi zitera ubugumba iyo itavuwe hakiri kare ngo bigaragare ko ari yo ituma ababara birangira hahandi hahora havira kenshi ari ku nkondo y’umura ari no mu miyoborantanga hafunganye ku buryo kubyara biba ari ikibazo mbese bikamutera ubumuga buzamuvira mo kutabyara”.

Uyu muganga avuga ko ubusanzwe ibi iyo bigaragaye kare bishobora kubagwa aya maraso aba yaripfunditse agashiririzwa ku buryo umukobwa atagira ibi byago byo kuba ingumba.

Impamvu z’ingenzi zitera uburibwe mu gihe umukobwa ari mu mihango
Nk’uko muganga Butoyi abisobanura, imisemburo y’ububabare iba myinshi mu gihe umukobwa yitegura kubona imihango gusa bitewe n’uko umubiri wirwanaho hari aho bitagira icyo bihindura ku muntu.

Ubundi abakobwa baribwa mu bihe bitandukanye, aho usanga hari abababara mbere byibura iminsi itatu y’uko imihango iza, hakaba abatangirana n’imihango igitangira hakaba ubwo bamara iminsi itatu kugera kuri itanu nk’uko akomeza abivuga.

Dr Butoyi avuga ko umukobwa iyo akigimbuka nka nyuma y’amezi abiri cyangwa atatu ari ho bamwe bagira ubu bubabare batangira kubwumva kuko ngo ari bwo icyo bita “Cycle ovulatoire” mu rurimi rw’igifaransa kiba gitangiye kubaho.

Endometrioses iza ku isonga mu mpamvu za mbere zitera abakobwa kugira uburibwe mu gihe cy’imihango ndetse akenshi ku mukobwa uribwa bitewe n’iyi mpamvu akenshi bikaba bishobora kumuviramo guhagarika imihango mu gihe runaka kuko aba agira uburibwe bukabije.

Dr Butoyi yagize ati“umukobwa ufite ikibazo cya endometriose akenshi tubaha imiti yo guhagarika imihango mu gihe runaka bita zoradex ariko iyi miti nayo igira ingaruka zijya kumera nk’iz’umuntu wacuze”.

Iyindi mpamvu ishobora gutera kuribwa mu nda ni ukuba umukobwa afite ibibyimba mu nda muri nyababyeyi mo imbere (myomes socavitaire).

Umuyoboro wo mu nkondo y’umura iyo ari mutoya cyane (stenose) bitewe n’ubumuga umukobwa yavukanye cyangwa yarabazwe ku nkondo y’umura ukaba mutoya, nabyo bituma imihango iba myinshi mu nda ntisohoke neza hakabaho kuribwa.

-2340.jpg

Abagore babyaye babazwe nabo bashobora kugira ibyago byo kuribwa mu gihe bari mu mihango bitewe n’uko bashobora kuba mu gihe babagiwe twa duce two muri nyababyeyi twaragiye tujya mu nyama yajya ava akavira mu nyama ya nyababyeyi.

Ukuri ku miti ifatwa n’abakobwa mu gihe cy’imihango

Mu gihe usanga abakobwa bamwe baribwa bagahitamo kwihanganira ububabare batinya gufata imiti ngo itazabagiraho ingaruka, Dr Butoyi avuga ko imiti igabanya uburibwe mu gihe umukobwa ari mu mihango nta kibazo itera, ati “Muri rusange iyo miti nta kibazo itera ku buzima bw’imyororokere ahubwo nko kuri endometriose iyo adafashe imiti kare aba ashobora kutazabasha kubyara rero mu gihe afashe imiti bitinze atabyaye ntibivuze ko biba bitewe n’imiti ahubwo biba biturutse ku ngaruka yagize zatumye agira imihango imubabaza”.

Dr Butoyi avuga ko mu gihe umukobwa yahagarikiwe imihango, iyo igihe kigeze bikaba ngombwa ko akenera kubyara ahabwa indi miti yo kumufasha kongera gusubira ku murongo.

Kuba hari abakobwa babwirwa ko mu gihe bakoze imibonano mpuzabitsina bashobora guca ukubiri no kuribwa mu gihe cy’imihango, uyu muganga avuga ko uyu ari umuti muhimbano kuko ntaho bihuriye n’igitera ubu buribwe.
Dr Butoyi avuga ko ari byiza ku bakobwa bafite ikibazo cyo kubabara mu gihe bari mu mihango kwihutira kujya kwa muganga, aho gufata imiti baba babwiwe na bagenzi babo.

M.Fils

2016-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Editorial 19 Apr 2019
Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Editorial 11 May 2022
Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Editorial 10 Jun 2024
Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry,  Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry, Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa

Editorial 07 Dec 2023
Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Editorial 19 Apr 2019
Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Editorial 11 May 2022
Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Editorial 10 Jun 2024
Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry,  Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry, Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa

Editorial 07 Dec 2023
Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Editorial 19 Apr 2019
Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Editorial 11 May 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru