Ikipe ya Police Volleyball Club yatangaje ko yasinyishije abakinnyi bashya babiri bari basanzwe muri shampiyona y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball.
Binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe batangaje ko Angiro Gideon ukomoka mu gihugu cya Uganda yaje muri iyi kipe avuye muri Rwanda Energy Group (REG) Volleyball Club.
Iyi kipe kandi yemeje ko yagiranye amasezerano na Niyonkuru Gloire wari usanzwe mu ikipe ya Gisagara Volleyball Club yo mu ntara y’Amajyepfo.
Aba bakinnyi bombi baje basanga Brian Melly, umunya Kenya waje muri iyi kipe avuye muri Tunisia aho yari asanzwe akina mu kiciro cya mbere.
Aba bakinnyi baje mu kwitegura umwaka utaha w’imikino wa Volleyball mu Rwanda, aho iyi kipe ya Police iteganya kwitabira amarushanwa atandukanye ariko KAVC 2025 izabera mu gihugu cya Uganda mu kwezi Gutaha.
Baritegura kandi imikino Nyafurika izwi nia Club Championship kugeza ubu hatarmenyakana aho izabera, gusa ikizwi ni uko izakinwa mu mwaka wa 2026.
Usibye aba bakinnyi binjiyemo, abandi barimo Twagirayezu Emmanuel, Ntanteteri Crispin bo berekeje mu ikipe ya REG VC na Matheus Bettim we asubira muri Brazil.







