• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame

N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame

Editorial 05 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda  barenga ibihumbi bitatu magana atanu n’inshuti zabo baturutse mu mfuruka enye z’Isi bateraniye mu Mujyi wa Bonn mu Budage aho bitabiriye Rwanda Day, umunsi udasanzwe uganirirwamo iterambere ry’igihugu n’ahazaza harwo.

Perezida Kagame, yabwiye abitabiriye  Rwanda Day mu Budage  ko abagiriraga nabi u Rwanda uko imyaka ishira niko bagorwa no kongera, Perezida yagize ati “Ntibashirwa. Bazi ko ikitarashobotse icyo gihe ubu bwo …. Ntabwo byakunda, ntibishoboka. Ibyo ntabwo mbivugira kugira ngo twirate. Nta myaka itatu, itanu ishira hatabayeho uko kutugerageza, ariko nubwo bibaho, abakurikirana amateka, nujya muri buri gice cy’ubukungu cy’ubuzima, imibereho y’u Rwanda, wenda mwanabiganiriye mu biganiro byahise, mwasanze ko buri mwaka u Rwanda rutera intambwe muri buri ngeri y’ubukungu bw’u Rwanda.

Avuga ku banenga Rwanda Day, Perezida Kagame yavuze ko “Muri abo baturuka imbere bagashaka gutangira indege ngo itihuta, hari ibyo usoma abantu baba bandika. Ejo nahoze nsoma abantu bandika, mbese harimo no kunenga Rwanda Day. Ngo buriya ni Politiki yo kugerageza gushaka imbaraga mu Banyarwanda, kubikundishaho, ariko njye nshakisha ikinegu kirimo ndakibura, kubera ko njye nari nziko ari uko bigenda.”

Perezida Kagame yavuze ko “Tugenda nk’indege, n’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo tukagenda. Hari n’iduturuka inyuma idusunika, ni mwebwe. Ni mwe musunika u Rwanda mwanga ko hari ikirubuza gukomeza. Igikenewe ni uguhora twongera imbaraga zisunika indege yacu, twebwe, kugira ngo bitaba kugera aho tujya gusa, ahubwo tuhagere mu gihe gito.’’

Perezida Kagame  yavuze ko kimwe mu bikwiye kunengwa mu Rwanda ari imitangire itanoze ya serivisi ndetse ko atari ikintu gikwiriye guhora kivugwa n’ababigiramo uruhare bakanengwa.

Ati ‘‘U Rwanda iyo ruvugwa mu majyambere amaze kugerwaho, ntabwo bivuze ko hatari akazi ko gukorwa, karacyahari kenshi, ndetse binavuze ko hari ibibi bikorwa tugomba guhangana nabyo. Ariko umuntu ntiyabigira ikirego ngo avuge ngo mu Rwanda nta gihari, ibintu byose ni bibi.’’

Amafoto ya Perezida Kagame ubwo yageraga ahabereye Rwanda Day

Madame Jeannette Kagame na Mushikiwabo bari bafitanye urukumbuzi

Dukunda Abanyarwanda, turikunda

Perezida Kagame yavuze ko ‘‘Ugiye kureba mu ngengo y’imari y’igihugu, ibitwara amafaranga menshi ni uburezi, ubuzima, ubuhinzi n’ubworozi kugira ngo abantu bashobore kwigaburira, ibikorwa remezo kugira ngo byunganire ubukungu, abantu babone imirimo. Mu myaka 25 ishize, twazamuye icyizere cyo kubaho, kera uwageraga ku myaka 40 yabagaga ikimasa, agahamagara inshuti bakavuga ngo yagize imyaka 40 atarapfa. Ubu Abanyarwanda barabaho muri rusange bagasatira imyaka 70. Njye ndavuga iby’ababizobereyemo, babipima, bavuga, bo hanze batari no mu Rwanda.’’

‘‘Impfu z’abana n’ababyeyi bapfaga babyara, uko byagabanutse nta hantu birabaho ku Isi ukuntu byagabanutse mu Rwanda. Turakora ibintu biha abantu ubuzima, twarangiza tukaregwa ko tububambura? Ibyo se birashoboka? Uraha abantu kugera ku itumanaho ku gihugu cyose, umuntu ashyire yizane, avuge bitewe n’ishoramari twazanye warangiza ngo ubuza abantu kuvuga? Dukunda abantu, dukunda Abanyarwanda, turikunda, dukunda uburenganzira bwacu. Ibindi ni byo politiki mbi abaturega bakora. Aho muri hose muhafite uburenganzira, ariko aho mufite uburenganzira budashira, ahandi ho bashobora no kububaka, ariko iby’iwacu, iby’iwanyu nta muntu wabibaka. Ni ibyanyu, n’iyo ugiye ukagera aho Isi iherera ugasanga nta handi ho kujya, ugaruka iwanyu.’’

Perezida Kagame yavuze ko ko kimwe mu bikwiye kunengwa mu Rwanda ari imitangire ya serivisi itanoze

Rwanda Day ni igikorwa cyatangiye ku wa 4 Ukuboza 2010, icyo gihe cyabereye mu Bubiligi ku Mugabane w’u Burayi.

Kuri iyi nshuro Rwanda Day, yabaye ku nshuro ya 10 ihurije hamwe abasaga ibihumbi bitandatu, bateraniye mu nyubako ya World Conference Center iri mu zifite amateka ahambaye mu Budage.

Benshi baserutse mu byishimo by’ikirenga muri ibi birori by’imbonekarimwe ku Banyarwanda baba mu mahanga n’inshuti zarwo zishaka kumenya amakuru y’umunsi ku wundi yarwo n’amahirwe rwibitseho.

‘Rwanda Day’ ni umunsi umaze kumenyerwa nk’uhuza Abanyarwanda bo mu gihugu, ababa mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda, bagahuzwa n’intego imwe yo kuganira ku cyarushaho guteza imbere igihugu cyabo.

Kuva ku wa 4 Ukuboza 2010 ubwo Rwanda Day yaberaga mu Bubiligi, uyu munsi wasize amateka akomeye mu mpande zose z’isi, yaba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no mu Burayi aho wabereye. Umaze kwitabirwa n’abasaga ibihumbi 35 mu nshuro icyenda imaze kuba.

Minisitiri Anastase Shyaka, yahaye ikaza Abanyarwanda baba mu mahanga, abizeza umutekano usesuye yagize ati ‘‘Dufite umutekano udadiye pe. Muzi ibanga aho riri? Dufite inzego z’umutekano zitisukirwa. Ubucuti buri hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano. Iyo igihugu kimeze gityo kucyisukira ntibiba byoroshye. Wenda yakwinjira ariko ntiyasohoka. Demokarasi mu bihugu byinshi iyo bamaze kuvuga amatora…. Amatora yacu ni ubukwe ni amahoro kubera amahitamo, demokrasi ni iyubaka.”

“Niyo amatora arangiye ntawe utsindwa. Nta kwikanyiza akaba ari nayo mpamvu ihame ry’uburinganire rigomba kwimakazwa kandi ririmakajwe. Inzego z’ibanze igipimo ni ukurya isata burenge Inteko Ishinga Amategeko amahitamo yacu rero yubakiye ku kintu gikomeye. Iyo Abanyarwanda bahuye n’ibibazo bishakamo ibisubizo, haba mu bukungu, imibereho myiza ni uwishamo ibisubizo. Guhuriza imbaraga ku Rwanda amaboko yacu akarukorera ubwenge bwacu bukaba uko. Turashaka ko abo mu ntara z’imbere mugihurizeho amaboko n’ubwenge ntihagire urugambanira. Ahari Umunyarwanda hose haba habaye u Rwanda. Turagira ngo tugire diaspora ifite imiyoborere myiza ishakira u Rwanda amaboko n’amahoro twese ari abari imbere n’abari hanze. Twubake u Rwanda buri wese yifuza.’’

Rwanda Day iri kuba ku nshuro ya 10 yitabiriwe mu rwego rwo hejuru

Umuhanzi Kitoko Bibarwa yatangiye asusurutsa abitabiriye Rwanda Day binyuze mu bihangano bivuga ku kwiyubaka k’u Rwanda binyuze mu maboko y’abenegihugu

Uhereye ibumoso: Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Hakuziyaremye Soraya; Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, atanga igitekerezo muri Rwanda Day na Musoni Vedaste uyobora Diaspora Nyarwanda ku rwego rw’igihugu mu Budage bari bafite akanyamuneza
Alain Mukurarinda wahoze ari Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Rwanda (iburyo) mu bitabiriye Rwanda Day. Aha yafatanyaga n’abandi mu gushyiraho morali

Ni umunsi w’akanyamuneza…

U Rwanda ni yo ntero i Bonn

2019-10-05
Editorial

IZINDI NKURU

Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Editorial 08 Jul 2021
Perezida Museveni  n’abajenerali be bagiye gusubira mu byumba bitegurirwamo intambara

Perezida Museveni n’abajenerali be bagiye gusubira mu byumba bitegurirwamo intambara

Editorial 05 Dec 2018
Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Editorial 10 Sep 2020
Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Editorial 21 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha
HIRYA NO HINO

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Editorial 04 Oct 2019
Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa
Mu Mahanga

Uganda: Imvururu zishingiye ku butaka zaguyemo umwe, inzu 100 ziratwikwa

Editorial 19 May 2018
Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger
Amakuru

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Editorial 28 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru