• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana

Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana

Editorial 06 Jan 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyabihu yakanguriye abakobwa babyariye iwabo bagera kuri 20 bo mu murenge wa Mukamira, muri aka karere , kuba abafatanyabikorwa bayo mu guharanira uburenganzira bw’umwana.

Ibyo babikanguriwe ku itariki 5 Mutarama 2016 mu kiganiro bahawe na Assistant Inspector of Police (AIP) Marie Rose Uwizera, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha muri aka karere.

AIP Uwizera yabasobanuriye ko umwana afite uburenganzira bwo kubaho, kwiga, kwandikishwa igihe avutse, kuvuzwa, n’uburenganzira bwo kumenya ababyeyi be.
Yongeyeho ko bagomba kurindwa ivangurwa, gushimutwa, no gucuruzwa, kandi ko bafite uburenganzira bwo kugaragaza igitekerezo, kuruhuka , n’ubwo kwidagadura.
Yagize ati:”Hari abantu babangamira uburenganzira bw’abana nkana bazi neza ko ariko ari icyaha, abandi bakaba babubangamira batazi ko ari cyo.”

Yababwiye ko guhohotera umwana harimo kumukubita, kumukoresha imirimo ivunanye, kumuha ibihano bikomeye, kumusambanya, kumuta, kutamwandikisha cyangwa gutinda kubikora igihe avutse, kwihekura, no kuvanamo inda.

Na none AIP Uwizera yabasabye kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose.

Yababwiye ati:”Nk’uko bivugitse, ibiyobyabwenge nk’urumogi biyobya ubwenge bw’uwabinyoye. Ni na yo mpamvu akora ibyaha bitandukanye kuko nta mutimanama aba afite.”

Yabasobanuriye ko uretse gutuma bakora ibyaha, ibiyobyabwenge bishobora kandi gushora uwabinyoye mu ngeso mbi nk’ubusambanyi bukurikirwa rimwe na rimwe no gutwara inda zitateganyijwe.

AIP Uwizera yabasabye kujya bakangurira abandi baturage kutabinywa, kutabicuruza, no kutabikwirakwiza, kandi bagaha amakuru Polisi y’u Rwanda y’ababikora.
Yasabye buri wese umenye amakuru y’ihohoterwa ryakorewe umwana kuyamenyesha Polisi y’u Rwanda ayihamagara kuri nomero ya terefore 116, iyi ikaba itishyurwa .

Umwe muri abo bakobwa babyariye iwabo witwa Nyiramahirwe Confiance yagize ati:”Ikiganiro twahawe na Polisi y’u Rwanda ni ingirakamaro kuko cyatumye ndushaho gusobanukirwa uburenganzira bw’umwana. Niyemeje kuba umufatanyabikorwa wayo mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana.”

Yifuje ko kurengera uburenganzira bw’umwana byakwigishwa ibyiciro by’abantu bose, kandi abasa bagenzi be kuzasangiza abandi ubumenyi bungutse.

RNP

2016-01-06
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Editorial 03 Jun 2019
UBUHAMYA: Yamaze iminsi 4 mu ijuru aragaruka, ibyo yiboneyeyo n’amaso ye birenze ibyo abari ku isi batekereza

UBUHAMYA: Yamaze iminsi 4 mu ijuru aragaruka, ibyo yiboneyeyo n’amaso ye birenze ibyo abari ku isi batekereza

Editorial 12 Jun 2016
Polisi yafashe abacuruza ibiyobyabwenge mu karere ka Huye na Kicukiro.

Polisi yafashe abacuruza ibiyobyabwenge mu karere ka Huye na Kicukiro.

Editorial 07 Mar 2016
CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Editorial 26 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira
INKURU NYAMUKURU

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Editorial 16 Apr 2020
Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Editorial 23 Dec 2017
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Editorial 23 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru