• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Editorial 17 Dec 2019 POLITIKI

Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu bya Gisirikare n’Umutekano, Gen James Kabarebe, yabwiye urubyiruko ko rugomba guharanira kubaka igihugu cyarwo, kuko abashaka kugisenya batazigera batsinda urwo rugamba.

Ni ubutumwa yahaye urubyiruko rusaga 500, rwitabiriye Itorero ry’Urungano, mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera. Gen Kabarebe yabagezagaho ikiganiro cyubakiye ku “Indangagaciro za RPA/RDF mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, guhagarika Jenoside no kubaka u Rwanda Rushya.’’

Yabwiye urubyiruko ko kuba nta gihugu abagize RPA bagiraga, biri mu byatumye batangiza urugamba rwo kubohora igihugu cyabo, kuko umuntu arengerwa n’igihugu cye, yaba atagifite akageragezwa n’ikibonetse cyose.

Yakomeje ati “Urugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside twabigezeho tutarusha ibikoresho n’ingabo abo twari duhanganye. Twatsinze Urugamba kuko twari dufite intego, twunze ubumwe, indangagaciro zirimo ikinyabupfura no gukunda igihugu.”

Gen Kabarebe yavuze ko ushaka kumenya ingufu za RPF Inkotanyi azimenyera mu kudagungabanywa n’icyo ari cyo cyose mu murongo wo kubaka igihugu, ashimangira ko ari zo zatumye ibasha kuyobora urugamba rwo kubaka u Rwanda rushya.

Yashimangiye ko abagifite imigambi yo gushaka gusubiza u Rwanda aho rwavuye badateze kubigeraho kuko barushywa n’ubusa.

Yakomeje ati “Ntabwo watsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya, ntabwo byakunda.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bigenimana Emmanuel, we yasobanuriye abatozwa, Gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi yo kwihutisha iterambere (NST1) n’uruhare urubyiruko rwitezweho.

Yabwiye urubyiruko ko rugize hafi 70% by’Abanyarwanda, bisobanuye ko ntacyo leta yashaka kugeraho mu cyerekezo cyayo atari rwo imishinga yose yubakiyeho.

Yagize ati “Nta muntu n’umwe ushobora gukirira mu gihugu cyimakaje ruswa cyangwa kirimo amacakubiri, murasabwa guhangana n’ibi bibazo kugira ngo mubashe kubaka iki gihugu.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Nduhungirehe Olivier, yasobanuye ko aho ibintu bigeze nta Munyarwanda ushobora kuvutswa ubwenegihugu, ko Umunyarwanda yemerewe ubwenegihugu burenze bumwe kandi ko yemerewe gutura aho ashaka ku Isi hose.

Yabwiye urubyiruko ati “Turabasaba gushaka ubumenyi, aho muri hose mwige mugire impamyabumenyi zishoboka kuko u Rwanda ni igihugu dushaka ko cyubakira ubukungu ku bumenyi kandi ni mwe muzabigiramo uruhare.”

Yakomeje avuga ko icyishe u Rwanda kikarugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ari uko leta zariho zigishije amacakubiri kugeza no mu mashuri, ubu Abanyarwanda bunze ubumwe muharanire ko nta cyabusenya.

Yashishikarije urubyiruko ruba mu mahanga by’umwihariko guhangana n’abagipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bifashishije imbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru.

Muri iki kiganiro, abatozwa bahawe umwanya wo kubaza ibibazo no gutanga ibitekerezo ku cyateza imbere u Rwanda, bashimangira ko bambariye urugamba rwo kubaka igihugu.

Urubyiruko rusaga 500 rwitabiriye Itorero ry’Urungano mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba

Urubyiruko rwashimangiye ko rwambariye urugamba rwo kubaka igihugu

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Nduhungirehe Olivier, yasobanuye ko aho ibintu bigeze nta Munyarwanda ushobora kuvutswa ubwenegihugu

Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu bya Gisirikare n’Umutekano, Gen James Kabarebe, yabwiye urubyiruko ko kuba nta gihugu abagize RPA bagiraga biri mu byatumye batangiza urugamba rwo kubohora igihugu cyabo
Src : igihe

2019-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
Kenya na Ghana byabimburiye ibindi kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Kenya na Ghana byabimburiye ibindi kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Editorial 10 May 2018
Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Editorial 07 Jun 2018
Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Editorial 04 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama hagati ya Trump na Kim Jong un ishobora gusubikwa
POLITIKI

Inama hagati ya Trump na Kim Jong un ishobora gusubikwa

Editorial 23 May 2018
U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300
Mu Mahanga

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Editorial 26 Nov 2017
Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we
POLITIKI

Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Editorial 14 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru