• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Editorial 02 Jan 2016 Mu Rwanda

Perezida Pierre Nkurunziza yemeza ko u Burundi butifuza umubano mubi n’u Rwanda ndetse ko nta kibazo afitanye na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukuboza 2015 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ba radiyo zitandukanye zumvikana mu Burundi nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rw’Ingoro y’Umukuru w’Igihugu w’u Burundi.

Aho yahuriye n’amanyamakuru mu gace ka Gitega, Nkurunziza, mu magambo ye bwite, yagize ati “Nta kabi na kamwe kazova mu Burundi kaja kubanganira n’u Rwanda. Abanyarwanda ni ababanyi dusangiye vyinshi, amata… Nta mubano mubi twifuza. Umubanyi ni we muryango, ararivumereye nta mubano mubi dushaka ku Rwanda dutegerezwa kubana neza.”

Ubwo umunyamakuru yamubaza kuri Perezida Kagame, Nkurunziza yijeje ko nta kibazo gihari hagati ye na Perezida Kagame, ahubwo ngo ntawema kumusengera nk’umuyobozi washyizweho n’Imana.

Muri iki kiganiro kandi Perezida Nkurunziza yemeje nta kibazo cy’ubwoko kiri mu Burundi ashimangira ko umukoloni w’Umubiligi ari we wazanye amoko mu Burundi kugira ngo abone uko ategeka abantu bafite umwiryane.

-1540.jpg

Perezida Pierre Nkurunziza

Yagarutse kandi ku ngabo zishinzwe kubungabunga amahoro z’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika zishobora koherezwa muri iki gihugu, aho yagize ati “Abarundi n’u Burundi ntidukeneye ibigwanisho, dukeneye iterambere.” Ashimangira ko nta ngabo z’amahanga zikenewe ku butaka bw’u Burundi kuko nta mpande zishyamiranye.

Nkurunziza yabajijwe niba hari iperereza ryakozwe ku batwitse amaradiyo mu gihe cy’imvururu, maze avuga ko “amaradio yaturiwe n’abashatse guhirika ubutegetsi, ahubwo ni ukubahiga aho bari hose ngo bahanwe.”

Yasabye abashatse kumuhirika ku butegetsi ko bataha bakaburana nk’abagabo ndetse bagasaba imbabazi.

Abarundi batandukanye bagiye bakwirakwiza ibivugirwa mu kiganiro Perezida wabo yagiranaga n’abanyamakuru, babinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, bakoresheje hashtag yitwa #Ikiyago.

Ni ubwa mbere Perezida Nkurunziza akoresheje ikiganiro n’abanyamakuru kuva imvururu zatangira muri Mata uyu mwaka aho yanahaye rugari Abarundi bagahamagara bakamubaza ibibazo ku murongo wa telefone.

Yabijeje ko nta kibazo cy’ingengo y’imali u Burundi buzagira, ati “dufite inshuti, bamwe nibagenda, abandi bazaza.”

-1541.jpg

Abanyamakuru mukiganiro na Perezida Nkurunziza

-1542.jpg
Abarundi barenga ibihumbi 100 bamaze guhunga ibibera mu gihugu cyabo kuva muri Mata uyu mwaka, aho abasaga ibihumbi 70 bahungiye mu Rwanda, abandi bahungira muri Tanzania n’ahandi.

Imvururu zo mu Burundi zatangiye ubwo Perezida Nkurunziza yatangazaga ko aziyamamariza kuyobora u Burundi manda ya gatatu; ibintu bitavuzwe rumwe n’abantu banyuranye muri iki gihugu bamushinjaga guhonyora Itegeko Nshinga ry’iki gihugu ndetse n’amasezerano ya Arusha.

Source: izuba Rirashe

2016-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Ndimbati Aloys washakishwaga ku byaha bya Jenoside, yarapfuye

Ndimbati Aloys washakishwaga ku byaha bya Jenoside, yarapfuye

Editorial 14 Nov 2023
Amafoto – Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Musa Esunu wari uyoboye abandi muri shampiyona ya Uganda wanahise ahabwa nimero 7

Amafoto – Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Musa Esunu wari uyoboye abandi muri shampiyona ya Uganda wanahise ahabwa nimero 7

Editorial 26 Jan 2022
APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

Editorial 06 Oct 2021
Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Editorial 22 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame aremeza ko i Burundi hashobora kwaduka  Genocide ku bufatanye na FDLR
Mu Mahanga

Kagame aremeza ko i Burundi hashobora kwaduka Genocide ku bufatanye na FDLR

Editorial 25 Feb 2016
Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri
Amakuru

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Editorial 08 Nov 2022
Romeo Dallaire wayoboraga MINUAR mu gihe cya Jenoside yakiriwe na Gen Kabarere
Mu Mahanga

Romeo Dallaire wayoboraga MINUAR mu gihe cya Jenoside yakiriwe na Gen Kabarere

Editorial 13 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru