• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Ntakirutimana Théoneste wari Umuyobozi wa ADEPR – Uganda, yashimutiwe Kampala

Editorial 30 Mar 2019 Mu Mahanga

Inzego z’umutekano muri Uganda zashimuse Abanyarwanda batanu barimo n’Umuyobozi Mukuru w’Itorero ADEPR Uganda, Ntakirutimana Théoneste, kuri ubu bitazwi aho aherereye.

Ibikorwa byo guta muri yombi no gushimuta Abanyarwanda bakorera muri Uganda byakajije umurego kuva mu myaka ibiri ishize aho inzego z’umutekano zibafata zikajya kubatotereza muri za kasho zitazwi.

Virunga Post dukesha iyi nkuru yatangaje ko mu minsi 14 ishize Abanyarwanda batanu bashimuswe n’inzego z’umutekano bashinjwa impamvu yabaye icyita rusange yo kwitwa ‘intasi z’u Rwanda.’

Umuyobozi w’Itorero rya ADEPR muri Uganda, Ntakirutimana Théoneste ni we uheruka gushimutwa vuba kuko yaburiwe irengero i Kampala ku wa 28 Werurwe 2019.

Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI) nirwo rwagiye ruba inyuma ibi bikorwa bigirira inabi abanyarwanda aho rufata abantu nta nyandiko zashyizweho cyangwa ubundi buryo bwemewe butuma umuntu atabwa muri yombi.

Ibura rya Ntakirutimana rirakurikira irya Cyusa Jean Paul, umukirisitu wo muri ADEPR i Kampala wabuze ku wa 22 Werurwe 2019.

Muri Mata 2015, nibwo ADEPR yaguye amarembo ishinga ishami ryayo muri Uganda, hashyirwaho umushumba mukuru ukuriwe n’Umuvugizi w’iri torero mu Rwanda.

Iri torero rikorera muri Uganda byemewe n’amategeko y’iki gihugu, abayoboke baryo batangiye kwinjirirwa nyuma y’abandi bashimuswe barimo Peace Lydia Mahoro wafashwe ku wa 18 Werurwe; Karangwa Daniel watwariwe i Kiboga ku wa 26 Werurwe na Habimana Issa wafashwe ku wa 19 Werurwe 2019.

Kuva mu 2017, Abanyarwanda bagiye bafatwa bakajyanwa ahantu hatazwi akaba ariho bakorerwa iyicarubozo.

Mu buhamya bwabo, abafashwe bagafungwa muri ubwo buryo bavuga ko uburenganzira bwabo buhonyorwa bidasanzwe kugeza aho bibaza icyo baremewe.

Abafungiwe muri izo kasho bahamya ko abakozi ba CMI nibura batanu baba bazengurutse umusivili w’Umunyarwanda umwe. Ngo iyo bakimufata, bamusunikira mu modoka ifite ibirahuri bitabona, bakamwambika ikintu kimeze nk’ingofero mu mutwe gituma atabona.

Abanyuze muri ubu buzima bavuga ko ibi bikurikirwa no kujyanwa ahantu hatazwi mu habarirwa ku 100, CMI igenzura nka kasho ifungiramo abantu binyuranye n’amategeko mpuzamahanga. Hari igihe bajyanwa ku Biro bikuru bya CMI biri mu Kigo cya Gisirikare cya Mbuya.

U Rwanda rushinja Uganda gushyigikira abashaka kuruhungabanyiriza umutekano barimo umutwe RNC wa Kayumba Nyamwasa ufite ibirindiro mu mashyamba ya Congo muri Kivu y’Amajyepfo na FDLR.

Rwagaragarije iki gihugu ko rubangamiwe n’uburyo abaturage barwo bafatwa, bagafungwa, bagatotezwa abandi bakirukanwa muri Uganda nta mpamvu ifatika.

Muri kasho za CMI, abagejejwemo barakubitwa, bakicishwa inzara, bakagaburirwa ibyo kurya byamenwe hasi mu myanda n’ibindi bikorwa bibabaza umubiri.

Umunyemari ukomoka mu Rwanda, Niyigena Patrick watotejwe na CMI mu Ukwakira 2018, yavuye imuzi uko yamaze iminsi itatu ahatwa inkoni kugeza akubiswe umunwa urasaduka.

Yavuze ko bamuteye ikintu ‘kimeze nk’urushinge’ yaketse ko cyarimo uburozi mbere yo kumujugunya ku muhanda i Kampala bamaze kumucucura $ 2600 yari afite.

Mu buhamya bw’Abanyarwanda bashobora kurokoka kasho ya CMI iri Mbuya bayigereranya n’ikuzimu ku Isi.

Muhawenimana Damascène washimuswe mu Ukuboza 2018, yatangaje ko “Abakozi ba CMI ni abagome batigeze ubumuntu muri bo.’’

Yakomeje avuga ko “Bakubita abantu bakoresheje insinga z’amashanyarazi cyangwa ubuhiri. Bafungira abantu mu mwijima, hari umunuko udasanzwe kandi buri gihe baba bafunze ikintu mu mutwe ngo amaso yabo acike intege. Ntibabarira n’abasaza kuko hari uwo nabonye uruhu ruri gutonyoka kubera inkoni.’’

Muhawenimana yafashwe agerekwaho kuba ‘maneko w’u Rwanda’ mu gihe yinjiranye muri Uganda na nyina agiye gusura murumuna we witwa Kwizera Bernard.

Abashimutiwe muri Uganda bavuga ko CMI ikorana mu buryo busesuye n’abakozi ba RNC, iyobowe na Kayumba Nyamwasa, uyu yagize uruhare mu bitero bya grenade byibasiye Kigali hagati ya 2010 na 2015, bikagwamo abantu 17, abarenga 400 bagakomereka.

Intumwa za RNC nka Rugema Kayumba, wifashisha imbuga nkoranyambaga mu guharabika u Rwanda, nibo bakunze gushyirwa mu majwi nk’abatungira agatoki CMI abo izatoteza.

Rugema na mugenzi we bakorana muri RNC witwa Mukombozi, batije umurindi ishimutwa n’itotezwa ry’Umunyarwanda Gatsinzi Fidèle ashinjwa kuba ‘intasi y’u Rwanda’.

Uyu mugabo wafashwe agiye gusura umwana we wiga muri Uganda, ngo azi neza Rugema na Mukombozi nk’abacengezamatwara ba RNC kuri Facebook.

Kuva mu 2017, Abanyarwanda bose bafashwe n’inzego zitandukanye muri Uganda nk’Urushinzwe Umutekano w’Imbere (ISO) ruyobowe na Col (Rtd) Kaka Byagenda n’urw’Ubutasi rwa Gisirikare muri iki gihugu (CMI) ruri mu bubasha bwa Brig Gen Abel Kandiho; ntawe uragezwa imbere y’ubutabera ngo aburanishwe ku byaha aregwa. Umunyamahirwe ararekurwa, agakomereza ubuzima ahandi ariko yarabaye igisenzegeri.

2019-03-30
Editorial

IZINDI NKURU

Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 22 Nov 2021
Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Editorial 15 Jul 2019
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Editorial 07 Jul 2019
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Editorial 24 Feb 2022
Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 22 Nov 2021
Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Editorial 15 Jul 2019
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Editorial 07 Jul 2019
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Editorial 24 Feb 2022
Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 22 Nov 2021
Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Editorial 15 Jul 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru