• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho

N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho

Editorial 09 Jan 2017 ITOHOZA

Twagiramungu Faustin uzwi ku kazina ka Rukokoma, aratangaza ko umwaka wa 2016 usize u Rwanda rugeze ku bintu 3 by’ingenzi bitazibagirana mu mateka y’isi. Aba yaratangaje ko bidakwiye kwitirirwa umuntu umwe cyangwa itsinda ry’abantu ahubwo byakwitirirwa abanyarwanda bose nawe arimo.

Twagiramungu Faustin avuga ko mu rwego rw’igihugu, umwaka w’2016 usize ibikorwa by’ingirakamaro byongereye u Rwanda ishema mu ruhando rw’amahanga. Muri ibyo bikorwa mboneragihugu, twavuga ibi bikurikira:

1.Inyubako yiswe «Kigali Convention Center» (KCC), n’ubwo idahiga ubwiza « Kenyatta Conference Center » y’i Nayirobi ; ariko ku gihugu gikennye nk’icyacu, ni igitego mu bihugu bitatu byahoze biyoborwa n’abakoloni b’Ababiligi (Burundi, RD Congo, Rwanda).

-5238.jpg

2.Indege ebyiri za AIRBUS 330-320 na 330-300 zizaba indorerwamo y’u Rwanda mu bihugu zizajya zitwarira abagenzi.

-5240.jpg

-5239.jpg

3.Hafashwe icyemezo cyo kuzubaka « ikibuga mpuzamahanga cy’indege » (AEROPORT INTERNATIONAL) mu Bugesera, hakaba hari hashize imyaka 50 irenga iki kibuga gishakwa n’Abanyarwanda ndetse n’Abanyamahanga, bamwe bakaba barifuzaga ko cyubakwa igitaraganya, ku mpamvu zitarasobanuka.

-5241.jpg

Ati “Bigomba kumvikana ko ibyo bikorwa atari iby’abantu ku giti cyabo, ko ari iby’igihugu, dore ko n’amadeni yasabwe na Leta azabyubaka azishyurwa ku ngengo y’imali y’igihugu, iturutse ahanini ku misoro n’imisanzu y’abenegihugu.”

Twagiramungu Faustin akaba avuga ko mu babyitirirwa nawe adakwiye kuburamo kuko nawe ari mu batanze umusaruro uhagije mu kubaka igihugu.

Ati “ Ibyo bikorwa kandi biramutse bigurishijwe, amafaranga byinjije agomba kujya mu isanduku y’igihugu. Ibikorwa nk’ibi ni ibyo gushyigikirwa kuko bitandukanye n’ibyiswe imiturirwa isigaye isa n’umurato mu mujyi wa Kigali. Ibikorwa by’amajyambere mu Rwanda byaba imihanda, ibitaro bya Leta, n’izindi nyubako z’ingirakamaro bigomba gushyigikirwa, mu gihe bifitiye akamaro Abataturarwanda muri rusange.”

Iri jambo yavuze ryatunguye benshi cyane n’ubwo harimo amagambo akarishye y’ubwishongozi, ariko nibura yashimye ibyo ubuyobozi bwiza bukorera abanyarwanda aho ku basanzwe tumuzi ko anenga gusa ibyo u Rwanda rwagezeho, twatangajwe no kumva noneho abishima. Ari nayo mpamvu natwe tumuhaye ijambo.

Uyu musaza ugeze mu myaka y’ubukure, yakunze kuvuga ko nawe ashaka kwiyamamaza akayobora u Rwanda ariko mu mwaka umwe ushize yabaye nk’uceceka ibyo kwiyamamaza ntiyongera kubihingutsa mu kanwa ke.

Uyu mugabo yigeze kwiyamamaza mu matora ya Perezida yabaye mu 2003 aza gutsindwa ku majwi atageze kuri ane ku ijana. Kuva icyo gihe ntiyahwemye kuvuga ko aziyamamaza kuko mu 2010 nabwo yagerageje kuza kwiyamamaza ariko ntiyabasha kugera mu Rwanda kuko Atari yujuje ibyangombwa bimuhesha uburenganzira bwo kwinjira mu gihugu.

2017-01-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye  Igitero i Rusizi  cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Editorial 23 Jun 2017
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Editorial 02 Sep 2024
Ikibazo cy’Ingutu hagati  DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Editorial 26 Dec 2016
Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya  Leta y’u Rwanda

Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 28 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana  mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball
Amakuru

Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball

Editorial 27 Feb 2023
I Paris : Perezida Macron yakiriye Perezida Kagame muri Élysée
INKURU NYAMUKURU

I Paris : Perezida Macron yakiriye Perezida Kagame muri Élysée

Editorial 23 May 2018
Amabaruwa y’urudaca hagati ya Museveni na Nkurunziza ahatse iki?
INKURU NYAMUKURU

Amabaruwa y’urudaca hagati ya Museveni na Nkurunziza ahatse iki?

Editorial 12 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru