• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Niba uribwa mu nda mu gihe cy’imihango? Dore inama

Niba uribwa mu nda mu gihe cy’imihango? Dore inama

Editorial 02 Mar 2016 IMIKINO

Abakobwa benshi bagira ikibazo cyo kuribwa mu gihe bari mu mihango, nyamara ibi ngo biri mu mpamvu za mbere zishobora gutuma umukobwa aba ingumba mu gihe benshi batabyitaho.

-2338.jpg

Nk’uko Dr Butoyi Alphonse yabwiye Radio 10, umuganga uvura abagore mu bitaro bya la Croix du Sud aho bakunze kwita kwa Nyirinkwaya, abitangaza abakobwa hafi 50% bagira ikibazo cyo kuribwa mu gihe bari mu mihango ariko bitandukanira ku buryo bababara aho bamwe bagira ububabare bworoheje abandi bakaribwa bikabije.

Asobanura ko uku kuribwa cyane cyangwa se “dysmenorhee severe” mu rurimi rw’Igifaransa akenshi bituruka ku misemburo yitwa Prostagrandine iyi misemburo ikaba izwi nk’imisemburo y’ububabare, ikaba ituruka mu gace kaba muri nyababyeyi kitwa “Endometre”.

Iyi “Endometre” mu gihe umukobwa yenda kubona imihango ya misemburo y’ububabare iba myinshi bitewe no guhinduka k’umubiri, bitavuze ko abakobwa bose batagira iyi misemburo ariko bitewe n’uburyo umubiri wirwanirira ngo niyo mpamvu bamwe baribwa abandi ntibaribwe.

Uku kuribwa rero n’ubwo usanga abakobwa benshi babifata nk’ibintu bisanzwe hakabaho n’abafata imiti bumvanye abandi, nyamara hari ubwo usanga ibi bituruka ku burwayi buba bushobora kuzatuma umukobwa mu gihe azaba akeneye kubyara bitamukundira.

Dr Butoyi avuga ko hari ubwo ubu buribwe buterwa n’indwara ishobora gufata aka gace ko muri nyababyeyi yitwa endometriose, aho uduce twa endometre tujya imbere mu nyama ya nyababyeyi bigatuma amaraso yipfundika mu nyama ya nyababyeyi bigatera ububabare.

“endometriose iri mu mpamvu za mbere ku isi zitera ubugumba iyo itavuwe hakiri kare ngo bigaragare ko ari yo ituma ababara birangira hahandi hahora havira kenshi ari ku nkondo y’umura ari no mu miyoborantanga hafunganye ku buryo kubyara biba ari ikibazo mbese bikamutera ubumuga buzamuvira mo kutabyara”.

Uyu muganga avuga ko ubusanzwe ibi iyo bigaragaye kare bishobora kubagwa aya maraso aba yaripfunditse agashiririzwa ku buryo umukobwa atagira ibi byago byo kuba ingumba.

Impamvu z’ingenzi zitera uburibwe mu gihe umukobwa ari mu mihango
Nk’uko muganga Butoyi abisobanura, imisemburo y’ububabare iba myinshi mu gihe umukobwa yitegura kubona imihango gusa bitewe n’uko umubiri wirwanaho hari aho bitagira icyo bihindura ku muntu.

Ubundi abakobwa baribwa mu bihe bitandukanye, aho usanga hari abababara mbere byibura iminsi itatu y’uko imihango iza, hakaba abatangirana n’imihango igitangira hakaba ubwo bamara iminsi itatu kugera kuri itanu nk’uko akomeza abivuga.

Dr Butoyi avuga ko umukobwa iyo akigimbuka nka nyuma y’amezi abiri cyangwa atatu ari ho bamwe bagira ubu bubabare batangira kubwumva kuko ngo ari bwo icyo bita “Cycle ovulatoire” mu rurimi rw’igifaransa kiba gitangiye kubaho.

Endometrioses iza ku isonga mu mpamvu za mbere zitera abakobwa kugira uburibwe mu gihe cy’imihango ndetse akenshi ku mukobwa uribwa bitewe n’iyi mpamvu akenshi bikaba bishobora kumuviramo guhagarika imihango mu gihe runaka kuko aba agira uburibwe bukabije.

Dr Butoyi yagize ati“umukobwa ufite ikibazo cya endometriose akenshi tubaha imiti yo guhagarika imihango mu gihe runaka bita zoradex ariko iyi miti nayo igira ingaruka zijya kumera nk’iz’umuntu wacuze”.

Iyindi mpamvu ishobora gutera kuribwa mu nda ni ukuba umukobwa afite ibibyimba mu nda muri nyababyeyi mo imbere (myomes socavitaire).

Umuyoboro wo mu nkondo y’umura iyo ari mutoya cyane (stenose) bitewe n’ubumuga umukobwa yavukanye cyangwa yarabazwe ku nkondo y’umura ukaba mutoya, nabyo bituma imihango iba myinshi mu nda ntisohoke neza hakabaho kuribwa.

-2340.jpg

Abagore babyaye babazwe nabo bashobora kugira ibyago byo kuribwa mu gihe bari mu mihango bitewe n’uko bashobora kuba mu gihe babagiwe twa duce two muri nyababyeyi twaragiye tujya mu nyama yajya ava akavira mu nyama ya nyababyeyi.

Ukuri ku miti ifatwa n’abakobwa mu gihe cy’imihango

Mu gihe usanga abakobwa bamwe baribwa bagahitamo kwihanganira ububabare batinya gufata imiti ngo itazabagiraho ingaruka, Dr Butoyi avuga ko imiti igabanya uburibwe mu gihe umukobwa ari mu mihango nta kibazo itera, ati “Muri rusange iyo miti nta kibazo itera ku buzima bw’imyororokere ahubwo nko kuri endometriose iyo adafashe imiti kare aba ashobora kutazabasha kubyara rero mu gihe afashe imiti bitinze atabyaye ntibivuze ko biba bitewe n’imiti ahubwo biba biturutse ku ngaruka yagize zatumye agira imihango imubabaza”.

Dr Butoyi avuga ko mu gihe umukobwa yahagarikiwe imihango, iyo igihe kigeze bikaba ngombwa ko akenera kubyara ahabwa indi miti yo kumufasha kongera gusubira ku murongo.

Kuba hari abakobwa babwirwa ko mu gihe bakoze imibonano mpuzabitsina bashobora guca ukubiri no kuribwa mu gihe cy’imihango, uyu muganga avuga ko uyu ari umuti muhimbano kuko ntaho bihuriye n’igitera ubu buribwe.
Dr Butoyi avuga ko ari byiza ku bakobwa bafite ikibazo cyo kubabara mu gihe bari mu mihango kwihutira kujya kwa muganga, aho gufata imiti baba babwiwe na bagenzi babo.

M.Fils

2016-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

Editorial 10 Oct 2025
Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Editorial 03 Mar 2021
Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Jimmy Gatete yagarutse mu Rwanda azanywe no gufungura inyubako y’imyidagaduro yiswe “Kigali Universe”

Editorial 07 May 2024
Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Editorial 04 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara
Amakuru

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Editorial 08 Jan 2025
Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi
Amakuru

Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Editorial 02 Dec 2021
Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara
INKURU NYAMUKURU

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Editorial 20 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru